Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikitaratwishe ngo kiturangize cyaradukomeje- Perezida Kagame yashimangiye ko ntacyo Abanyarwanda batabasha guhangana nacyo

radiotv10by radiotv10
07/04/2025
in MU RWANDA
0
Ikitaratwishe ngo kiturangize cyaradukomeje- Perezida Kagame yashimangiye ko ntacyo Abanyarwanda batabasha guhangana nacyo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyabaye ku Banyarwanda mu myaka 31 ishize, byabasigiye amasomo yo kuba bahora bambariye guhangana n’abashaka kubasubiza mu mateka mabi. Ati “ikitaratwishe ngo kiturangize mu myaka 31 ishize, cyaradukomeje.”

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 07 Mata 2025 ubwo yatangizaga Icyumweru cy’Icyunamo n’iminsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Umukuru w’u Rwanda yatangiye ubutumwa bwe, agaragaza ko Isi yanze guha intebe ukuri kandi guca mu ziko ntigushye, bityo ko ibibazo abantu banyuramo bakwiye kwambarira urugamba rwo guhangana na byo kuko batategereza guhanganirwa n’ukuri.

Yatanze urugero rw’inshuti ye yigeze kumubaza ati “ariko wowe nk’umuntu ubaho ute ugahuza ahahise h’umwijima n’ibihe bigoye byo muri iki gihe. Ariko uko nabyumvaga ntabwo ari njye yabaza gusa, ahubwo yabazaga u Rwanda. Icyo namusubije ni uko kuva mu ntangiriro, ibyo byombi bibaho, kandi tugomba guhangana na byo.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje agira ati “Twe dufite amahitamo, wakwemerera kurangira, ubuzima bwawe bugahagarara burundu cyangwa ugahaguka ugahangana.”

Perezida yavuze ko uwashaka gusubiza u Rwanda mu bihe by’inzitane rwanyuzemo, dore ko banahari, atabishobora, kuko Abanyarwanda biteguye guhatana.

Ati “Ntabwo bizongera kubaho, nabwo bizongera atari uko ababikoze batabishaka, ahubwo kuko tudashobora kubemerera. Ntabwo bizongera kubaho kuko hari abiteguye guhaguruka bagahangana.”

Yavuze ko nta muntu ushobora kwemera ko habaho kongera kugerageza umugambi mubisha nk’uwari ufitwe n’abashakaga kumaraho Abatutsi mu Rwanda.

Ati “Ni gute abantu bashobora kubyemera, kubera iki abantu batahaguruka ngo barwane urugamba. Yego hari ingaruka zo kuba wahasiga ubuzima, ariko nanone utabikoze nabwo ntabwo uzaba wizeye ko utapfa.”

Yavuze ko aho kuba abantu bapfa batarwanya, ahubwo bapfa bahanganye n’abashaka n’ubundi kubica. Ati “Kubera iki ntapfa ndi kurwana? None kuki mwebwe u Rwanda mutapfa murwana, aho gupfa nk’isazi? Ariko ubutumwa bwanjye burareba n’abandi Banyafurika, bahora binginga kugira ngo babeho, ntabwo nshobora kwingingira kubaho, nzarwana, nintsinda nzastindwa, ariko haba hari amahirwe iyo wahagurutse ukarwana, kandi ubaho.”

 

Iby’abasabira u Rwanda ibihano

Perezida Paul Kagame kandi yagarutse ku bibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byazanywemo u Rwanda, hakaba bamwe birirwa mu Miryango Mpuzamahanga nk’uw’Abibumbye no mu Bihugu by’i Burayi barusabira ibihano, avuga ko biteye isoni.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko abirirwa muri ibi, bakwiye kuzirikana ko u Rwanda n’Abanyarwanda bagomba kubaho ubuzima bwabo bagahangana n’ibibazo bafite nk’uko na bo birirwa bateranya u Rwanda na bo bafite ibibazo bagakwiye guhangana na byo.

Ati “Ikintu kimbabaza ni ikintu kimwe gusa, cyabayeho mu kinyejana, ni Abanyarwanda, ni Abanyafurika, bicara ntibabone ko bibabaje gukomeza kugaraguzwa agati, ntibabyange.”

Nanone kandi ibyo Bihugu bikaba biri inyuma y’ibibazo biri muri Afurika, aho biba biri inyuma y’ubujura bw’imitungo ya bimwe mu Bihugu byo muri Afurika.

Perezida yagarutse ku bwicanyi bukorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi, bicwa ku manywa y’ihangu ariko ibyo Bihugu bikabirebera.

Aho kugira ngo ibyo Bihugu bishake umuti w’ibyo bibazo, ahubwo bikazana ubuhendabana bwo kuba biza bigafata bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda, bikagenda bifatamo bamwe kandi bacye cyane.

Bakavuga ngo abandi bagume mu Rwanda, ngo ni ikibazo cy’u Rwanda, hakabaho no kurengera bikoresha imvugo idakwiye ngo “n’ubundi ni Abatutsi nka Kagame.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ku bw’indangagaciro ze n’iz’u Rwanda, habaho kugerageza guca bugufi, ku buryo “Niba wifuza kuba inshuti, niba wifuza kuba umufatanyabikorwa, ndakwizeza ko uzagira umufatanyabikorwa mwiza bihagije.”

Perezida Kagame avuga ko Abanyarwanda bafite ubushobozi bwo guhangana n’icyababaho cyose

 

Ikitaratwishe ngo kitumare mu myaka 31 cyaradukomeje

Perezida Kagame kandi yagarutse ku bitwa inzobere zoherezwa ngo zijyiye kwiga ibibazo byo muri Afurika byumwihariko mu burasirazuba bwa DRC, nk’aho zibirusha ba nyiri ubwite.

Yavuze ko ikibabaje ari ukuba bamwe mu baba bayoboye izo nzobere, ari bamwe mu bagize uruhare mu bibazo bikiriho n’ubu.

Izo nzobere zikagenza zivuga ko umuzi w’ibibazo byo muri Congo, ari amabuye y’agaciro, aho kuzirikana ko bifite umuzi nk’uw’ibyabaye mu Rwanda.

Ati “Ni ayahe mabuye y’agaciro barwaniraga hano mu 1994? [] iyo ibyo bafushinja biba ari ukuri, u Rwanda rwagakwiye kuba rukize nk’uko abo babidushinja bameze.”

Umukuru w’u Rwanda yageneye ubutumwa aya mahanga yifuriza ikibi u Rwanda, abamenyesha ko ibyabaye ku Banyarwanda mu myaka 31 ishize, byabasigiye imbaraga zo kwiyubakamo ingufu n’ubushobozi byo kuba babasha guhangana n’ibindi byose byaza uko byaba bimeze kose.

Ati “Ikitaratwishe ngo kitumare mu myaka 31 ishize, cyaduhaye imbaraga, cyaraduteguye ku bindi bishobora kuba mu gihe icyo ari cyo cyose. Ndashaka kubizeza ko tutazapfa tutari kurwana. Ndabasezeranya ko ntabwo tuzapfa tutari kurwana. Kandi kurwana ntabwo ari ugutera ikindi Gihugu, ntabwo ari ukujya kwivanga mu by’abandi, urugamba mvuga, ni urwo kurwanya uwasahaka kudusubiza mu byabayeho kandi uzabigerageza ntabwo azigera abigeraho.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yavuze ko abiteguye kwinjira muri urwo rugamba, bahari kandi bahagije ku buryo igihe cyose urwo rugamba rwabaho biteguye kurutsinda.

Yavuze ko ibibi bikomeye ku rwego rwo hejuru byabaye ku Banyarwanda, nta kibi gishobora kubabaho kurusha ibyababyeho, ku buryo ntacyabakanga. Ati “Mutekereza ko ibyabaye bishobora kongera kubaho ukundi? Ntabwo rwose ntekereza ko byashoboka.”

Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kutazigera bemera ko hari uwabagira ingaruzwamuheto, cyangwa ngo abategeke uko bagomba kubaho, kuko igihe bakwemera kuyobywa gutyo n’ababizeza ubuzima, ahubwo ari bwo bazabubura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Rubavu: Hari uvuga ko yishinganisha kubera ibyakurikiye amakuru yatanze

Next Post

Perezida Kagame yitabiriye Urugendo rwo Kwibuka n’Umugoroba w’Ikiriyo

Related Posts

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

by radiotv10
05/11/2025
0

In today’s world, creativity is more than just a hobby, it’s a powerful tool for building independence, confidence, and income....

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

MTN Rwanda Surpasses 8 Million Subscribers and Accelerates Digital Inclusion Through Innovative Smartphone Initiatives

MTN Rwanda Surpasses 8 Million Subscribers and Accelerates Digital Inclusion Through Innovative Smartphone Initiatives

by radiotv10
05/11/2025
0

MTN Rwandacell Plc (MTN Rwanda) is pleased to announce its unaudited financial results for the nine-months period ended 30 September...

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

by radiotv10
04/11/2025
0

Abantu 11 bakekwaho ubujura barimo abategeraga abantu banyura ahahoze irimbi ry’i Nyamirambo, bafatiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda...

IZIHERUKA

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda
MU RWANDA

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

by radiotv10
05/11/2025
0

Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impunge

Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impunge

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

05/11/2025
MTN Rwanda Surpasses 8 Million Subscribers and Accelerates Digital Inclusion Through Innovative Smartphone Initiatives

MTN Rwanda Surpasses 8 Million Subscribers and Accelerates Digital Inclusion Through Innovative Smartphone Initiatives

05/11/2025
AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yitabiriye Urugendo rwo Kwibuka n’Umugoroba w’Ikiriyo

Perezida Kagame yitabiriye Urugendo rwo Kwibuka n’Umugoroba w’Ikiriyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impunge

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.