Friday, October 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yakosoye ibyatangajwe n’ikinyamakuru ku masezerano asinywa n’u Rwanda na Congo

radiotv10by radiotv10
27/06/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Min.Nduhungirehe yakosoye ibyatangajwe n’ikinyamakuru ku masezerano asinywa n’u Rwanda na Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yakosoye ibyatangajwe n’ikinyamakuru ko mu masezerano asinywa n’u Rwanda na DRC harimo ko u Rwanda rukuraho ingamba z’ubwirinzi, avuga ko mu nyandiko yayo nta na hamwe byanditse.

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe yabitangaje agendeye ku byatangajwe n’Ikinyamakuru Africa Intelligence, aho yafashe interuro imwe mu biri muri iyi nkuru.

Mu nkuru yanditswe na Africa Intelligence, hari aho iki Kinyamakuru kivuga ko Leta Zunze Ubumwe za America yababajwe no kuba umushinga w’amasezerano asinywa uyu munsi, warashyizwe hanze kandi ugasakazwa ku mbuga nkoranyambaga.

Muri iki gika, iki kinyamakuru gikomeza kivuga ko America “Yasabye impande zose kugira ibanga amasezerano ya nyuma. Nubwo ingingo z’ingenzi z’aya masezerano zitigeze zihinduka, uretse impinduka nke zo gutuma inyandiko irushaho gutuma hazamo kudasumbana. Kigali yasabwe guhita ikuraho ingamba z’ubwirinzi.”

Agira icyo avuga kuri ibi byatangajwe n’iki kinyamakuru, Amb. Olivier Nduhungire yavuze ko “bisa nk’aho ‘Africa Intelligence’ idafite ibimenyetso cyangwa uburyo bw’iperereza ku masezerano cyangwa ku bikubiye mu mushinga w’amasezerano.”

Akomeza agira ati “Icya mbere ntabwo ari Washington yababajwe no kuba harabayeho gutangaza amasezerano y’amahoro, ahubwo byababaje Kigali [u Rwanda], yanasabye ko izindi mpande zubaha amakuru y’ibanga y’ibiganiro.”

Akomeza agira ati “Icya kabiri ntushobora kugira aho ubona mu mushinga w’amasezerano y’amahoro azasinywa ejo [ubwo ni uyu munsi] amagambo ngo ‘Gukuraho ingamba z’ubwirinzi z’u Rwanda’. Kimwe n’amagambo ‘Rwanda Defense Force’ [Ingabo z’u Rwanda], ‘Rwandan troops’ cyangwa ‘withdrawal’ [gucyura] nta hantu na hamwe wayabona muri iyi nyandiko.”

Biteganyijwe ko aya masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ashyirwaho umukono n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’Ibihugu byombi, mu masaha ya nyuma ya saa sita kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Kamena 2025.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Next Post

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Related Posts

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
31/10/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Gen Júlio dos Santos Jane wasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu mujyi wa wa...

Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Uko hatahuwe umukobwa ukekwaho kwihekura wabyaye umwana agahita amuta mu musarani

by radiotv10
31/10/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha mu Karere ka Rubavu, rwataye muri yombi umukobwa w’imyaka 18 ukekwaho kubyara umwana wari ugejeje igihe cyo...

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

by radiotv10
31/10/2025
1

Bamwe mu bo mu Mirenge ya Murama na Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko amazi aturuka mu muhanda w'amakamyo...

IZIHERUKA

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding
MU RWANDA

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
31/10/2025
0

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

31/10/2025
Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

31/10/2025
Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

31/10/2025
Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.