• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Batatu barimo abana babiri bahiriye mu nzu yibasiwe n’inkongi y’amayobera

radiotv10by radiotv10
03/04/2025
in MU RWANDA
1
Kigali: Batatu barimo abana babiri bahiriye mu nzu yibasiwe n’inkongi y’amayobera
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batatu; umugabo n’abana be babiri bahiriye mu nzu babagamo mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, nyuma yuko yibasiwe n’inkongi y’umuriro igashya igakongoka.

Ni inkongi yadutse mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki 03 Mata 2025 ahagana saa kumi, mu Mudugudu wa Murambi mu Kagari ka Ruhango mu Murenge wa Gisozi.

Abaturanyi b’uyu muryango bavuga ko bagerageje gutabara ariko kubera ubukana bw’iyi nkongi biba iby’ubusa, byanatumye hahiramo umugabo witwa Sebatware Emmanuel n’abana be babiri.

Amakuru dukesha Ikinyamakuru cyitwa Igihe, avuga ko bikekwa ko iyi nkongi yaba yatewe na nyiri uru rugo, Sebatware Emmanuel ari we wayishumitse.

Uwitwa Nzabonimpa Eric wari umuzamu w’uyu muryango yavuze ko ubwo iyi nkongi yadukaga, yumvise ikintu giturika akajya kwica inzugi ariko bikanga.

Yagize ati “Nahise nshaka uburyo bwo kwica inzugi kuko hose hari hafunze noneho ngezemo imbere nsanga umuriro watangiye kwaka uhereye mu cyumba cy’umukoresha wanjye.”

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, yavuze ko iyi nkongi yatwaye ubuzima bw’abantu batatu barimo umugabo n’abana be.

Ati “Hapfiriyemo abana babiri; Mugisha Blaise w’imyaka 12 na Unejeje Blessing w’imyaka 6 na Se ubabyara. Abana bari baryamye mu cyumba cy’ababyeyi.”

Ni mu gihe undi mwana witwa Sebatware Brian w’imyaka itatu na nyina wabo bari bararanye mu cyumba cy’abashyitsi, bo barokotse iyi nkongi.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Twagirimana says:
    1 year ago

    Imana ihe iruhuko ridashira abatashye , gusa mbona habayeho gucukumbura twasanga Wenda harimo n’amakimbirane . Leta ifite akazikenshi ku makimbirane mumiryango.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 5 =

Previous Post

Amakuru agezweho y’imirwano muri Congo: Urugamba rwongeye kumvikanamo imbunda ziremereye

Next Post

Kwibuka31: Hatangajwe impinduka izaba mu bikorwa byari bisanzwe mu cyumweru cy’Icyunamo

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Kwibuka30: Hagaragajwe uko gahunda yo gusoza icyumweru cy’Icyunamo iteye

Kwibuka31: Hatangajwe impinduka izaba mu bikorwa byari bisanzwe mu cyumweru cy’Icyunamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.