Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yakosoye ibyatangajwe n’ikinyamakuru ko mu masezerano asinywa n’u Rwanda na DRC harimo ko u Rwanda rukuraho ingamba z’ubwirinzi, avuga ko mu nyandiko yayo nta na hamwe byanditse.
Ambasaderi Olivier Nduhungirehe yabitangaje agendeye ku byatangajwe n’Ikinyamakuru Africa Intelligence, aho yafashe interuro imwe mu biri muri iyi nkuru.
Mu nkuru yanditswe na Africa Intelligence, hari aho iki Kinyamakuru kivuga ko Leta Zunze Ubumwe za America yababajwe no kuba umushinga w’amasezerano asinywa uyu munsi, warashyizwe hanze kandi ugasakazwa ku mbuga nkoranyambaga.
Muri iki gika, iki kinyamakuru gikomeza kivuga ko America “Yasabye impande zose kugira ibanga amasezerano ya nyuma. Nubwo ingingo z’ingenzi z’aya masezerano zitigeze zihinduka, uretse impinduka nke zo gutuma inyandiko irushaho gutuma hazamo kudasumbana. Kigali yasabwe guhita ikuraho ingamba z’ubwirinzi.”
Agira icyo avuga kuri ibi byatangajwe n’iki kinyamakuru, Amb. Olivier Nduhungire yavuze ko “bisa nk’aho ‘Africa Intelligence’ idafite ibimenyetso cyangwa uburyo bw’iperereza ku masezerano cyangwa ku bikubiye mu mushinga w’amasezerano.”
Akomeza agira ati “Icya mbere ntabwo ari Washington yababajwe no kuba harabayeho gutangaza amasezerano y’amahoro, ahubwo byababaje Kigali [u Rwanda], yanasabye ko izindi mpande zubaha amakuru y’ibanga y’ibiganiro.”
Akomeza agira ati “Icya kabiri ntushobora kugira aho ubona mu mushinga w’amasezerano y’amahoro azasinywa ejo [ubwo ni uyu munsi] amagambo ngo ‘Gukuraho ingamba z’ubwirinzi z’u Rwanda’. Kimwe n’amagambo ‘Rwanda Defense Force’ [Ingabo z’u Rwanda], ‘Rwandan troops’ cyangwa ‘withdrawal’ [gucyura] nta hantu na hamwe wayabona muri iyi nyandiko.”
Biteganyijwe ko aya masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ashyirwaho umukono n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’Ibihugu byombi, mu masaha ya nyuma ya saa sita kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Kamena 2025.
RADIOTV10