Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngoma: Harumvikana imvugo zibusanye ku kibazo cy’uvuga ko isambu ye yubatswemo ibiro by’Akagari

radiotv10by radiotv10
28/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ngoma: Harumvikana imvugo zibusanye ku kibazo cy’uvuga ko isambu ye yubatswemo ibiro by’Akagari
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, aravuga ko isambu yari yarasigiwe n’umubyeyi we amusaba kutazagira uwo ayiha, yaje kubakwamo Ibiro by’Akagari no gutuzwamo abatishoboye agahabwa ingurane ariko ntahabwe ibyangombwa byayo, mu gihe abaturage bavuga ko aho yahawe, ari nk’intizanyo.

Bariyanga Joseph atuye mu Mudugudu w’Isangano mu Kagari ka Mugatare mu Murenge wa Mugesera, avuga ko nyuma yuko umubyeyi we yitabye Imana agasiga amuraze isambu, yaje gutuzwamo abaturage batishoboye ndetse ahandi hubakwamo Ibiro by’Akagari ka Mugatare.

Avuga ko nyuma yo kugeza ikibazo cye mu buyobozi bw’Umurenge, yaguraniwe ubwo butaka kandi yabyemeye, agahabwa ahahoze ikiraro cy’ingurube hafi y’Ibiro by’Akagari, ariko ko atahawe ibyangombwa by’iyo ngurane.

Ati “Ni isambu Papa yari yarampaye, arambwira ati ‘iyi sambu ntuzagire uwo uzayiha’, ati ‘ibi ni ibikorwa byawe ntuzabyangirize’. Isambu bayubakishijwemo na PAM, isiga ibabwiye ko bagomba kunguranira. Akagari nako Kari mu butaka bwanjye bitewe n’uko kubatswe mu ifamu ya Papa. Bambwiye ko banguraniye ahantu muri Pariseri irimo ibiraro ikaba irimo n’amazu abiri.”

Uyu muturage avuga ko aramutse ahawe ibyangombwa by’ubutaka yahawe nk’ingurane, byamufasha kwiteza imbere. Ati “Mfite ibyangombwa n’ubundi najya no kuri SACCO bakanguriza Amafaranga.”

Bamwe mu baturage zazi iki kibazo, bavuga ko uyu muturage Bariyanga ataguraniwe nk’uko abivuga, ahubwo ubuyobozi bwahamushyize mu buryo bwo kumurinda gusiragira nyuma yuko hari ahandi bari barigeze kumuguranira ariko Ubuyobozi bukongera bukahisubiza.

Aba baturage barasaba ko uyu muturage yakubakirwa agakurwa mu buzima bwo kumva hakiri ubutaka agomba kuguranirwa.

Umuyobozi w’Akarere ka Ngom,a Niyonagira Nathalie avuga iki kibazo atakizi kuko atigeze akigaragarizwa kandi adasiba kujya muri aka gace.

Ati “Tujya no guhemba ababaye indashyikirwa muri Mituweri iminsi ya vuba rwose muri uku kwezi kwa mbere twagiyeyo tuganira n’abaturage twakora n’ibibazo ariko nta muntu nigeze mbona ambaza icyo kibazo cy’uko Kagari kubatse mu butaka bwe.”

Gusa uyu muyobozi yizeza ko agiye gushaka amakuru kuri iki kibazo cy’uyu muturage, kugira ngo gihabwe umurongo ukwiye.

Bariyanga Joseph asaba kurenganurwa
Ngo mu butaka yasigiwe n’umubyeyi we harimo ahubatse Ibiro by’Akagari
Ngo yari yahawe ingurane y’ahari ikiraro cy’Ingurube
Umuyobozi w’Akarere yavuze ko iki kibazo arari akizi

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 8 =

Previous Post

Muri Sudani y’Epfo hazamutse ubwoba nyuma y’ifungwa rya Visi Perezida w’Igihugu

Next Post

Kigali: Ibisobanuro by’umugore ukurikiranyweho gukubita umugabo we agapfa

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

by radiotv10
19/09/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) rwatangaje amabwiriza agenga ibikorwa by’ubucuruzi bujyanye no kwakira abantu, birimo utubari, utubyiniro na resitora,...

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

by radiotv10
19/09/2025
0

Kalisa Adolphe wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ukurikiranyweho ibyaha birimo kunyereza umutungo, bwa mbere agejejwe...

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

by radiotv10
19/09/2025
0

Ubuyobozi bwa Diviziyo ya gatanu y'Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’ubwa Burigade ya 202 y’iza Tanzania (TPDF), bwagiranye inama igamije imikoranire...

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

by radiotv10
19/09/2025
0

Umwe mu banyamategeko bunganira abantu mu butabera, yagaragaje ko gusezeranya undi ko uzamushaka bidashyiraho umuntu inshingano zo kurushinga, ndetse ko...

Icyo Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ku izamuka ry’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu ryagaragaye

Icyo Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ku izamuka ry’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu ryagaragaye

by radiotv10
19/09/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko izamuka rya 7,2% ry’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu ryabayeho mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka,...

IZIHERUKA

Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga
IBYAMAMARE

Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

by radiotv10
19/09/2025
0

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

19/09/2025
AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

19/09/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Hagaragajwe icyatumye kimwe mu byo AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bari bemeranyijweho kinanirana

19/09/2025
Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

19/09/2025
Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

19/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Kigali: Ibisobanuro by’umugore ukurikiranyweho gukubita umugabo we agapfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Si ibintu byashoborwa na buri wese kubana na Weasel-Umunyarwandakazi Teta Sandra yatoboye aravuga

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.