Friday, May 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

radiotv10by radiotv10
08/05/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Tibor Nagy wahoze ari Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Afurika, yavuze ko yicuza cyane kuba yarasabye Igihugu cye gushyigikira Felix Tshisekedi nk’uwatsinze amatora ya 2018, ariko ko yabikoze azi ko azazana itandukaniro, none yasanze yaribeshye cyane.

Uyu munyapolitiki yabitangaje nyuma yuko Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashimangiye ko ashaka kuzitoza manda ya gatatu, habanje kubaho guhindura Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu.

Tshisekedi ku wa Gatatu ubwo yaganira n’Itangazamakuru, yakoresheje imvugo ya politiki ko atifuza manda ya gatatu, ariko ko atayanga mu gihe byaba biri mu bushake bw’Abanyekongo, kuko ari bo akorera.

Muri iki kiganiro, yagize ati “Sinigeze nsaba manda ya gatatu, ariko ndakubwira: niba abaturage bashaka ko nyobora na manda ya gatatu, nzabyemera.”

Abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo ntibakozwa ibyo kuvugurura Itegeko Nshinga mu gihe Tshisekedi we, avuga ko ibyo na byo biri mu maboko ya rubanda.

Ati “Kuri njye, niba hagomba kubaho impinduka, ivugurura, cyangwa ikindi cyose gikenewe gukorwa, ntibizigera bibaho hatabayeho kugisha inama abaturage, abaturage ba Congo, ni ukuvuga binyuze muri referendumu.”

Yavuze kandi ko igihe intambara iri kubera mu burasirazuba bw’Igihugu cye, igihe yaba ikomeje, ngo nta matora yazaba muri 2028. Ati “Niba tudashobora kurangiza iyi ntambara, ikibabaje ni uko tutazashobora gukora amatora muri 2028.”

Perezida Tshisekedi uri kuyobora Congo muri manda ya kabiri, avugwaho kuba yaragiye ku butegetsi atabikwiye kuko manda ya mbere atari yayitsindiye nk’uko byemezwa n’abanyapolitiki banyuranye, barimo na Joseph Kabila yasimbuye.

Ubwo yagiraga icyo avuga kuri iyi nkuru yatangajwe na Africanews, umunyapolitiki w’Umunyamerika, Tibor Nagy wahoze ari Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Africa, yavuze ko yicuza cyane kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsinze amatora.

Yagize ati “Kimwe mu bintu nicuza kurusha ibindi nakoze ubwo nari Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Africa ni ukuba narasabye America ko ishyigikira Tshisekedi nk’uwatsinze amatora ya Congo yo muri 2018.”

Uyu munyapolitiki yakomeje avuga icyo yari yizeye ubwo yakoraga biriya. Ati “Natekerezaga ko azaba azanye itandukaniro kandi agateza imbere inyungu z’Abanyekongo. Mbega ukuntu nibeshye!”

Abanyapolitiki bafite ibigwi muri Congo, barimo na Kabila wahoze ayobora iki Gihugu, bemeza ko kuva Tshisekedi yajya ku butegetsi, yashyize mu kaga iki Gihugu, kuko ibibazo byakomeje kuba uruhuri, birimo n’ibishingiye kuba yarinjije amahanga mu bibazo byacyo.

Tibor Nagy avuga ko yasanze yaribeshye cyane

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − seven =

Previous Post

Uko imikino ya RDF Liberation Cup yagenze mu Ntara y’Amajyepfo

Related Posts

Nyuma y’ububiko bw’intwaro bwahiye ikindi gikorwa cyafashwe n’inkongi i Bujumbura mu Burundi

Nyuma y’ububiko bw’intwaro bwahiye ikindi gikorwa cyafashwe n’inkongi i Bujumbura mu Burundi

by radiotv10
07/05/2026
0

Isoko rya Kinama mu mujyi wa Bujumbura riri mu masoko akomeye mu Gihugu cy’u Burundi, ryafashwe n’inkongi y’umuriro, byinshi byarimo...

Umunyamabanga wa America yakiriwe na Papa nyuma yuko havuzwe guterana amagambo na Trump

Umunyamabanga wa America yakiriwe na Papa nyuma yuko havuzwe guterana amagambo na Trump

by radiotv10
07/05/2026
0

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Leo XIV yakiriye Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Marco Rubio, ugiriye...

Perezida wa Sudan y’Epfo yirukanye abayobozi bo hejuru babiri barimo Umugaba w’Ingabo

Perezida wa Sudan y’Epfo yirukanye abayobozi bo hejuru babiri barimo Umugaba w’Ingabo

by radiotv10
07/05/2026
0

Perezida wa Sudani y'Epfo, Salva Kiir yirukanye Umugaba Mukuru w'Ingabo z'iki Gihugu na Minisitiri w'Imari wari umaze amezi atarenze atatu...

Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza

Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza

by radiotv10
06/05/2026
0

Pereza Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko yabaye ahagaritse ibikorwa bya gisirikare byo gufungura inzira ya...

Polisi ya Uganda yafashe abarimo Abanya-Nigeria bakekwaho ibyaha bikomeye inafata intwaro n’imyambaro ya gisirikare

Polisi ya Uganda yafashe abarimo Abanya-Nigeria bakekwaho ibyaha bikomeye inafata intwaro n’imyambaro ya gisirikare

by radiotv10
06/05/2026
0

Polisi ya Uganda yataye muri yombi umuturage ukekwaho ibyaha by’ubugizi bwa nabi wo mu Karere ka Kisoro, n’Abanya-Nigeria babiri, muri...

IZIHERUKA

Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere
AMAHANGA

Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

by radiotv10
08/05/2026
0

Uko imikino ya RDF Liberation Cup yagenze mu Ntara y’Amajyepfo

Uko imikino ya RDF Liberation Cup yagenze mu Ntara y’Amajyepfo

08/05/2026
Minisitiri yagize icyo avuga kuri Gitifu wasize afungiye umusaza n’umukecuru mu Kagari akigira mu nama

Minisitiri yagize icyo avuga kuri Gitifu wasize afungiye umusaza n’umukecuru mu Kagari akigira mu nama

07/05/2026
Nyuma y’ububiko bw’intwaro bwahiye ikindi gikorwa cyafashwe n’inkongi i Bujumbura mu Burundi

Nyuma y’ububiko bw’intwaro bwahiye ikindi gikorwa cyafashwe n’inkongi i Bujumbura mu Burundi

07/05/2026
Igisubizo umunyamategeko ahaye abatumva uburyo Dj Toxxyk yafunguwe kandi yarahamijwe kwica

Igisubizo umunyamategeko ahaye abatumva uburyo Dj Toxxyk yafunguwe kandi yarahamijwe kwica

07/05/2026
Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

07/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

Uko imikino ya RDF Liberation Cup yagenze mu Ntara y’Amajyepfo

Minisitiri yagize icyo avuga kuri Gitifu wasize afungiye umusaza n’umukecuru mu Kagari akigira mu nama

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.