Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngoma: Harumvikana imvugo zibusanye ku kibazo cy’uvuga ko isambu ye yubatswemo ibiro by’Akagari

radiotv10by radiotv10
28/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ngoma: Harumvikana imvugo zibusanye ku kibazo cy’uvuga ko isambu ye yubatswemo ibiro by’Akagari
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, aravuga ko isambu yari yarasigiwe n’umubyeyi we amusaba kutazagira uwo ayiha, yaje kubakwamo Ibiro by’Akagari no gutuzwamo abatishoboye agahabwa ingurane ariko ntahabwe ibyangombwa byayo, mu gihe abaturage bavuga ko aho yahawe, ari nk’intizanyo.

Bariyanga Joseph atuye mu Mudugudu w’Isangano mu Kagari ka Mugatare mu Murenge wa Mugesera, avuga ko nyuma yuko umubyeyi we yitabye Imana agasiga amuraze isambu, yaje gutuzwamo abaturage batishoboye ndetse ahandi hubakwamo Ibiro by’Akagari ka Mugatare.

Avuga ko nyuma yo kugeza ikibazo cye mu buyobozi bw’Umurenge, yaguraniwe ubwo butaka kandi yabyemeye, agahabwa ahahoze ikiraro cy’ingurube hafi y’Ibiro by’Akagari, ariko ko atahawe ibyangombwa by’iyo ngurane.

Ati “Ni isambu Papa yari yarampaye, arambwira ati ‘iyi sambu ntuzagire uwo uzayiha’, ati ‘ibi ni ibikorwa byawe ntuzabyangirize’. Isambu bayubakishijwemo na PAM, isiga ibabwiye ko bagomba kunguranira. Akagari nako Kari mu butaka bwanjye bitewe n’uko kubatswe mu ifamu ya Papa. Bambwiye ko banguraniye ahantu muri Pariseri irimo ibiraro ikaba irimo n’amazu abiri.”

Uyu muturage avuga ko aramutse ahawe ibyangombwa by’ubutaka yahawe nk’ingurane, byamufasha kwiteza imbere. Ati “Mfite ibyangombwa n’ubundi najya no kuri SACCO bakanguriza Amafaranga.”

Bamwe mu baturage zazi iki kibazo, bavuga ko uyu muturage Bariyanga ataguraniwe nk’uko abivuga, ahubwo ubuyobozi bwahamushyize mu buryo bwo kumurinda gusiragira nyuma yuko hari ahandi bari barigeze kumuguranira ariko Ubuyobozi bukongera bukahisubiza.

Aba baturage barasaba ko uyu muturage yakubakirwa agakurwa mu buzima bwo kumva hakiri ubutaka agomba kuguranirwa.

Umuyobozi w’Akarere ka Ngom,a Niyonagira Nathalie avuga iki kibazo atakizi kuko atigeze akigaragarizwa kandi adasiba kujya muri aka gace.

Ati “Tujya no guhemba ababaye indashyikirwa muri Mituweri iminsi ya vuba rwose muri uku kwezi kwa mbere twagiyeyo tuganira n’abaturage twakora n’ibibazo ariko nta muntu nigeze mbona ambaza icyo kibazo cy’uko Kagari kubatse mu butaka bwe.”

Gusa uyu muyobozi yizeza ko agiye gushaka amakuru kuri iki kibazo cy’uyu muturage, kugira ngo gihabwe umurongo ukwiye.

Bariyanga Joseph asaba kurenganurwa
Ngo mu butaka yasigiwe n’umubyeyi we harimo ahubatse Ibiro by’Akagari
Ngo yari yahawe ingurane y’ahari ikiraro cy’Ingurube
Umuyobozi w’Akarere yavuze ko iki kibazo arari akizi

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 7 =

Previous Post

Muri Sudani y’Epfo hazamutse ubwoba nyuma y’ifungwa rya Visi Perezida w’Igihugu

Next Post

Kigali: Ibisobanuro by’umugore ukurikiranyweho gukubita umugabo we agapfa

Related Posts

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

by radiotv10
14/07/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yamenyesheje Abanyarwanda ko haherutse kuvumburwa urushinge umuntu ashobora guterwa rukamurinda kwandura Virusi Itera SIDA mu...

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

by radiotv10
14/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, has announced the recent discovery of an injection that can protect an individual...

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

by radiotv10
14/07/2025
0

In our past article, we explained why and how Africa was maintained under domination by European countries. Should we keep...

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu akurikiranyweho gucura umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we, afatanyije n’undi...

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, arasaba abagiraneza gufasha umugore we kujya kwivuza indwara y’ibibyimba yasanganywe...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Kigali: Ibisobanuro by’umugore ukurikiranyweho gukubita umugabo we agapfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.