Tuesday, March 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

radiotv10by radiotv10
04/07/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
1
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nta mushinga w’amasezerano wari wagerwago ku buryo wasinywa mu biganiro biri kubera i Doha muri Qatar, nk’uko byari bikomeje kuvugwa ku mbuga nkoranyambaga byanatangajwe n’Umujyanama kuri Afurika wa Perezida Donald Trump.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Umuvuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 03 Nyakanga 2025.

Muri iri tangazo rivuga ko rigamije kumenyesha abantu bose, Kanyuma yatangiye agira ati “Nubwo dufite ubushake busesuye mu biganiro by’i Doha, nta mushinga w’amasezerano wari wagerwaho ku buryo washyirwaho umukono muri Qatar muri iki gihe, bitandikanye n’amakuru akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga ndetse n’ibyatangajwe kuri France 24 na Massad Boulos, Umujyanama kuri Afurika wa Perezida

Donald Trump.”

Ihuriro AFC/M23 rikomeza rigaragaza ko rigitegereje ko ubutegetsi bwa Kinshasa bushyiraho ingamba zikwiye kugarura icyizere zanatuma hakomeza guterwa intambwe mu kugera ku musaruro wifuzwa muri ibi biganiro bibera i Doha.

Kanyuma agasoza agira ati “Nk’uko byatangajwe mu kiganiro n’itangazamakuru cyabereye i Goma uyu munsi [ku wa Kane tariki 03 Nyakanga 2025], ubutegetsi bwa Kinshasa ni bwo bukomeje gutinza nkana ibiganiro, mu gihe AFC/M23 ikomeje kugaragaza ubushake bwuzuye.”

AFC/M23 itangaje ibi nyuma y’iminsi micye Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo isinyanye amasezerano n’iy’u Rwanda agamije kuzana amahoro mu burasirazuba bwa DRC, ariko agomba kuzajyanirana n’atagerejwe hagati y’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa n’iri Huriro AFC/M23 azava muri biriya biganiro bibera i Doha.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mukezangango jean Bosco says:
    9 months ago

    True News

    Reply

Leave a Reply to Mukezangango jean Bosco Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Next Post

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Related Posts

Umubare w’abahitanywe n’impanuka y’indege y’igisirikare cya Colombia wiyongereye

Umubare w’abahitanywe n’impanuka y’indege y’igisirikare cya Colombia wiyongereye

by radiotv10
24/03/2026
0

Umubare w’abahitanywe n’impanuka y’indege y’igisirikare cya Colombia, wazamutse ugera ku bantu 66, mu gihe abakomeretse ari 57. Iyi mpanuka y’indege...

Uwabaye muri Guverinoma ya Kenya yafungiwe guca igikuba

Uwabaye muri Guverinoma ya Kenya yafungiwe guca igikuba

by radiotv10
24/03/2026
0

Raphael Tuju wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri Guverinoma ya Kenya, yatawe muri yombi nyuma y’umunsi umwe bivugwa ko yaburiwe...

Igisubizo Kabila yahaye Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo wamusabye kuva i Goma

Igisubizo Kabila yatanze abajijwe niba atabona ko ari ikibazo kuba aba ahari icyicaro cya AFC/M23

by radiotv10
23/03/2026
0

Joseph Kabila wigeze kuba Perezida wa DRC, avuga ko kuba ari i Goma kandi hari icyicaro gikuru cy’Ihuriro AFC/M23 rirwanya...

Iran yahise itangaza uko izihimura igihe hashyirwa mu bikorwa umugambi watangajwe na Trump

Iran yahise itangaza uko izihimura igihe hashyirwa mu bikorwa umugambi watangajwe na Trump

by radiotv10
23/03/2026
0

Iran yatangaje ko yiteguye kugaba ibitero bikomeye ku bikorwaremezo by’amashanyarazi bya Israel, no ku bigo bitanga amashanyarazi ku birindiro bya...

Trump yatangaje icyizere kiri kugaragara mu biganiro na Iran

Trump yatangaje icyizere kiri kugaragara mu biganiro na Iran

by radiotv10
23/03/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yatangaje ko yategetse igisirikare kuba gihagaritse ibitero byibasira ibikorwa remezo by’amashanyarazi...

IZIHERUKA

Hagaragajwe uko umubare w’abarwayi b’igituntu mu Rwanda wagabanutse mu myaka 24
IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe uko umubare w’abarwayi b’igituntu mu Rwanda wagabanutse mu myaka 24

by radiotv10
24/03/2026
0

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

Polisi y’u Rwanda iravuga ko ntakirahinduka ku muhanda watangajwe ko utari nyabagendwa

24/03/2026
U Rwanda rwongeye gutabariza Abanyamulenge bo muri DRC rugaragaza ko guceceka ibibakorerwa ari ubufatanyacyaha

U Rwanda rwongeye gutabariza Abanyamulenge bo muri DRC rugaragaza ko guceceka ibibakorerwa ari ubufatanyacyaha

24/03/2026
Abakoresha umuhanda uhuza Umujyi wa Kigali n’Intara ebyiri bafite icyo basaba

Abakoresha umuhanda uhuza Umujyi wa Kigali n’Intara ebyiri bafite icyo basaba

24/03/2026
Umubare w’abahitanywe n’impanuka y’indege y’igisirikare cya Colombia wiyongereye

Umubare w’abahitanywe n’impanuka y’indege y’igisirikare cya Colombia wiyongereye

24/03/2026
Uwabaye muri Guverinoma ya Kenya yafungiwe guca igikuba

Uwabaye muri Guverinoma ya Kenya yafungiwe guca igikuba

24/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe uko umubare w’abarwayi b’igituntu mu Rwanda wagabanutse mu myaka 24

Polisi y’u Rwanda iravuga ko ntakirahinduka ku muhanda watangajwe ko utari nyabagendwa

U Rwanda rwongeye gutabariza Abanyamulenge bo muri DRC rugaragaza ko guceceka ibibakorerwa ari ubufatanyacyaha

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.