Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

radiotv10by radiotv10
27/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mikino ibiri Ikipe y’Igihugu Amavubi iherutse gukinira muri Sitade Amahoro, benshi mu bayirebye, binjiriye ubuntu ndetse bamwe ntibishyuye n’amafaranga y’urugendo. Haribazwa niba bidashobora gutuma ko abakunzi ba ruhago batora umuco wo kumva ko bagomba kureba imikino ku buntu.

Iyi mikino ibiri y’Amavubi, yatsinzwemo umwe wa Nigeria yayitsinze ibitego 2-0, inganya umwe na Lesotho, 1-1.

Muri iyi mikino yombi, abafana b’Amavubi bemerewe kwinjirira ubuntu kandi bitanga umusaruro, kuko Sitade barayuzuye ku mikino yombi.

Ku ruhande rumwe, wabonaga ntako bisa kubona igikorwa remezo kijyamo abantu ibihumbi 45 cyuzuyemo abafana b’ikipe y’Igihugu, bafana ndetse bikanatera imbaraga abakinnyi, ariko ku rundi ruhande hakibazwa niba bitaba ari ukumenyereza nabi abafana.

Mbere yuko Amavubi y’u Rwanda yakira Super Eagles ya Nigeria mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAGA) na Minisiteri ya Siporo bari bashyizeho ibiciro aho kwinjira, amafaranga mae yari 1 000 Frw ku muzenguruko wo hejuru wa Stade, n’amafaranga 2 000 Frw ku muzenguruko wo hasi.

Icyakora ku munsi nyirizina w’umukino, abafana baje kumenyeshwa ko kwinjira muri sitade ari ubuntu, biza no gutuma hari bamwe mu bari baguze amatike mbere babura uko binjira bitewe n’uko hari abazaga nyuma bagasanga imyanya yabo yicawemo n’abinjiriye ubuntu bagasubira inyuma bagataha.

Nyuma y’ibi byari byabaye, abashinzwe iby’ibiciro n’amatike, bamenyesheje ko ufite itike atinjiriyeho ku mukino wa Nigeria, yazayibika akayinjiriraho ku mukino wa Lesotho ariko kandi ko n’udafite itike azemererwa kwinjira ku buntu mu myanya ya 1 000 Frw na 2000 Frw. Ibi ni ko byagenze, kuko umukino u Rwanda rwaraye runganyijemo na Lesotho igitego 1-1, abinjiye muri Sitade binjiriye ubuntu.

Ni byo koko imikino Amavubi yakinnye aba akeneye ubwitabire nk’ubwagaragaye kuri Nigeria na Lesotho, ariko ku rundi ruhande hari n’abakomeje kwibaza niba atari ukumenyereza nabi Abafana aho ubutaha hari imikino Amavubi azajya yishyuza abafana bakanga kugura amatike batekereza ko n’ubundi ku munsi wa nyuma bazinjirira ubuntu.

Kwinjira wishyuye muri sitade nyinshi hano mu Rwanda, bisa n’ibimaze kumenyerwa n’abakunzi b’umupira w’amaguru ahanini baba binjiye bagiye gufana amakipe (clubs) yabo haba mu mikino ya shampiyona, iy’ibindi bikombe nk’icy’Amahoro ndetse n’imikino nyafurika.

Usibye iyi mikino ibiri ya Nigeria na Lesotho abafana binjiriye ubuntu muri Stade Amahoro, ku mukino wa CHAN wo kwishyura u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0, nabwo abafana bari binjiriye ubuntu ndetse no ku mukino u Rwanda rwanganyijemo na Nigeria 0-0.

Amavubi y’u Rwanda azongera gukina imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi tariki 01 Nzeri uyu mwaka ubwo azasura Super Eagles ya Nigeria, yongere asure Zimbabwe ku ya 08 z’uko kwezi, akazakurikizaho kwakira Benin i Kigali tariki 06 Ukwakira 2025.

Byari biryoshye kubona Sitade Amahoro yakira abantu 45 000 yakubise yuzuye
Amavubi aherutse gukina imikino ibiri

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Hongeye kugaragazwa ibituma abasirikare b’u Rwanda bavugwa imyato mu butumwa bajyamo

Next Post

Uwari Brigadier General mu Ngabo z’u Rwanda wanagize imyanya muri RDF yitabye Imana

Related Posts

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

by radiotv10
09/12/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje itariki izakinirwaho umukino wa Super Cup uzahuza ikipe ya APR FC na Rayon...

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Ikipe ya Police FC yanganyije na APR FC 0-0 mu mukino wari uryoheye ijisho w’umunsi wa 10 wa Shampiyona y’Icyiciro...

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y'Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari Brigadier General mu Ngabo z’u Rwanda wanagize imyanya muri RDF yitabye Imana

Uwari Brigadier General mu Ngabo z’u Rwanda wanagize imyanya muri RDF yitabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.