Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda umaze imyaka 10 hanze yatangaje inkuru ishimishije

radiotv10by radiotv10
20/06/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda umaze imyaka 10 hanze yatangaje inkuru ishimishije
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Kitoko Bibarwa uri mu bagize abakunzi benshi muri muzika nyarwanda, yatangaje ko nyuma y’imyaka 12 aba hanze y’u Rwanda, agiye kugaruka burundu mu Gihuhu cyamwibarutse, kandi akazakomeza ibikorwa bya muzika.

Kitoko ni rimwe mu mazina aremereye muri muzika nyarwanda byumwihariko mu myaka ya za bibiri na…kubera ibihangano bye byabaga binogeje ugutwi n’ijisho ku bifite amashusho.

Byumwihariko ijwi rye rizwi na buri wese mu ndirimbo ye y’ibihe byose ‘Thank you Kagame’ yakunze kwifashishwa mu bikorwa byo kwamamaza Perezida Paul Kagame wagiye atangwamo Umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Uyu muhanzi Kitoko Bibarwa anaheruka mu Rwanda muri 2017 ubwo yari yaje mu bikorwa byo kwamamaza Perezida Paul Kagame.

Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru cyitwa Igihe dukesha aya makuru, Kitoko yatangaje ko nyuma y’imyaka 12 yimukiye ku Mugabane w’u Burayi aho yabaga mu Bwongereza, agiye gutaha mu rwamubyaye kuhatura.

Yagize ati “Maze iminsi ndi kubyitegura, ndifuza gutaha, imyaka 12 ni iyo ntaba iwacu. Nkumbuye gukorera umuziki mu Rwanda ariko by’umwihariko hari n’ibikorwa nshaka kuhakorera. Igihe icyo ari cyo cyose mu minsi ya vuba mwakumva natashye.”

Kitoko wari werecyeje mu Bwongereza mu mwaka wa 2013 aho yanakomereje amasomo, akaba amaze kuhagirira impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye na Politiki.

Uyu muhanzi avuga ko ubu afite umwanya uhagije, ku buryo no mu gihe atarataha, yiteguye gushyira hanze ibindi bihangano bizanyura abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda muri rusange.

Kitoko Bibarwa wamamaye mu ndirimbo yakoze nk’iyitwa ‘Ikiragi’, na ‘Pole pole’, yanagiye akora izindi nyuma yo kwimukira hanze y’u Rwanda, zirimo iyitwa ‘Tiro’ yaherukaga gushyira hanze na ‘Sibyo yakoranye na Meddy ubu wamaze kwiyegurira indirimbo zihimbaza Imana.

Kitoko wizeza abakunze ibihangano bye ko bagiye kongera kubyumva, ubu yamaze no gushyira hanze irindi ndirimbo yise ‘In love’ yasohotse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Hari icyizere abantu bagira ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo?

Next Post

The rise and fall of hustle culture

Related Posts

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
The rise and fall of hustle culture

The rise and fall of hustle culture

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.