Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Obasanjo nyuma y’ibiganiro yagiranye n’Abakuru b’u Rwanda na DRC yavuze ikigiye gukurikiraho

radiotv10by radiotv10
26/06/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Obasanjo nyuma y’ibiganiro yagiranye n’Abakuru b’u Rwanda na DRC yavuze ikigiye gukurikiraho
Share on FacebookShare on Twitter

Olusegun Obasanjo wabaye Perezida wa Nigeria, uri mu bahuza mu biganiro byo gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, nyuma yo kwakirwa na Perezida Paul Kagame, yahise yerecyeza i Kinshasa anaganira na Tshisekedi, aho yavuze ko ibiganiro yagiranye n’Abayobozi bombi, byari byiza, kandi ko agiye gushyikiriza raporo Perezida wa Togo wahawe inshingano z’ubuhuza n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Olusegun Obasanjo yakiriwe na Perezida Kagame mu biro bye muri Village Urugwiro hirya y’ejo hashize, ku wa Kabiri tariki 24 Kamena 2025.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, byatangaje ko mu biganiro Perezida Kagame yagiranye na Obasanjo, byagarutse ku mahoro mu karere.

Nyuma y’uru ruzinduko Olusegun Obasanjo yagiriye mu Rwanda, yahise yerecyeza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse na ho yakirwa n’Umukuru w’iki Gihugu Félix Tshisekedi.

Perezidansi ya DRC, ivuga ko kuri uyu wa Gatatu “Perezida Félix Tshisekedi yahuye n’uwabaye Perezida wa Nigeria, Olusegun Obasanjo, umwe mu bahuza bashyizweho n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’Umuryango Uharanira Iterambere ry’Ibihugu bya Afurika yo mu Majyepfo (SADC) mu gushaka ibisubizo by’amakimbirane ari mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya DRC, bivuga ko nyuma y’ikiganiro cyamaze amasaha hafi abiri, Obasanjo yavuze ko yagiye muri Congo avuye no mu Rwanda, mu ruzinduko rugamije gushaka umuti w’ibibazo biri hagati y’Ibihugu byombi.

Yagize ati “Ibiganiro nagiranye n’abavandimwe banje babiri b’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demomakarasi ya Congo, biri mu nzira nziza.”

Obasanjo yatangaje ko azahita yerecyeza muri Togo, guhura na Perezida w’iki Gihugu, Faure Gnassingbé wagawe ishingano z’ubuhuza n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, aho azamushyikiriza raporo y’uru ruzinduko rwe yagiriye mu Bihugu byombi [u Rwanda na DRC].

Yagize ati “Dufite umuhuza washyizweho n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ari we Faure Gnassingbé, Perezida wa Togo. Nzajya i Lomé kumugezaho Raporo kugira ngo harebwe igikwiye gukorwa kugira ngo amahoro arambye aboneke mu karere.”

Olusegun Obasanjo kandi yaboneyeho gushima intambwe ikomeje guterwa mu biganiro biriho bikorwa na Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America na Qatar, avuga ko na byo ari ibyo guha agaciro.

Ku wa Kabiri Obasanjo yari yakiriwe na Perezida Kagame

Bucyeye bwaho kuri uyu wa Gatatu yakiriwe na Tshisekedi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 5 =

Previous Post

Umugabo wagiye kureba umugore we wari kumwe n’undi mu gicuku byarangiye ahasize ubuzima

Next Post

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

Related Posts

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

“Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa pe…” Ni bumwe mu butumwa Perezida Paul Kagame yavugiye i Kayonza ubwo yari mu bikorwa byo...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.