Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iburengerazuba: Abahinga igihingwa kivamo umusaruro wogeye Isi yose bahishuye imbogamizi bafite n’icyayiteye

radiotv10by radiotv10
02/04/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Iburengerazuba: Abahinga igihingwa kivamo umusaruro wogeye Isi yose bahishuye imbogamizi bafite n’icyayiteye
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’ikawa bo mu Mirenge ya Kivumu mu Karere ka Rutsiro na Nyamyumba mu ka Rubavu, baravuga ko nyuma ifunga ry’uruganda rwa COOPAC Nyamwenda rwatunganyaga umusaruro wabo, ryabateye igihombo gikomeye kuko basigaye bagurisha n’abamamyi, babaha amafaranga y’intica ntikize.

Musabyimana Chrisostome usanzwe ari umuhinzi w’ikawa wo mu Kagari ka Busoro mu Murenge wa Nyamyumba, avuga ko nyuma y’ifungwa ry’uru ruganda, ubu bagurisha n’abamamyi baba bagendagenda mu nzira. Ati  “Hari abaguzi bagendana udukopo, ni bo nyihereza.”

Bizimana Marcel avuga ko ifunga ry’uru ruganda ryabashyize mu ihurizo, kuko abamamyi babahenda bitwaje ko badafite isoko ryo kubagurira umusaruro wabo.

Ati “Twabuze aho tugemura ikawa zacu, n’aho tuzijyanye hakaba kure bitewe n’uko twabuze inganda, uwo basanze azifite mu rugo bamuha amafaranga bakijyanira bakaduha ibiciro bishakiye.”

Musabyimana Chrisostome na we ati “Mu makopo nyine ni igiciro kiba kitagenwe na Leta kuko igikombe cy’icupa baduha 450 Frw kandi kibamo hafi ikilo kimwe.”

Umusaruro ngo barawubona ariko abamamyi bakabunama hejuru bakabahenda

Umuyobozi ushinzwe uruhererekane nyongeragaciro rw’ikawa mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), Faustin Kabasha avuga ko bamenye iki kibazo cy’uru ruganda rutari kwakira umusaruro w’abahinzi, kandi ko hafashwe ingamba zo gukemura iki kibazo cy’abahinzi batabona aho bagurishiriza umusaruro wabo.

Ati “Ni ku mupaka wa Rubavu na Rutsiro kandi ni agace karimo inganda nyinshi kandi twari twasabye ko inganda zegereye aho gushyiraho abakozi babo bagura umusaruro kugira ngo umuhinzi ye kubura aho agemura umusaruro kubera uruganda rutaratangira gukora.”

Uyu muyobozi asaba abaturage kwirinda abamamyi kuko batubya umusaruro bagura ikawa iteze neza ndetse akagaragaza ko ku ikubitiro NAEB yashyizeho igiciro cy’amafaranga 600 Frw ku kilo ariko ko amakuru ahari ari uko muri aka gace amafaranga make yishyurwa ikilo kimwe cy’ikawa ku ruganda cyangwa site yemewe ari 800 Frw.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

U Rwanda rwasubije Tshisekedi wihandagaje akongera gushinja u Rwanda ikinyoma kiremereye

Next Post

Umuhanzi w’ikirangirire wigeze kwamamara ku Isi n’umubyeyi we ibyabo bishobora gukomera

Related Posts

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

“Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa pe…” Ni bumwe mu butumwa Perezida Paul Kagame yavugiye i Kayonza ubwo yari mu bikorwa byo...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi w’ikirangirire wigeze kwamamara ku Isi n’umubyeyi we ibyabo bishobora gukomera

Umuhanzi w’ikirangirire wigeze kwamamara ku Isi n’umubyeyi we ibyabo bishobora gukomera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.