Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Muri Sudani y’Epfo hazamutse ubwoba nyuma y’ifungwa rya Visi Perezida w’Igihugu

radiotv10by radiotv10
27/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Muri Sudani y’Epfo hazamutse ubwoba nyuma y’ifungwa rya Visi Perezida w’Igihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir yatanze itegeko ryo guta muri Yombi Visi Perezida Riek Machar, ibintu byazamuye ubwoba muri iki Gihugu ko byakubura intambara, ndetse Ambasade z’Ibihugu bimwe zikaba zasabye abaturage babyo kuva muri iki Gihugu inzira zikigendwa.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Sudani y’Epfo, baravuga ko ibyakozwe na Perezida Salva Kiir byo guta muri yombi Visi Perezida we Riek Machar, bihabanye n’amasezerano y’amahoro yo muri 2018.

Ifungwa rya Riek Machar kandi ryatumye Ambasade za bimwe mu Bihugu muri Sudani y’Epfo, bisaba abaturage babyo bari muri iki Gihugu kukivamo kuko hari impungenge ko ibintu bishobora kuba bibi.

Perezida Kiir yatanze itegeko ryo guta muri yombi Visi Perezida we mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Gatatu, nk’uko bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’ishyaka rya Machar.

Abashinzwe kurinda umutekano wa Visi Perezida Machar kandi na bo bambuwe imbunda bajyanwa ahantu hatazwi nk’uko biri muri iri tangazo ryagiye hanze kuri uyu wa Kane.

Imodoka za Gisirikare z’ibifaru zigera muri 20 zinjiye mu rugo rwa Machar ruri i Juba mu Murwa Mukuru wa Sudani y’Epfp mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu ari na bwo yahitaga atabwa muri yombi.

Nicholas Haysom, Intumwa yihariye Ihagarariye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo, yanenze iki gikorwa cyo guta muri yombi Visi Perezida.

Yagize ati “Iri joro abayobozi b’iki Gihugu bongeye gusubira mu makimbirane mu gihe gariho haterwa intambwe yo kuzana amahoro na Demokarasi.”

Ibiro bya za Ambasade z’Ibihugu bimwe muri iki Gihugu cya Sudani y’Epfo, byafunze imiryango, ndetse zibuza abakozi bazo kujya ku kazi, banasaba abaturage babyo kuva muri iki Gihugu mu gihe indege zikiri gukora ingendo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + thirteen =

Previous Post

U Rwanda rwitabiriye inama y’Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi yiga ku bya Congo

Next Post

Ngoma: Harumvikana imvugo zibusanye ku kibazo cy’uvuga ko isambu ye yubatswemo ibiro by’Akagari

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Harumvikana imvugo zibusanye ku kibazo cy’uvuga ko isambu ye yubatswemo ibiro by’Akagari

Ngoma: Harumvikana imvugo zibusanye ku kibazo cy’uvuga ko isambu ye yubatswemo ibiro by’Akagari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.