Perezida wa Sena y’u Burundi, Hon. Sinzohagera Emmanuel yagiriye uruzinduko mu Rwanda, yakirwa na mugenzi we Perezida wa Sena, Dr François Xavier Kalinda banagirana ibiganiro ku ruhare rw’izi nzego bayobora mu gutsimbataza umubano w’Ibihugu byombi.
Amakuru dukesha Sena y’u Burundi, avuga ko Perezida wayo, yakirwe na mugenzi we w’u Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Kamena 2025.
Sena y’u Burundi yagize iti “Perezida wa Sena Hon. Sinzohagera Emmanuel yahuye na mugenzi we w’u Rwanda ari kumwe na ba Visi Perezida be bombi mu ruzinduko rw’icyubahiro.”
Sena y’u Burundi ikomeza igira iti “Ibiganiro byabo byagarutse ku ruhare rw’izi nzego zombi mu gutsimbataza umubano hagati y’u Burundi n’u Rwanda.”
Sena y’u Rwanda kandi na yo yatangaje iby’uru ruzinduko, aho yavuze ko ukuriye Sena y’u Burundi yakiriwe na Perezida w’iy’u Rwanda.
Ubutumwa bwatanzwe na Sena y’u Rwanda, bugira buti “Uyu munsi Perezida wa Sena François Xavier Kalinda ari kumwe na ba Visi Perezida Nyirahabimana Soline na Dr Mukabaramba Alvera bahuye na Emmanuel Sinzohagera, Perezida wa Sena y’u Burundi. Baganiriye ku mikoranire binyuze muri Dipolomasi y’Inteko.”
Umubano w’u Rwanda n’u Burundi umaze iminsi urimo igitotsi, aho kuva mu ntangiro za 2024 iki Gihugu giherereye mu majyepfo y’u Rwanda cyongeye gufata icyemezo cyo gufunga imipaka gishinja iki cy’igituranyi gafasha umutwe wa RED-Tabara urwanya u Burundi, ibirego u Rwanda rwahakanye ndetse n’uyu mutwe ubwawo ubyamaganira kure.
U Burundi na bwo bwakunze guca ruhinganyuma bujya kwifatanya n’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi cyari gifite wo guhungabanya u Rwanda, ndetse Perezida Evariste Ndayishimiye ubwe akaba yarakunze gutangaza imbwirwaruhame zibishimangira zirimo n’ubushotoranyi ku Rwanda.
Gusa ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burundi byari byatangiye, aho muri Werurwe uyu mwaka, Inzego z’iperereza rya gisivile n’irya gisirikare ku mpande zombi, zari zahuriye mu biganiro byabereye mu Ntara ya Kirundo byari byaje bikurikira ibindi byari byabereye mu Rwanda.

RADIOTV10