• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

radiotv10by radiotv10
01/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka itanu bakora bajya ku ishuri, ari imwe mu mpamvu ituma barivamo bakiri bato, bakavuga ko bakwiye kubakirwa ishuri ry’ibanze hafi.

Aba baturage bo mu Kagari ka Kagezi mu Murenge wa Gahengeri, bavuga ko aba bana bakora urugendo rw’ibilometero umunani bajya kwiga kuri GS Gahengeri.

Muhawenimana ati “Umwana w’imyaka itatu kugira ngo azamuke i Gahengeri bisaba ko nyina agenda amuhetse akamugezayo yarangiza akajya no kumucyura, bazamuka umusozi bavunitse.”

Mugenzi we witwa Kibibi Eustache avuga ko ibi bituma hari abana bazinukwa ishuri bakiri bato, bigatuma barivamo batarangije n’amashuri abanza.

Ati “Hano abana benshi bazinukwa ishuri bakiri bato bitewe n’urwo rugendo rurerure, wajya kubona umwana ageze nko mu wa kane ukabona umwana yaryanze ugasanga kujyayo ni uguhatiriza.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rwamagana ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, Umutoni Jeanne yavuze ko hari amashuri yubatswe mu bihe bya COVID-19 mu rwego rwo korohereza aba baturage nubwo ngo iki kibazo kigihari ariko ko bazakomeza kubaka andi uko ubushobozi buzagenda buboneka.

Ati “Bijyana n’igenamigambi. Hari icyo twagabanyije abaturage ba Kagezi bishimira ariko n’aho bavuga badashoboye na byo turabizi ariko urugendo twararugabanyije ugereranyije nuko byari bimeze, n’ahandi rero tuzakomeza tuyubaka uko ubushobozi buzagenda buboneka.”

Aba baturage bo muri Kagezi basaba ko iki kibazo cyashakirwa umuti urambye kuko ureyse kuba bigora aba bana, binabaviramo ibindi bibazo kuko nko mu bihe by’imvura hari abanyagirirwa nzira, bikanabaviramo uburwayi bwa hato na hato.

Aba bana ngo bafite ishuri ryiza ariko kugerayo ni ihurizo rikomeye
Bibasaba guterera imisozi
Ababyeyi basaba ko bakwegereza ishuri

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 12 =

Previous Post

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Next Post

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.