Thursday, November 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amagi y’Amasazi agiye kuba imari ishyushye: Ngo afite intungamubiri nk’iza Soya

radiotv10by radiotv10
30/11/2021
in MU RWANDA
0
Amagi y’Amasazi agiye kuba imari ishyushye: Ngo afite intungamubiri nk’iza Soya
Share on FacebookShare on Twitter

Aborozi b’abamtungo magufi nk’Ingurube n’Inkoko bamaze iminsi biyasira bavuga ko ibiryo by’aya matungo bikomeje guhenda, mu gihe Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi RAB kibamara impungenge kuko ubushakashatsi bwerekanye ko amagi y’Amasazi y’umukara ashobora gusimbura Soya isanzwe yifashishwa mu gutunga ibiryo by’aya matungo magufi.

Bamwe mu borozi b’Ingurube bibumbiye mu ishyirahamwe ryabo rizwi nka wa RPFA (Rwanda Pig Farmers Association) baravuga ko ibiciro by’ibiryo by’aya matungo byazamutse ku gipimo gikabije kuko kikubye hafi kabiri.

Umwe muri bo avuga ko ibi bibagiraho ingaruka zikomeye kuko “iyo ibyo tugaburira amatungo kandi ibikomoka ku matungo bikiri hasi, aborozi barananirwa ndetse bakaba banabivamo.”

Ibiciro bya Soya, ibigori n’ingano nka bimwe mu bihingwa bisanzwe byifashishwa mu gutunganya ibiryo by’Ingurube, byikubye hafi kabiri, bikaba ari na byo ibiciro by’ibiryo by’aya matungo, bitumbagira.

Gusa Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi RAB, gitangaza ko kiri gushakira umuti iki kibazo binyuze mu bushakashatsi buri gukorwa ku byasimbura biriya bihingwa bisanzwe byifashishwa mu gutunganya ibiryo by’ingurube.

Umuyobozi Mukuru wungirije muri RAB ushinzwe Ubworozi, Dr Solange Uwituze avuga ko hari gukorwa ubushakashatsi ku magi y’amasazi azwi nka black soldier fly.

Ati “Aya masazi y’imikara asanzwe atera amagi menshi kandi iyo ureba afite intungamubiri zingana neza neza nk’iza Soya.”

Amagi y’aya masazi bashobora kuyumisha akaba yakoreshwa mu mwanya wa Soya

Uwituze Solange avuga ko ku bufatanye bwa RAB n’abikorera hari gukorwa ubushakashatsi bugamije kureba uburyo aya masazi yakwifashishwa mu gukemura ikibazo cy’ibiryo by’ingurube.

Ati “Ni ibintu byoroshye kandi bifite umumaro kuko ayo masazi agaburirwa ibisigazwa cyane cyane by’imbuto noneho akavamo amagi, ayo magi ni yo abantu bumisha bakayasya akaba ari yo yasimbura Soya.”

Uwituze Solange avuga ko ubu bushakashatsi buzarangirana n’uyu mwaka ku buryo bwazatanga igisubizo cy’ibura ry’ibiryo by’amatungo magufi nk’Ingurube, Inkoko ndetse n’Amafi.

Ati “Amatungo yose yaryaga ibintu birimo Soya birimo n’ingano, icyo kizaba ari igisubizo kuko bizaba bidahenze kandi biboneka ku buryo bworoshye.”

Juventine MURAGIJEMALIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Nyuma y’uko CAF ibyinjiyemo ubu APR yemerewe kujya muri Maroc mu mukino wo kwishyura

Next Post

Nyagatare: Inka 10 z’umuturage umwe zirimo iyaraye ibyaye n’iyendaga kubyara zakubiswe n’Inkuba zihita zipfa

Related Posts

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

by radiotv10
06/11/2025
0

Abatuye mu Mujyi wa Nyanza, mu Murenge wa Busasamana, banenga kuba ikimoteri cyarubatswe hagati y’ibagiro n’ahacururizwa ibiribwa mu isoko rya...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
06/11/2025
0

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo wari umaze imyaka irenga 20 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yasezeye, yerecyeza mu zindi nshingano zitari iz’itangazamakuru...

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

by radiotv10
06/11/2025
0

In recent years, entrepreneurship has become one of the most popular dreams among young people. The idea of being your...

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Uruganda rutanganya inzoga ruherereye mu Muerenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo gukoresha ibitoki mu gutunganya...

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

IZIHERUKA

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda
AMAHANGA

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

by radiotv10
06/11/2025
0

Uwatoje APR yagarutse mu Rwanda azanye na Al Merreikh yo muri Sudan yasesekaye i Kigali

Uwatoje APR yagarutse mu Rwanda azanye na Al Merreikh yo muri Sudan yasesekaye i Kigali

06/11/2025
Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

06/11/2025
Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyagatare: Inka 10 z’umuturage umwe zirimo iyaraye ibyaye n’iyendaga kubyara zakubiswe n’Inkuba zihita zipfa

Nyagatare: Inka 10 z'umuturage umwe zirimo iyaraye ibyaye n'iyendaga kubyara zakubiswe n'Inkuba zihita zipfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Uwatoje APR yagarutse mu Rwanda azanye na Al Merreikh yo muri Sudan yasesekaye i Kigali

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.