• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

radiotv10by radiotv10
04/07/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
1
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nta mushinga w’amasezerano wari wagerwago ku buryo wasinywa mu biganiro biri kubera i Doha muri Qatar, nk’uko byari bikomeje kuvugwa ku mbuga nkoranyambaga byanatangajwe n’Umujyanama kuri Afurika wa Perezida Donald Trump.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Umuvuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 03 Nyakanga 2025.

Muri iri tangazo rivuga ko rigamije kumenyesha abantu bose, Kanyuma yatangiye agira ati “Nubwo dufite ubushake busesuye mu biganiro by’i Doha, nta mushinga w’amasezerano wari wagerwaho ku buryo washyirwaho umukono muri Qatar muri iki gihe, bitandikanye n’amakuru akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga ndetse n’ibyatangajwe kuri France 24 na Massad Boulos, Umujyanama kuri Afurika wa Perezida

Donald Trump.”

Ihuriro AFC/M23 rikomeza rigaragaza ko rigitegereje ko ubutegetsi bwa Kinshasa bushyiraho ingamba zikwiye kugarura icyizere zanatuma hakomeza guterwa intambwe mu kugera ku musaruro wifuzwa muri ibi biganiro bibera i Doha.

Kanyuma agasoza agira ati “Nk’uko byatangajwe mu kiganiro n’itangazamakuru cyabereye i Goma uyu munsi [ku wa Kane tariki 03 Nyakanga 2025], ubutegetsi bwa Kinshasa ni bwo bukomeje gutinza nkana ibiganiro, mu gihe AFC/M23 ikomeje kugaragaza ubushake bwuzuye.”

AFC/M23 itangaje ibi nyuma y’iminsi micye Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo isinyanye amasezerano n’iy’u Rwanda agamije kuzana amahoro mu burasirazuba bwa DRC, ariko agomba kuzajyanirana n’atagerejwe hagati y’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa n’iri Huriro AFC/M23 azava muri biriya biganiro bibera i Doha.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mukezangango jean Bosco says:
    11 months ago

    True News

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 8 =

Previous Post

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Next Post

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.