Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

radiotv10by radiotv10
03/07/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC inafite igikombe cya Shampiyona initegura kuzahagararira u Rwanda mu marushanwa nyafurika, yatangiye imyitozo igaragaramo amasura mashya y’abakinnyi iherutse kwinjzamo.

Iyi myitozo yabereye kuri stade Ikirenga i Shyorongi aho iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu isanzwe yitoreza, iyoborwa n’umutoza mushya TALEB ABDERRAHIM.

Byari biteganyijwe ko APR FC itangira imyitozo ku wa Kabiri ariko biza kwimurwaho umunsi umwe.

Abakinnyi hafi ya bose basanzwe bakinira iyi kipe n’abandi bashya yaguze b’Abanyarwanda, bitabiriye iyi myitozo yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Nyakanga 2025.

Abo bakinnyi b’Abanyarwanda bitabiriye imyitozo APR FC yaguze, ni umunyezamu wavuye muri As Kigali Hakizimana Adolphe, Ombolenga Fitina, Hakim Bugingo na Iraguha Hadji yaguze muri Rayon Sports FC, Ngabonziza Pacifique waguzwe muri Police FC na Nduwayo Alexis myugariro waguzwe muri Gasogi United.

Abakinnyi b’Abanyamahanga baguzwe n’iyi kipe, ntibagaragaye mu myitozo y’umunsi wa mbere wo kwitegura imikino y’umwaka wa 2025-2026.

Muri aba b’Abanyamahanga baguzwe na APR FC, Ni Umunya-Uganda Ssekiganda Ronald, ushobora kuzabanza gukina imikino ya CHAN na Uganda Cranes, dore ko ari ku rutonde rw’abakinnyi Morley Byekwaso yahamagaye azifashisha muri iyi mikino izatangira tariki 02 Kanama 2025, ndetse na Memel Raouf Dao Umunya-Burkina Faso ukina hagati asatira izamu.

Chairman wa APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa aherutse gutangaza ko iyi kipe isigaje kugura rutahizamu umwe igahita iva ku isoko ry’igura ry’abakinnyi.

APR FC itangiye imyitozo, mu gihe abafana bayo bateguye igikorwa cyiswe “APR FC ku ivuko” aho bazahurira ku Murindi wa Byumba mu Karere ka Gicumbi, hashingiwe iyi kipe mu 1993, bakazaba bizihiza imyaka 32 imaze ishinzwe n’imyaka 30 imaze ikina shampiyona yegukanye inshuro 22.

APR yatangiye imyitozo
Ombolenga uherutse kuyigarukamo na we yatangiranye n’abandi
Amasura mashya muri APR

Umutoza yatangiye gutanga amabwiriza
Adolphe umunyezamu mushya muri APR na we yatangiye imyitozo

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + fourteen =

Previous Post

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Next Post

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

by radiotv10
09/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports FC yasinyishije rutahizamu w’Umunyekongo, Chadrack Bingi Belo, aba umukinnyi mushya wa 6 uyisinyiye iyi kipe avuye...

Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
09/07/2025
0

Uwayezu Jean Fidèle wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports akaza kwegura, yagaragarijwe urukundo n’abakunzi b’iyi kipe, bamweretse ko bazirikana ibyo...

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

by radiotv10
08/07/2025
0

Rwanda is delighted to welcome three Arsenal Women Football Club Players Katie McCabe, Caitlin Foord and Laia Codina who landed...

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

by radiotv10
07/07/2025
0

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC yasinyishije rutahizamu w’Umunya- Côte d'Ivoire, William Togui Mel wari umaze iminsi avugwaho kuzinjira muri...

We are here to showcase how beautiful Rwanda is- Legend Jay-Jay Okocha after arriving in Rwanda

We are here to showcase how beautiful Rwanda is- Legend Jay-Jay Okocha after arriving in Rwanda

by radiotv10
07/07/2025
0

Two football icons with global recognition, Jay-Jay Okocha and Didier Domi, have arrived in Rwanda as part of a five-day...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

by radiotv10
11/07/2025
0

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

11/07/2025
Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

11/07/2025
Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.