Thursday, October 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ibiteye amatsiko ku Mu-Dj uri mu bagezweho mu Rwanda uzwiho umwihariko ku Isi

radiotv10by radiotv10
26/03/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Ibiteye amatsiko ku Mu-Dj uri mu bagezweho mu Rwanda uzwiho umwihariko ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

DJ Lamper umwe mu bavangamiziki bagezweho mu Rwanda unazwiho gucurangira ahantu hatandukanye ku Isi bikanyura benshi, yatuganirije aduhishurira byinshi, yaba mu mwuga we n’uko yawinjiyemo no mu buzima bwite.

Amazina ye bwite ni Eric Lamperti, akaba umwe mu ba DJ bagezweho mu Mujyi wa Kigali ndetse n’ahandi ku Isi, akundirwa ubuhanga bwe mu kuvangavanga imiziki yaba mu birori no mu tubyiniro.

DJ Lamper amaze kubaka izina mu bakoresha imbuga nkoranyambaga kubera amashusho akunze kubasangiza, anyura benshi.

DJ Lamper afatira amashusho ahantu hatandukanye aba yatembereye akahacurangira, ibyo we ahamya ko ari uguhuza ubukerarugendo n’umwuga we wo kuvanga umuziki.

Uyu muvangamiziki, avuka kuri Se w’Umutaliyani na Nyina w’Umunyarwandakazi, ubu akaba yarimukiye mu Mujyi wa Kigali.

Mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, DJ Lamper yavuze ko ashimira umuvandimwe we (mukuru we) wamukundishije kumva umuziki, byaje kumuviramo umwuga wo kuvanga imiziki, ubu bikaba bimutunze.

Mu mwa wa 2014 ni bwo DJ Lamper yatangiye ibyo kuvangavanga imiziki mu Butaliyani mu kabyiniro kazwi kitwa Latin Club of Milan.

Avuga ko nubwo gufata amashusho atembera ahantu hatandukanye bigoye ndetse harimo imvune zitandukanye, ariko byamufashije kuzamura izina rye.

Uyu mu DJ yavuze ko nyuma yo kubona ko abantu benshi bishimira ibyo akora ariko bakaba badakunze kumubona mu bitaramo, yifuje gushimisha abakunzi be.

Ati “Nubwo abantu benshi badakunze kumbona mbacurangira imbonankubone, nafashe icyemezo cyo gutegura ibitaramo ngarukakwezi bizajya bimpuza n’abakunzi banjye.”

Dj Lamper, muri ibi bitaramo ararikira abakunzi be, azatangirira ku gitaramo yise ‘ATMOSPHERA’ azafatanyamo n’abandi ba Deejayz barimo Dj Ninny na K’Ru.

Khamiss SANGO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 12 =

Previous Post

Umukinnyi ukomeye w’ikipe iherutse gukina n’u Rwanda yazamuye urwenya nyuma y’amakuru yamenye

Next Post

General Muganga yibukije ipfundo ry’umubano w’Ingabo z’u Rwanda-RDF n’iza Uganda-UPDF

Related Posts

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

by radiotv10
29/10/2025
0

Ange Niyonshuti Tricia, umugore w’umuhanzi Tom Close; yongeye kumwibutsa ko amukunda urutagereranywa, anamubwira ko amwifuriza kuramba kugeza igihe azabonera ubuvivi....

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera, who has Rwandan roots, is among the contestants for the Miss Belgium title. She is confident about her...

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera ufite inkomoko mu Rwanda, ari mu bahatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi, ndetse akaba afite icyizere cyo kuryegukana,...

How musicians are using streaming platforms to make money

How musicians are using streaming platforms to make money

by radiotv10
27/10/2025
0

In today’s digital world, streaming platforms have completely changed how musicians share their music and earn a living. Instead of...

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

by radiotv10
25/10/2025
0

Nyuma y'ibyumweru bibiri afunguwe, Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga n'umugore we Annette Murava, basohoye indirimbo nshya bise ‘Ndi inde”...

IZIHERUKA

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years
MU RWANDA

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

by radiotv10
30/10/2025
0

Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba

Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba

30/10/2025
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

30/10/2025
Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

30/10/2025
Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

30/10/2025
Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

30/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
General Muganga yibukije ipfundo ry’umubano w’Ingabo z’u Rwanda-RDF n’iza Uganda-UPDF

General Muganga yibukije ipfundo ry’umubano w’Ingabo z’u Rwanda-RDF n’iza Uganda-UPDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.