• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngoma: Harumvikana imvugo zibusanye ku kibazo cy’uvuga ko isambu ye yubatswemo ibiro by’Akagari

radiotv10by radiotv10
28/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ngoma: Harumvikana imvugo zibusanye ku kibazo cy’uvuga ko isambu ye yubatswemo ibiro by’Akagari
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, aravuga ko isambu yari yarasigiwe n’umubyeyi we amusaba kutazagira uwo ayiha, yaje kubakwamo Ibiro by’Akagari no gutuzwamo abatishoboye agahabwa ingurane ariko ntahabwe ibyangombwa byayo, mu gihe abaturage bavuga ko aho yahawe, ari nk’intizanyo.

Bariyanga Joseph atuye mu Mudugudu w’Isangano mu Kagari ka Mugatare mu Murenge wa Mugesera, avuga ko nyuma yuko umubyeyi we yitabye Imana agasiga amuraze isambu, yaje gutuzwamo abaturage batishoboye ndetse ahandi hubakwamo Ibiro by’Akagari ka Mugatare.

Avuga ko nyuma yo kugeza ikibazo cye mu buyobozi bw’Umurenge, yaguraniwe ubwo butaka kandi yabyemeye, agahabwa ahahoze ikiraro cy’ingurube hafi y’Ibiro by’Akagari, ariko ko atahawe ibyangombwa by’iyo ngurane.

Ati “Ni isambu Papa yari yarampaye, arambwira ati ‘iyi sambu ntuzagire uwo uzayiha’, ati ‘ibi ni ibikorwa byawe ntuzabyangirize’. Isambu bayubakishijwemo na PAM, isiga ibabwiye ko bagomba kunguranira. Akagari nako Kari mu butaka bwanjye bitewe n’uko kubatswe mu ifamu ya Papa. Bambwiye ko banguraniye ahantu muri Pariseri irimo ibiraro ikaba irimo n’amazu abiri.”

Uyu muturage avuga ko aramutse ahawe ibyangombwa by’ubutaka yahawe nk’ingurane, byamufasha kwiteza imbere. Ati “Mfite ibyangombwa n’ubundi najya no kuri SACCO bakanguriza Amafaranga.”

Bamwe mu baturage zazi iki kibazo, bavuga ko uyu muturage Bariyanga ataguraniwe nk’uko abivuga, ahubwo ubuyobozi bwahamushyize mu buryo bwo kumurinda gusiragira nyuma yuko hari ahandi bari barigeze kumuguranira ariko Ubuyobozi bukongera bukahisubiza.

Aba baturage barasaba ko uyu muturage yakubakirwa agakurwa mu buzima bwo kumva hakiri ubutaka agomba kuguranirwa.

Umuyobozi w’Akarere ka Ngom,a Niyonagira Nathalie avuga iki kibazo atakizi kuko atigeze akigaragarizwa kandi adasiba kujya muri aka gace.

Ati “Tujya no guhemba ababaye indashyikirwa muri Mituweri iminsi ya vuba rwose muri uku kwezi kwa mbere twagiyeyo tuganira n’abaturage twakora n’ibibazo ariko nta muntu nigeze mbona ambaza icyo kibazo cy’uko Kagari kubatse mu butaka bwe.”

Gusa uyu muyobozi yizeza ko agiye gushaka amakuru kuri iki kibazo cy’uyu muturage, kugira ngo gihabwe umurongo ukwiye.

Bariyanga Joseph asaba kurenganurwa
Ngo mu butaka yasigiwe n’umubyeyi we harimo ahubatse Ibiro by’Akagari
Ngo yari yahawe ingurane y’ahari ikiraro cy’Ingurube
Umuyobozi w’Akarere yavuze ko iki kibazo arari akizi

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + fourteen =

Previous Post

Muri Sudani y’Epfo hazamutse ubwoba nyuma y’ifungwa rya Visi Perezida w’Igihugu

Next Post

Kigali: Ibisobanuro by’umugore ukurikiranyweho gukubita umugabo we agapfa

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post

Kigali: Ibisobanuro by’umugore ukurikiranyweho gukubita umugabo we agapfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.