Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Obasanjo nyuma y’ibiganiro yagiranye n’Abakuru b’u Rwanda na DRC yavuze ikigiye gukurikiraho

radiotv10by radiotv10
26/06/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Obasanjo nyuma y’ibiganiro yagiranye n’Abakuru b’u Rwanda na DRC yavuze ikigiye gukurikiraho
Share on FacebookShare on Twitter

Olusegun Obasanjo wabaye Perezida wa Nigeria, uri mu bahuza mu biganiro byo gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, nyuma yo kwakirwa na Perezida Paul Kagame, yahise yerecyeza i Kinshasa anaganira na Tshisekedi, aho yavuze ko ibiganiro yagiranye n’Abayobozi bombi, byari byiza, kandi ko agiye gushyikiriza raporo Perezida wa Togo wahawe inshingano z’ubuhuza n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Olusegun Obasanjo yakiriwe na Perezida Kagame mu biro bye muri Village Urugwiro hirya y’ejo hashize, ku wa Kabiri tariki 24 Kamena 2025.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, byatangaje ko mu biganiro Perezida Kagame yagiranye na Obasanjo, byagarutse ku mahoro mu karere.

Nyuma y’uru ruzinduko Olusegun Obasanjo yagiriye mu Rwanda, yahise yerecyeza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse na ho yakirwa n’Umukuru w’iki Gihugu Félix Tshisekedi.

Perezidansi ya DRC, ivuga ko kuri uyu wa Gatatu “Perezida Félix Tshisekedi yahuye n’uwabaye Perezida wa Nigeria, Olusegun Obasanjo, umwe mu bahuza bashyizweho n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’Umuryango Uharanira Iterambere ry’Ibihugu bya Afurika yo mu Majyepfo (SADC) mu gushaka ibisubizo by’amakimbirane ari mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya DRC, bivuga ko nyuma y’ikiganiro cyamaze amasaha hafi abiri, Obasanjo yavuze ko yagiye muri Congo avuye no mu Rwanda, mu ruzinduko rugamije gushaka umuti w’ibibazo biri hagati y’Ibihugu byombi.

Yagize ati “Ibiganiro nagiranye n’abavandimwe banje babiri b’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demomakarasi ya Congo, biri mu nzira nziza.”

Obasanjo yatangaje ko azahita yerecyeza muri Togo, guhura na Perezida w’iki Gihugu, Faure Gnassingbé wagawe ishingano z’ubuhuza n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, aho azamushyikiriza raporo y’uru ruzinduko rwe yagiriye mu Bihugu byombi [u Rwanda na DRC].

Yagize ati “Dufite umuhuza washyizweho n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ari we Faure Gnassingbé, Perezida wa Togo. Nzajya i Lomé kumugezaho Raporo kugira ngo harebwe igikwiye gukorwa kugira ngo amahoro arambye aboneke mu karere.”

Olusegun Obasanjo kandi yaboneyeho gushima intambwe ikomeje guterwa mu biganiro biriho bikorwa na Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America na Qatar, avuga ko na byo ari ibyo guha agaciro.

Ku wa Kabiri Obasanjo yari yakiriwe na Perezida Kagame

Bucyeye bwaho kuri uyu wa Gatatu yakiriwe na Tshisekedi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − eleven =

Previous Post

Umugabo wagiye kureba umugore we wari kumwe n’undi mu gicuku byarangiye ahasize ubuzima

Next Post

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.