• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

radiotv10by radiotv10
16/01/2026
in SIPORO
0
Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda, ababwira ko batagomba kugendera ku kwishimira kwakira iri rushanwa gusa, ahubwo bagomba no guhatana.

Iki Gikombe cya Afurika kizatangira gukinirwa mu Rwanda kuva ku wa Gatatu w’icyumweru gitaha, tariki ya 21 kugeza kuya 31 Mutarama 2026.

Minisitiri Mukazayire yabahaye uyu mukoro kuri uyu wa Kane tariki ya 15 Mutarama 2026, ubwo yabakiraga muri BK Arena bari kumwe n’umutoza wabo Umunyatunisia Hafedh Zouabi, ndetse baherekejwe na Perezida wa Federasiyo ya Handball, Twahirwa Alfred.

Madamu Mukazayire yasabye abakinnyi kuzakinana umuhate kandi bakibuka ko bahagarariye Abanyarwanda bose kandi na bo biteguye kubashyigikira.

Ati: “Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa, tugomba kwakira neza tukanitwara neza tukaza mu ba mbere. Ni ishema kuba dushoboye kwakira iri rushanwa, dufite ikipe ikina kandi ifite ubushobozi bwo kongera kwitabira igikombe nk’iki atari ukwitabira gusa kuko twakiriye.”

Yongeyeho ati: “Handball ni umukino dushyigikiye kandi ni siporo tubonamo ejo heza. Iri muri siporo itwereka ko gutangirira mu bato bishoboka, ikaba ari siporo ishobora gutuma tugira icyizere. Iyo wabonye aho ufite amahirwe, urushaho kuhashyira imbaraga. Mu myaka itatu iri imbere, dushobora kuba turi mu bihugu bitatu bya mbere muri Afurika bishobora kwinjira mu Gikombe cy’Isi banabitsindiye.”

Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Kwisanga Peter, wavuze ahagarariye abakinnyi, na we yijeje Minisitiri ko abakinnyi bose bameze neza kandi biteguye guhagararira neza igihugu muri iri rushanwa.

Kwisanga yabwiye Minisitiri ko intego ya mbere bihaye ari ukubanza kurenga imikino y’amatsinda bakaza mu makipe umunani ya mbere, nyuma bakazabona kwihangira izindi ntego.

U Rwanda ruri mu itsinda rimwe na Algeria, Nigeria na Zambia, ari na yo ruzaheraho mu mukino ufungura irushanwa ku wa Gatatu w’icyumweru gitaha.

Ibihugu bitanu bya mbere muri iri rushanwa bizabona itike y’Igikombe cy’Isi.

Mu kwitegura, u Rwanda rumaze gukina imikino ibiri ya gicuti. Umukino wa mbere rwatsinzwe na Gabon ibitego 31 kuri 29, uwa kabiri rutsinda Cameroun ibitego 27–26.

Umukino wa gatatu, ari na wo wa nyuma wo kwitegura, u Rwanda rurongera gukina na Gabon kuri uyu wa Gatanu tariki ya 16 Mutarama 2026, umukino uzabera muri Petit Stade saa 19:00.

Ku ikubitiro, u Rwanda rwari rugiye gukina na Congo Brazzaville ku wa Gatatu tariki ya 14/01/2026, ariko Congo iza gutangaza ko itazagera mu Rwanda.

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu bizeje Minisitiri kuzitwara neza
Abayobozi muri Federasiyo ya Handball na bo bavuga ko ikipe ihagaze neza
Minisitiri Mukazayire yasabye abakinnyi kuzibuka ko bazaba bahetse ibendera ry’u Rwanda

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + four =

Previous Post

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Next Post

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.