Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

radiotv10by radiotv10
30/06/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Chryso Ndasingwa ugiye gukorana ubukwe na mugenzi we Sharon Gatete, avuga ko urukundo rwabo rwashibutse mu bikorwa bahuriragamo by’ivugabutumwa, rugenda rwigaragariza mu mwuka w’Imana.

Chryso Ndasingwa yabitangaje mu kiganiro cyihariye yagiranye na RADIOTV10, umunyamakuru yatangiye amabubarizamo niba umuzika Nyarwanda byumwihariko uw’Indirimbo z’Imana igihe kunguka ‘couple’ inaririmbana nk’uko hari andi asanzwe abikora.

Chryso Ndasingwa wavuze ko we na Sharon basanzwe bafitanye indirimbo ebyiri, iyitwa ‘Wera’ na ‘Yanyishyuriye’, yagize ati “ni indirimbo yaturutse mu buzima bwacu bw’umwuka, ariko nanone Imana yari yamaze gutegura byinshi birenze uko twari tubizi icyo gihe. Kandi koko, si ukwibeshya rwose urukundo rwacu rwaragiye rwigaragariza mu mwuka no mu ndirimbo mbere yuko rugaragarira bose. Twumva ari umugisha kuba turi couple iririmbana, dukorera Imana hamwe.”

Chryso Ndasingwa kandi yagarutse ku rugendo rw’urukundo rwabo, aho yavuze ko rwagiye rukurira mu bikorwa by’ivugabutumwa bakunze kujya bahuriramo.

Ati “Twabaye inshuti igihe kinini dusanze dusangiye indangagaciro, umurongo w’ubuzima, n’icyerekezo mu murimo w’Imana. Umwanzuro wo gukundana twawufashe mu gihe twari dusigaye dusenga cyane ku bijyanye n’abazafatanya natwe urugendo rw’ubuzima. Uko twasengeraga icyerekezo, ni ko Imana yagiye isobanura ibintu kugeza ubwo twari twizeye neza ko turi igisubizo cy’amasengesho yacu bombi.”

Imihango ya mbere yamaze kuba, aho umuryango w’umusore wamaze gufata irembo, ndetse akaba yaramaze no kumwambika impeta amusaba kuzamubera umugore, ndetse n’itariki y’ubukwe ikaba yaragiye hanze ari yo 22 Ugushyingo 2025.

Abajijwe niba hari icyo bateganyiriza abakunzi babo mbere y’ubukwe cyangwa nyuma yabwo, Chryso Ndasingwa yagize ati “Hari indirimbo nshya turi gutegura mbere y’ubukwe, harimo izo tuzasohora mu buryo bw’amashusho ndetse na zimwe zizaba kuri EP y’urukundo no gushima Imana.”

Agakomeza agira “Ariko icyo twizeza abakunzi bacu ni uko bazabona byinshi bitanga ihumure, ibyishimo, n’ishimwe, ndetse n’indirimbo zizatuma ubukwe bwacu bwumvikana no mu ijwi ryo kuramya Imana.”

Agenera ubutumwa umukunzi we, Chryso yagize ati “Sharon, uri umugisha Imana yampaye. Uri umunyempano, umunyabwenge, umunyamasengesho kandi uri inshuti yanjye ntasimburwa. Imana yarankunze cyane iguha mu buzima bwanjye. Ndakwizeza ko nzakomeza kuba uwo twasengeye, uwo twiyemeje, n’inshuti itazigera igucika. Uri indirimbo y’umutima wanjye.”

Chryso Ndasingwa na Sharon urukundo rwabo rugeze aharyoshye

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − sixteen =

Previous Post

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Next Post

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

Related Posts

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.