Wednesday, June 18, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Icyatumye umuhanzi uzwi mu Rwanda yinjira mu bukomisiyoneri

radiotv10by radiotv10
18/06/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Icyatumye umuhanzi uzwi mu Rwanda yinjira mu bukomisiyoneri
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’umuraperi Uwimana Francis uzwi nka Fireman, yamaze kwinjira mu kazi ko kurangira abifuza kugura cyangwa kugurisha ubutaka kazwi nk’ubukomisiyoneri, aho avuga ko yabitewe n’inshingano zagiye zimwagukana, agashaka icyamwunganira mu mibereho.

Uyu muhanzi wamamaye mu Rwanda mu njyana ya Hip Hop, avuga ko uko agenda akura, inshingano zigenda zimubana nyinshi, ku buryo na we yagura imikorere ye.

Aganira n’ikinyamakuru cyitwa Igihe dukesha aya makuru, Fireman yagize ati “Iyo ugenda ukura inshingano zikiyongera niko ugenda ukenera kwaguka, uko byagenda kose ugenda ushakisha hanyuma ugahitamo ikikubereye wakora.”

Aka kazi ko kurangira abifuza kugura cyangwa kugurisha ibibanza, uyu muraperi Fireman akamazemo amezi abiri, aho yakinjiyemo nyuma yo kuva kwivuriza mu kigo ngororamuco cy’i Huye yijyanyeyo ku bushake bwe.

Avuga ko gufata icyemezo cyo kwinjira muri aka kazi k’ubukomisiyoneri, byatewe no kubona ko akazi kamwe k’ubuhanzi katabasha gutuma yuzuza inshingano ze, kuko uko zagiye ziyongera “bituma ufata imyanzuro yo kureka ikintu kimwe wiziritsemo ugashaka n’ahandi washakishiriza mu rwego rwo gukemura ibibazo.”

Gusa ngo n’umuziki ntiyawushyize ku ruhande ndetse aka kazi k’ubukomisiyoneri ntigashobora kubangamira ak’ubuhanzi amazemo igihe.

Ati “Umuziki umbamo. Kuba umuntu yakora n’akandi kantu ku ruhande uretse n’ibi n’ibindi umuntu yabikora kandi bikagenda neza.”

Uyu muraperi uri mu bubatse izina mu Rwanda, mu kwezi k’Ukwakira umwaka ushize wa 2024 yashyize hanze EP yise ’Bucyanayandi’, iriho indirimbo zirimo n’iyo yayitiriye ‘Bucyanayandi’ n’indi yitwa ‘Igeno’.

Umurapero Fireman

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + twelve =

Previous Post

Minisitiri wo muri Congo wigeze kuvuga amagambo y’ubushotoranyi ku Rwanda ntakiri muri Guverinoma

Next Post

Icyo umunyapolitiki Ingabire Victoire avuga ku guhamagazwa mu rubanza rw’abaregwa gushaka guhirika ubutegetsi

Related Posts

What made a popular Rwandan artist Fireman joining commission based land brokerage work

What made a popular Rwandan artist Fireman joining commission based land brokerage work

by radiotv10
18/06/2025
0

Rwandan rapper Uwimana Francis, popularly known as Fireman, has recently ventured into commission-based land brokerage, helping people buy and sell...

Igisubizo kigufi umuhanzi King James yatanze abajijwe ikibazo akunze kubazwa

Igisubizo kigufi umuhanzi King James yatanze abajijwe ikibazo akunze kubazwa

by radiotv10
18/06/2025
0

Umuhanzi Ruhumuriza James uzwi nka King James, yongeye kubazwa igihe azashingira urugo, avuga ko igihe kitaragera, ariko ko nikigera azabikora...

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

Amakuru yamenyekanye ku modoka y’umunyamakurukazi yari yibwe muri Kigali

by radiotv10
16/06/2025
0

Imodoka y’umunyamakurukazi Uwamwezi Daphine wamenyekanye nka Bianca yari yaribwe mu Mujyi wa Kigali, yabonetse mu Karere ka Kamonyi. Uyu munyamakurukazi...

Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

by radiotv10
16/06/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy, nyuma yo kwambika impeta y’urukundo n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, yamubwiye amagambo y’urukundo yishimira kuba yarinjiye...

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

by radiotv10
14/06/2025
0

Korali Healing Worship Ministry yo mu Itorero ‘Power of Prayer Church’ yasabye andi makorali kurenga imyumvire y’amadini akajya yitabira ubutumire...

IZIHERUKA

AGEZWEHO: Umuhanda uva Kigali werecyeza mu Majyaruguru utari nyabagendwa byakemutse
MU RWANDA

AGEZWEHO: Umuhanda uva Kigali werecyeza mu Majyaruguru utari nyabagendwa byakemutse

by radiotv10
18/06/2025
0

What made a popular Rwandan artist Fireman joining commission based land brokerage work

What made a popular Rwandan artist Fireman joining commission based land brokerage work

18/06/2025
Igisubizo kigufi umuhanzi King James yatanze abajijwe ikibazo akunze kubazwa

Igisubizo kigufi umuhanzi King James yatanze abajijwe ikibazo akunze kubazwa

18/06/2025
Eng.-What Politician Ingabire Victoire says about being summoned in coup plot case

Eng.-What Politician Ingabire Victoire says about being summoned in coup plot case

18/06/2025
Hatangajwe icyakoreye Umupolisi wagaragaye arasa umuturage mu myigaragambyo ihanganishije Polisi ya Kenya n’urubyiruko

Hatangajwe icyakoreye Umupolisi wagaragaye arasa umuturage mu myigaragambyo ihanganishije Polisi ya Kenya n’urubyiruko

18/06/2025
Agezweho ku ntambara hagati ya Iran na Israel ikomeje kugana ahateye inkeke

Agezweho ku ntambara hagati ya Iran na Israel ikomeje kugana ahateye inkeke

18/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo umunyapolitiki Ingabire Victoire avuga ku guhamagazwa mu rubanza rw’abaregwa gushaka guhirika ubutegetsi

Icyo umunyapolitiki Ingabire Victoire avuga ku guhamagazwa mu rubanza rw’abaregwa gushaka guhirika ubutegetsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

AGEZWEHO: Umuhanda uva Kigali werecyeza mu Majyaruguru utari nyabagendwa byakemutse

What made a popular Rwandan artist Fireman joining commission based land brokerage work

Igisubizo kigufi umuhanzi King James yatanze abajijwe ikibazo akunze kubazwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.