Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Muri Sudani y’Epfo hazamutse ubwoba nyuma y’ifungwa rya Visi Perezida w’Igihugu

radiotv10by radiotv10
27/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Muri Sudani y’Epfo hazamutse ubwoba nyuma y’ifungwa rya Visi Perezida w’Igihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir yatanze itegeko ryo guta muri Yombi Visi Perezida Riek Machar, ibintu byazamuye ubwoba muri iki Gihugu ko byakubura intambara, ndetse Ambasade z’Ibihugu bimwe zikaba zasabye abaturage babyo kuva muri iki Gihugu inzira zikigendwa.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Sudani y’Epfo, baravuga ko ibyakozwe na Perezida Salva Kiir byo guta muri yombi Visi Perezida we Riek Machar, bihabanye n’amasezerano y’amahoro yo muri 2018.

Ifungwa rya Riek Machar kandi ryatumye Ambasade za bimwe mu Bihugu muri Sudani y’Epfo, bisaba abaturage babyo bari muri iki Gihugu kukivamo kuko hari impungenge ko ibintu bishobora kuba bibi.

Perezida Kiir yatanze itegeko ryo guta muri yombi Visi Perezida we mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Gatatu, nk’uko bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’ishyaka rya Machar.

Abashinzwe kurinda umutekano wa Visi Perezida Machar kandi na bo bambuwe imbunda bajyanwa ahantu hatazwi nk’uko biri muri iri tangazo ryagiye hanze kuri uyu wa Kane.

Imodoka za Gisirikare z’ibifaru zigera muri 20 zinjiye mu rugo rwa Machar ruri i Juba mu Murwa Mukuru wa Sudani y’Epfp mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu ari na bwo yahitaga atabwa muri yombi.

Nicholas Haysom, Intumwa yihariye Ihagarariye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo, yanenze iki gikorwa cyo guta muri yombi Visi Perezida.

Yagize ati “Iri joro abayobozi b’iki Gihugu bongeye gusubira mu makimbirane mu gihe gariho haterwa intambwe yo kuzana amahoro na Demokarasi.”

Ibiro bya za Ambasade z’Ibihugu bimwe muri iki Gihugu cya Sudani y’Epfo, byafunze imiryango, ndetse zibuza abakozi bazo kujya ku kazi, banasaba abaturage babyo kuva muri iki Gihugu mu gihe indege zikiri gukora ingendo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

U Rwanda rwitabiriye inama y’Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi yiga ku bya Congo

Next Post

Ngoma: Harumvikana imvugo zibusanye ku kibazo cy’uvuga ko isambu ye yubatswemo ibiro by’Akagari

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Harumvikana imvugo zibusanye ku kibazo cy’uvuga ko isambu ye yubatswemo ibiro by’Akagari

Ngoma: Harumvikana imvugo zibusanye ku kibazo cy’uvuga ko isambu ye yubatswemo ibiro by’Akagari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.