Umunyapolitiki Tibor Nagy wahoze ari Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Afurika, yavuze ko yicuza cyane kuba yarasabye Igihugu cye gushyigikira Felix Tshisekedi nk’uwatsinze amatora ya 2018, ariko ko yabikoze azi ko azazana itandukaniro, none yasanze yaribeshye cyane.
Uyu munyapolitiki yabitangaje nyuma yuko Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashimangiye ko ashaka kuzitoza manda ya gatatu, habanje kubaho guhindura Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu.
Tshisekedi ku wa Gatatu ubwo yaganira n’Itangazamakuru, yakoresheje imvugo ya politiki ko atifuza manda ya gatatu, ariko ko atayanga mu gihe byaba biri mu bushake bw’Abanyekongo, kuko ari bo akorera.
Muri iki kiganiro, yagize ati “Sinigeze nsaba manda ya gatatu, ariko ndakubwira: niba abaturage bashaka ko nyobora na manda ya gatatu, nzabyemera.”
Abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo ntibakozwa ibyo kuvugurura Itegeko Nshinga mu gihe Tshisekedi we, avuga ko ibyo na byo biri mu maboko ya rubanda.
Ati “Kuri njye, niba hagomba kubaho impinduka, ivugurura, cyangwa ikindi cyose gikenewe gukorwa, ntibizigera bibaho hatabayeho kugisha inama abaturage, abaturage ba Congo, ni ukuvuga binyuze muri referendumu.”
Yavuze kandi ko igihe intambara iri kubera mu burasirazuba bw’Igihugu cye, igihe yaba ikomeje, ngo nta matora yazaba muri 2028. Ati “Niba tudashobora kurangiza iyi ntambara, ikibabaje ni uko tutazashobora gukora amatora muri 2028.”
Perezida Tshisekedi uri kuyobora Congo muri manda ya kabiri, avugwaho kuba yaragiye ku butegetsi atabikwiye kuko manda ya mbere atari yayitsindiye nk’uko byemezwa n’abanyapolitiki banyuranye, barimo na Joseph Kabila yasimbuye.
Ubwo yagiraga icyo avuga kuri iyi nkuru yatangajwe na Africanews, umunyapolitiki w’Umunyamerika, Tibor Nagy wahoze ari Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Africa, yavuze ko yicuza cyane kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsinze amatora.
Yagize ati “Kimwe mu bintu nicuza kurusha ibindi nakoze ubwo nari Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Africa ni ukuba narasabye America ko ishyigikira Tshisekedi nk’uwatsinze amatora ya Congo yo muri 2018.”

Uyu munyapolitiki yakomeje avuga icyo yari yizeye ubwo yakoraga biriya. Ati “Natekerezaga ko azaba azanye itandukaniro kandi agateza imbere inyungu z’Abanyekongo. Mbega ukuntu nibeshye!”
Abanyapolitiki bafite ibigwi muri Congo, barimo na Kabila wahoze ayobora iki Gihugu, bemeza ko kuva Tshisekedi yajya ku butegetsi, yashyize mu kaga iki Gihugu, kuko ibibazo byakomeje kuba uruhuri, birimo n’ibishingiye kuba yarinjije amahanga mu bibazo byacyo.


RADIOTV10










