Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

radiotv10by radiotv10
03/07/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC inafite igikombe cya Shampiyona initegura kuzahagararira u Rwanda mu marushanwa nyafurika, yatangiye imyitozo igaragaramo amasura mashya y’abakinnyi iherutse kwinjzamo.

Iyi myitozo yabereye kuri stade Ikirenga i Shyorongi aho iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu isanzwe yitoreza, iyoborwa n’umutoza mushya TALEB ABDERRAHIM.

Byari biteganyijwe ko APR FC itangira imyitozo ku wa Kabiri ariko biza kwimurwaho umunsi umwe.

Abakinnyi hafi ya bose basanzwe bakinira iyi kipe n’abandi bashya yaguze b’Abanyarwanda, bitabiriye iyi myitozo yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Nyakanga 2025.

Abo bakinnyi b’Abanyarwanda bitabiriye imyitozo APR FC yaguze, ni umunyezamu wavuye muri As Kigali Hakizimana Adolphe, Ombolenga Fitina, Hakim Bugingo na Iraguha Hadji yaguze muri Rayon Sports FC, Ngabonziza Pacifique waguzwe muri Police FC na Nduwayo Alexis myugariro waguzwe muri Gasogi United.

Abakinnyi b’Abanyamahanga baguzwe n’iyi kipe, ntibagaragaye mu myitozo y’umunsi wa mbere wo kwitegura imikino y’umwaka wa 2025-2026.

Muri aba b’Abanyamahanga baguzwe na APR FC, Ni Umunya-Uganda Ssekiganda Ronald, ushobora kuzabanza gukina imikino ya CHAN na Uganda Cranes, dore ko ari ku rutonde rw’abakinnyi Morley Byekwaso yahamagaye azifashisha muri iyi mikino izatangira tariki 02 Kanama 2025, ndetse na Memel Raouf Dao Umunya-Burkina Faso ukina hagati asatira izamu.

Chairman wa APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa aherutse gutangaza ko iyi kipe isigaje kugura rutahizamu umwe igahita iva ku isoko ry’igura ry’abakinnyi.

APR FC itangiye imyitozo, mu gihe abafana bayo bateguye igikorwa cyiswe “APR FC ku ivuko” aho bazahurira ku Murindi wa Byumba mu Karere ka Gicumbi, hashingiwe iyi kipe mu 1993, bakazaba bizihiza imyaka 32 imaze ishinzwe n’imyaka 30 imaze ikina shampiyona yegukanye inshuro 22.

APR yatangiye imyitozo
Ombolenga uherutse kuyigarukamo na we yatangiranye n’abandi
Amasura mashya muri APR

Umutoza yatangiye gutanga amabwiriza
Adolphe umunyezamu mushya muri APR na we yatangiye imyitozo

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + seventeen =

Previous Post

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Next Post

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.