• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyuma yo gufatana kanyanga abarimo utaruzuza imyaka y’ubukure Polisi y’u Rwanda yatanze ubutumwa

radiotv10by radiotv10
28/03/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Nyuma yo gufatana kanyanga abarimo utaruzuza imyaka y’ubukure Polisi y’u Rwanda yatanze ubutumwa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Polisi y’u Rwanda ifatanye abantu batandatu litiro 730 z’ikiyobyabwenge cya kanyanga mu Murenge wa Rwerere mu Karere ka Burera, yaburiye abishoye mu bikorwa by’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge, kubihagarika kuko hashyizwe imbaraga mu kubirwanya.

Aba bantu batandatu bafashwe, barimo umwana ufite imyaka iri munsi ya 18, aho bafatiwe mu Mudugudu wa Gacyamo mu Kagari ka Rugali mu Murenge wa Rwerere.

Aba bantu batandatu bafatanywe kandi ibilo 18 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi, aho ibi biyobyabwenge bari babivanye mu Gihugu cy’abaturanyi cya Uganda.

Nyuma yo gufatwa, aba bantu ubu bafungiye kuri sitasiyo ya Butaro mu Karere ka Burera, naho abandi bahise batoroka, bakaba bakomeje gushakishwa na Polisi y’u Rwanda.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru SP Mwiseneza Jean Bosco, yatangaje ko aba bantu bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

SP Mwiseneza Jean Bosco yaburiye abishoye mu bikorwa by’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge, ko Polisi y’u Rwanda yabahagurukiye, bityo ko bakwiye kubihagarika mu maguru mashya.

Yagize ati “Polisi y’u Rwanda iraburira abishora mu bikorwa bibi byo gutunda no gucuruza ibiyobyabwenge kubireka burundu, kuko bitazabahira polisi yashyize imbaraga mu bikorwa byo kurwanya ubucuruzi bwabyo, kandi turabibutsa ko ari icyaha gihanwa n’amategeko.”

Polisi y’u Rwanda kandi yakunze kuvuga ko ibiyobyabwenge biri no mu bizamura ibindi byaha, kuko ababinyoye banisanga mu bindi bikorwa bibi, birimo urugomo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − three =

Previous Post

Kigali: Ibisobanuro by’umugore ukurikiranyweho gukubita umugabo we agapfa

Next Post

Hagarutswe ku bimenyetso byisumbuye by’imikorenire ya FDLR na FARDC byatanzwe n’abaherutse gushyikirizwa u Rwanda

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Hagarutswe ku bimenyetso byisumbuye by’imikorenire ya FDLR na FARDC byatanzwe n’abaherutse gushyikirizwa u Rwanda

Hagarutswe ku bimenyetso byisumbuye by’imikorenire ya FDLR na FARDC byatanzwe n’abaherutse gushyikirizwa u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.