Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

radiotv10by radiotv10
27/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mikino ibiri Ikipe y’Igihugu Amavubi iherutse gukinira muri Sitade Amahoro, benshi mu bayirebye, binjiriye ubuntu ndetse bamwe ntibishyuye n’amafaranga y’urugendo. Haribazwa niba bidashobora gutuma ko abakunzi ba ruhago batora umuco wo kumva ko bagomba kureba imikino ku buntu.

Iyi mikino ibiri y’Amavubi, yatsinzwemo umwe wa Nigeria yayitsinze ibitego 2-0, inganya umwe na Lesotho, 1-1.

Muri iyi mikino yombi, abafana b’Amavubi bemerewe kwinjirira ubuntu kandi bitanga umusaruro, kuko Sitade barayuzuye ku mikino yombi.

Ku ruhande rumwe, wabonaga ntako bisa kubona igikorwa remezo kijyamo abantu ibihumbi 45 cyuzuyemo abafana b’ikipe y’Igihugu, bafana ndetse bikanatera imbaraga abakinnyi, ariko ku rundi ruhande hakibazwa niba bitaba ari ukumenyereza nabi abafana.

Mbere yuko Amavubi y’u Rwanda yakira Super Eagles ya Nigeria mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAGA) na Minisiteri ya Siporo bari bashyizeho ibiciro aho kwinjira, amafaranga mae yari 1 000 Frw ku muzenguruko wo hejuru wa Stade, n’amafaranga 2 000 Frw ku muzenguruko wo hasi.

Icyakora ku munsi nyirizina w’umukino, abafana baje kumenyeshwa ko kwinjira muri sitade ari ubuntu, biza no gutuma hari bamwe mu bari baguze amatike mbere babura uko binjira bitewe n’uko hari abazaga nyuma bagasanga imyanya yabo yicawemo n’abinjiriye ubuntu bagasubira inyuma bagataha.

Nyuma y’ibi byari byabaye, abashinzwe iby’ibiciro n’amatike, bamenyesheje ko ufite itike atinjiriyeho ku mukino wa Nigeria, yazayibika akayinjiriraho ku mukino wa Lesotho ariko kandi ko n’udafite itike azemererwa kwinjira ku buntu mu myanya ya 1 000 Frw na 2000 Frw. Ibi ni ko byagenze, kuko umukino u Rwanda rwaraye runganyijemo na Lesotho igitego 1-1, abinjiye muri Sitade binjiriye ubuntu.

Ni byo koko imikino Amavubi yakinnye aba akeneye ubwitabire nk’ubwagaragaye kuri Nigeria na Lesotho, ariko ku rundi ruhande hari n’abakomeje kwibaza niba atari ukumenyereza nabi Abafana aho ubutaha hari imikino Amavubi azajya yishyuza abafana bakanga kugura amatike batekereza ko n’ubundi ku munsi wa nyuma bazinjirira ubuntu.

Kwinjira wishyuye muri sitade nyinshi hano mu Rwanda, bisa n’ibimaze kumenyerwa n’abakunzi b’umupira w’amaguru ahanini baba binjiye bagiye gufana amakipe (clubs) yabo haba mu mikino ya shampiyona, iy’ibindi bikombe nk’icy’Amahoro ndetse n’imikino nyafurika.

Usibye iyi mikino ibiri ya Nigeria na Lesotho abafana binjiriye ubuntu muri Stade Amahoro, ku mukino wa CHAN wo kwishyura u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0, nabwo abafana bari binjiriye ubuntu ndetse no ku mukino u Rwanda rwanganyijemo na Nigeria 0-0.

Amavubi y’u Rwanda azongera gukina imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi tariki 01 Nzeri uyu mwaka ubwo azasura Super Eagles ya Nigeria, yongere asure Zimbabwe ku ya 08 z’uko kwezi, akazakurikizaho kwakira Benin i Kigali tariki 06 Ukwakira 2025.

Byari biryoshye kubona Sitade Amahoro yakira abantu 45 000 yakubise yuzuye
Amavubi aherutse gukina imikino ibiri

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 20 =

Previous Post

Hongeye kugaragazwa ibituma abasirikare b’u Rwanda bavugwa imyato mu butumwa bajyamo

Next Post

Uwari Brigadier General mu Ngabo z’u Rwanda wanagize imyanya muri RDF yitabye Imana

Related Posts

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23
AMAHANGA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

16/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari Brigadier General mu Ngabo z’u Rwanda wanagize imyanya muri RDF yitabye Imana

Uwari Brigadier General mu Ngabo z’u Rwanda wanagize imyanya muri RDF yitabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.