Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Arsenal nyuma yo gusezerera R.Madrid iyisubiriye

radiotv10by radiotv10
17/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Arsenal nyuma yo gusezerera R.Madrid iyisubiriye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yashimiye ikipe ya Arsenal asanzwe akunda nyuma yuko isezereye Real Madrid muri UEFA Champions League, igasanga Paris Saint Germain muri 1/2.

Uyu mukino wo kwishyura wabaye mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Mata 2025, warangiye Arsenal isubiriye Real Madrid n’ubundi yari yayitsinze mu mukino ubanza.

Ibitego bibiri (2) bya Arsenal byaje byiyongera kuri bitatu (3) yari yatsinze mu mukino ubanza, byatumye iyi kipe yo mu Bwongereza isanzwe ifitanye amasezerano y’imikoranire na Guverinoma y’u Rwanda, isezerera Real Madrid yo muri Espagne ku giteranyo cy’ibitego 5-1.

Perezida Paul Kagame usanzwe akunda ikipe ya Arsenal, yagaragaje ko yishimiye iyi ntsinzi no kuba igeze muri 1/2 cy’irangiza cya UEFA Champions League.

Yagize ati “Mikel Arteta (Umutoza wa Arsenal) n’ikipe yose, mudureye ishema twebwe abafana n’abafatanyabikorwa. Mukwiye byose…Ndabashimiye.”

Ibi bitego bibiri byashimangiye itike ya Arsenal yo kwerecyeza muri 1/2 cy’irangiza, birimo icyatsinzwe na Bukayo Saka ku munota wa 63’ ndetse n’icy’agashinguracumu cyatsinzwe na Gabriel Martinelli cyatsinzwe mu minota y’inyongera.

Perezida Kagame usanzwe ari Umu-Sportif yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

Ku mukino ubanza, Perezida Paul Kagame na bwo yari yashimiye iyi kipe ya Arsenal FC yari yatsinze Real Madrid ibitego 3-0, aho yari yavuze ko igihe cyose aba afitiye icyizere iyi kipe.

Arsenal igeze muri 1/2 cy’irangiza muri iki gikombe kiri mu bikurikirwa na benshi ku Isi, isanzeyo ikipe ya Paris Saint Geramain, na yo isanzwe ari umufatanyabikorwa wa Guverinoma y’u Rwanda muri gahunda ya ‘Visit Rwanda’ banongereye amasezerano kuri uyu wa Gatatu akazageza muri 2028.

Umukuru w’u Rwanda kandi yari anaherutse kugaragaza ko yifuriza iyi kipe yo mu Bufaransa na yo gukatisha itike ya 1/2, mu butumwa na bwo yari yanyujije kuri X, ubwo iyi kipe yari igiye guhura na Aston Villa yaje gusezerera ku giteranyo cy’ibitego 5-4.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Hatangajwe ibyagaragaye mu ipererereza ry’ibanze ku nkongi yibasiye inzu y’ubucuruzi i Huye igakongokeramo byinshi

Next Post

Inzozi bari bafite z’abo bifuza kuzavamo bakomeye bazizamuye ku rundi rwego

Related Posts

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

by radiotv10
27/06/2025
0

Nyuma y'iminsi myinshi hibazwa ahazaza ha kizigenza Cristiano Ronaldo dore ko yari afite amasezerano azarangirana n’uku kwezi, byarangiye yemeye kuguma...

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

by radiotv10
27/06/2025
0

Ikipe ya Police Volleyball Club yafunguye ku mugaragaro irerero (academy) ryayo ry’abahungu n’abakobwa, mu kigo cy’Amashuri cya Lycée de Kigali,...

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

by radiotv10
26/06/2025
0

Imiterere mishya ya Kylian Mbappe iteye impungenge abafana ba Real Madrid, nyuma yo gutakaza ibilo bitanu kubera uburwayi bwa virusi,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Ombolenga nyuma yo gusubira muri APR yavuze ku kuba yazagaruka muri Rayon

by radiotv10
25/06/2025
0

Myugariro Ombolenga Fitina wasubiye muri APR FC yigeze kubera kapiteni, yavuze ko igihe yazajya mu yindi kipe, bigoye ko yazasubira...

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

by radiotv10
23/06/2025
0

Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika (Continental Cup) mu mukino wa Beach Volleyball rigiye kubera muri Morocco, arimo...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inzozi bari bafite z’abo bifuza kuzavamo bakomeye bazizamuye ku rundi rwego

Inzozi bari bafite z’abo bifuza kuzavamo bakomeye bazizamuye ku rundi rwego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.