Saturday, October 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

AMAKURU MASHYA: Umucyo ku ihagarikwa ry’abatoza bo muri Rayon n’impamvu nyakuri zabiteye

radiotv10by radiotv10
14/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
AMAKURU MASHYA: Umucyo ku ihagarikwa ry’abatoza bo muri Rayon n’impamvu nyakuri zabiteye
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwemeje ihagarikrwa ry’Umutoza Mukuru w’iyi Kipe, Robertinho ndetse n’Umutoza w’Abanyezamu, gusa butangaza impamvu zabiteye zirimo iz’uburwayi n’imyitwarire idahwitse.

Ni nyuma yuko mu ijoro ryacyeye kuri iki Cyumweru tariki 13 Mata 2025 havuzwe amakuru y’ihagarikwa ry’aba Batoza, Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo uzwi nka Robertinho usanzwe ari Umutoza Mukuru, na Mazimpaka André usanzwe ari Umutoza w’Abanyezamu, aho byavugwaga ko bahagaritswe kubera umusaruro mubi.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 14 Mata 2025, Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwashyize hanze itangazo, bwemeza ihagarikwa ry’aba batoza, icyakora buvuga impamvu zitandukanye n’izari zabanje kuvugwa n’itangazamakuru.

Amakuru yavugwaga na bamwe mu banyamakuru baba hafi iyi kipe ya Rayon Sports, yavugaga ko aba batoza bazize umusaruro nkene ukomeje kugaragaraga muri iyi kipe, aho mu mikino icumi iheruka gukina, yatsinzemo itatu gusa.

Itangazo ry’Ubuyobozi bwa Rayon Sports, rivuga ko “Umutoza wa Rayon Sports Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo ‘Robertinho’ yahagaritswe by’agateganyo kubera impamvu z’uburwayi.”

Rigakomeza rigira riti “Umutoza w’abanyezamu André Mazimpaka yagaritswe by’agateganyo kubera impamvu z’imyitwarire mibi.”

Ihagarikwa ry’aba batoza ribaye mu gihe habura umunsi umwe ngo iyi Kipe ya Rayon Sports ikine umukino w’umunsi wa 23 wa Shampiyona, uzayihuza na Mukura VS uzabera i Huye kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Mata 2025.

Ubuyobozi bwa Rayon Sports, bwavuze ko uyu mukino uzahuza iyi kipe na Mukura, uzatozwa n’Umutoza Wungirije Rwaka Claude uherutse kuzanwa mu ikipe y’abagabo avanywe muri Rayon Sports y’abagore.

Umusaruro mucye uvugwa kuri aba batoza bahagaritswe ugaragazwa no kuba iyi kipe ya Rayon Sports iherutse gutakaza umwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona, nyuma yuko iyi kipe inganyije na Marine FC ibitego 2-2.

Umutoza Robertinho yahagaritswe by’agateganyo ku mpamvu z’uburwayi
Mazimpaka we yahagaritswe ngo kubera impamvu z’imyitwarire idahwitse

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 14 =

Previous Post

Hari indwara bajyana muri gakondo bazi ko ari amarozi bikazagaragara ko ari iy’amavuriro asanzwe

Next Post

Hatanzwe icyifuzo cy’igikwiye gukorwa ahabereye ubugome ndengakamere muri Jenoside

Related Posts

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

by radiotv10
17/10/2025
0

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Bizimana Djihad, yagaragaje ko na bo batishimiye umusaruro babonye mu mikino baherutse gukina, ariko ko basezeranya...

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

by radiotv10
17/10/2025
0

Rutahizamu Fall Ngagne wa Rayon Sports wayifashije mu mwaka w'imikino ushize agashimisha abafana bayo, wari umaze amezi 10 mu mvune,...

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
16/10/2025
0

Ikipe ya Police FC iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona y’u Rwanda imaze gukinwa iminsi itatu, yatandukanye na Muhadjiri Hakizimana wari...

Amahirwe y’Amavubi yo kujya mu cy’Isi birangiye abuze burundu

Nyuma yuko Amavubi yongeye gutenguha Abanyarwanda harakurikiraho iki?

by radiotv10
16/10/2025
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yatangaje ko nyuma yuko Ikipe y’Igihugu itsinzwe imikino ibiri yikurikiranya, hagiye gushakwa uburyo hategurwa...

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

by radiotv10
14/10/2025
0

Manishimwe Djabel wanyuze mu makipe akomeye mu Rwanda nka Rayon Sports na APR FC yanabereye kapiteni, wari umaze igihe yaragiye...

IZIHERUKA

Things to leave behind with the end of the week
MU RWANDA

Things to leave behind with the end of the week

by radiotv10
17/10/2025
0

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

17/10/2025
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

17/10/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

17/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

17/10/2025
Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe icyifuzo cy’igikwiye gukorwa ahabereye ubugome ndengakamere muri Jenoside

Hatanzwe icyifuzo cy’igikwiye gukorwa ahabereye ubugome ndengakamere muri Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Things to leave behind with the end of the week

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.