Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Uri mu buzima bubabaje hari icyo abaturanyi be bamusabira

radiotv10by radiotv10
27/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Uri mu buzima bubabaje hari icyo abaturanyi be bamusabira
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Kagari ka Nyakagezi mu Murenge wa Gahara mu Karere ka Kirehe, baratabariza umuturanyi wabo ugiye kugwirwa n’inzu ye yangiritse bikabije, bagasaba ubuyobozi kuhagoboka.

Mukanzabarushimana Generose, utuye mu Mudugudu wa Kivogo Akagari ka Nyakagezi mu Murenge wa Gahara, avuga ko inzu ye yangiritse bikabije kandi akaba adafite ubushobozi bwo kuyisanira, kuko asanzwe abayeho mu buzima bwa ntaho nikora.

Ati “No kurya ntabwo mpfa kubona ibyo kurya, ni abana bashakisha utuntu tw’utuboga natwo tukaturya nta n’umunyu tugira.”

Uyu muturage, asaba ko nibura yahabwa isakaro kugira ngo we n’abana be bane badakomeza kuba muri iyi nzu yangiritse isakaro, kuko iyo imvura iguye banyagirwa.

Bamwe mu baturanyi b’uyu mubyeyi bavuga ko bahangayikishijwe n’uyu muturage, bagasaba Leta kumutabara ndetse akaba yafashwa mu mibereho ye.

Akimana Ernest, Umukuru w’Umdugu wa Kivogo utuyemo uyu muturage, avuga ko ikibazo cy’uyu muturage bagitanzemo raporo ku nzego zo hejuru, kuko babonye gishobora kuzamuviramo ingaruka.

Yagize ati “Twabonye umuryango we ko ushobora kugira ikibazo cy’imvura ku buryo yagira ikiza kikaba cyamugeraho bitewe nuko inzu ishaje.”

Nirere Justin usanzwe ari Mutwarasibo w’Isibo uyu muturage atuyemo, na we yagize ati “Turahangayitse kubera ko afite ikibazo cy’ibyo kurya, ndetse n’aho atuye.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gahara, Munyana Josette, yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo kizwi kandi ko hari igiteganywa gukorwa.

Ati “Ndamuzi kuko ari mu rutonde. Bitewe n’ubushobozi nk’abafatanyabikorwa tugira uko tugenda tubafasha, cyane ko si no kubaka inzu uhereye hasi ikibazo afite ni icy’isakaro.”

Uyu muyobozi avuga ko bagiriye inama uyu muturage yo kuba yimutse muri iyi nzu, kugira ngo itamugwaho, kandi ko mu mwaka utaha w’ingengo y’imari uzatangira muri Nyakanga, na we ari ku rutonde rw’abazafashwa.

Mukanzabarushimana Generose avuga ko abayeho mu buzima bugoye

Inzu ye yarangiritse cyane

NIRERE Justin Umukuru w’Isibo uyu mubyeyi abarizwamo asaba ko hari icyo yakorerwa
Kimwe n’Umukuru w’Umudugudu wa Kivogo agasaba ko uyu muturage akwiye gusanirwa inzu

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + twenty =

Previous Post

Ibivugwa ku mashusho yatumye hakekwa ko Perezida w’u Bufaransa yakubiswe urushyi mu maso n’umugore we

Next Post

Igikekwa ku mbunda yabonetse mu murima w’umuturage w’i Nyanza

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

by radiotv10
03/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko rufunze abagabo batatu bafatanywe amahembe y’inzovu yaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bayatwaye mu...

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

by radiotv10
03/11/2025
0

Mondays are hard. After a relaxing weekend, it’s easy to put off work, scroll on your phone, or tell yourself,...

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

by radiotv10
03/11/2025
0

Inzu isanzwe ari icumbi ry’abanyeshuri mu ishuri rya IWE (Institute Of Women For Excellence) Secondary School riherereye mu Karere ka...

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

by radiotv10
03/11/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi, yafashe itsinda ry’abantu batanu barimo umugore umwe, bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano, birimo ubujura...

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri, Madamu Jeannette Kagame yasabye Abanyarwanda gukomeza kwimakaza Ihame ntakukuka ry’Ubunyarwanda, abibutsa ko gahunda ya...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora
AMAHANGA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

03/11/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

03/11/2025
Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikekwa ku mbunda yabonetse mu murima w’umuturage w’i Nyanza

Igikekwa ku mbunda yabonetse mu murima w’umuturage w’i Nyanza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.