• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Uri mu buzima bubabaje hari icyo abaturanyi be bamusabira

radiotv10by radiotv10
27/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Uri mu buzima bubabaje hari icyo abaturanyi be bamusabira
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Kagari ka Nyakagezi mu Murenge wa Gahara mu Karere ka Kirehe, baratabariza umuturanyi wabo ugiye kugwirwa n’inzu ye yangiritse bikabije, bagasaba ubuyobozi kuhagoboka.

Mukanzabarushimana Generose, utuye mu Mudugudu wa Kivogo Akagari ka Nyakagezi mu Murenge wa Gahara, avuga ko inzu ye yangiritse bikabije kandi akaba adafite ubushobozi bwo kuyisanira, kuko asanzwe abayeho mu buzima bwa ntaho nikora.

Ati “No kurya ntabwo mpfa kubona ibyo kurya, ni abana bashakisha utuntu tw’utuboga natwo tukaturya nta n’umunyu tugira.”

Uyu muturage, asaba ko nibura yahabwa isakaro kugira ngo we n’abana be bane badakomeza kuba muri iyi nzu yangiritse isakaro, kuko iyo imvura iguye banyagirwa.

Bamwe mu baturanyi b’uyu mubyeyi bavuga ko bahangayikishijwe n’uyu muturage, bagasaba Leta kumutabara ndetse akaba yafashwa mu mibereho ye.

Akimana Ernest, Umukuru w’Umdugu wa Kivogo utuyemo uyu muturage, avuga ko ikibazo cy’uyu muturage bagitanzemo raporo ku nzego zo hejuru, kuko babonye gishobora kuzamuviramo ingaruka.

Yagize ati “Twabonye umuryango we ko ushobora kugira ikibazo cy’imvura ku buryo yagira ikiza kikaba cyamugeraho bitewe nuko inzu ishaje.”

Nirere Justin usanzwe ari Mutwarasibo w’Isibo uyu muturage atuyemo, na we yagize ati “Turahangayitse kubera ko afite ikibazo cy’ibyo kurya, ndetse n’aho atuye.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gahara, Munyana Josette, yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo kizwi kandi ko hari igiteganywa gukorwa.

Ati “Ndamuzi kuko ari mu rutonde. Bitewe n’ubushobozi nk’abafatanyabikorwa tugira uko tugenda tubafasha, cyane ko si no kubaka inzu uhereye hasi ikibazo afite ni icy’isakaro.”

Uyu muyobozi avuga ko bagiriye inama uyu muturage yo kuba yimutse muri iyi nzu, kugira ngo itamugwaho, kandi ko mu mwaka utaha w’ingengo y’imari uzatangira muri Nyakanga, na we ari ku rutonde rw’abazafashwa.

Mukanzabarushimana Generose avuga ko abayeho mu buzima bugoye

Inzu ye yarangiritse cyane

NIRERE Justin Umukuru w’Isibo uyu mubyeyi abarizwamo asaba ko hari icyo yakorerwa
Kimwe n’Umukuru w’Umudugudu wa Kivogo agasaba ko uyu muturage akwiye gusanirwa inzu

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 18 =

Previous Post

Ibivugwa ku mashusho yatumye hakekwa ko Perezida w’u Bufaransa yakubiswe urushyi mu maso n’umugore we

Next Post

Igikekwa ku mbunda yabonetse mu murima w’umuturage w’i Nyanza

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Igikekwa ku mbunda yabonetse mu murima w’umuturage w’i Nyanza

Igikekwa ku mbunda yabonetse mu murima w’umuturage w’i Nyanza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.