Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri Nduhungire yakuyeho urujijo ku badasobanukiwe ibigiye gusinywa hagati y’u Rwanda na DRCongo

radiotv10by radiotv10
26/06/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko inyandiko izashyirwaho umukono kuri uyu wa Gatanu, ari amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akanemezwa burundu.

Mu cyumweru gishize tariki 18 Kamena Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yashyize hanze itangazo rihuriweho hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryavugaga ko kuri uwo munsi amatsinda y’impuguke z’ibi Bihugu byombi yemeje umushinga w’amasezerano w’amahoro.

Iryo tangazo kandi ryavugaga ko tariki 27 Kamena 2025 Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’ibi Bihugu byombi, bazasinya aya masezerano y’amahoro.

Minisitiri Olivier Nduhungirehe, agendeye ku byari byatangajwe na bimwe mu bitangazamakuru mpuzamahanga, yakuyeho urujijo, avuga ko icyakozwe tariki 18 Kamena ari ukuba izo nzobere zaranonosoye uwo mushinga w’amasezerano, ubundi akazasinywa kuri uyu wa 27 Kamena n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga.

Ku mbuga nkoranyambaga hongeye kuvuga impaka z’abibazaga ku bigiye gusinywa kuri uyu wa Gatanu, aho bamwe bemezaga ko ibigiye gushyirwaho umukono atari amasezerano.

Umunyamakuru Oswald Mutuyeyezu wa RADIOTV10 wari umwe mu batangaga ibitekerezo muri izi mpaka zavutse ku mbuga nkoranyambaga, yavugaga ko akurikije inyandiko iherutse gutangazwa na Amb. Nduhungirehe, ibizasinywa kuri uyu wa Gatanu ari amasezerano y’amahoro.

Mu kumwunganira, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungire yagize ati “Ufite ukuri Oswakim. Ku wa Gatanu tariki ya 27 Kamena 2025 tuzasinya, kandi twemeze burundu, amasezerano y’amahoro hagati ya Repubulika ya Demokarasi ya Kongo n’u Rwanda.”

Minisitiri Nduhungirehe yaboneyeho kuvuga ko inyandiko yiswe “Declaration of Principles” yo yasinywe mu mezi abiri, aho yashyizweho umukono tariki ya 25 Mata 2025 i Washington.

Mu itangazo riherutse gutangazwa na Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko kandi nyuma y’isinywa ry’aya masezerano, hanategerejwe ibiganiro bizahuza Abakuru b’Ibihugu bigamije kugera ku mahoro arambye mu karere.

Aya masezerano kandi agiye gushyirwaho umukono mu cyumweru kimwe Olusegun Obasanjo wabaye Perezida wa Nigera uri mu bahawe inshingano z’ubuhuza na EAC na SADC yagiriyemo uruzinduko mu Rwanda no muri DRC, anagirana ibiganiro n’Abakuru b’Ibihugu byombi, Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi.

Obasanjo unagomba kwerecyeza muri Togo gushyikiriza raporo Faure Gnassingbé wahawe inshingano z’ubuhuza n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yavuze ko ibiganiro yagiranye na Perezida Kagame na Tshisekedi byabaye byiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

Next Post

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

Related Posts

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
19/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

IZIHERUKA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo
MU RWANDA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

19/12/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.