• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

radiotv10by radiotv10
02/06/2026
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by’agateganyo ishyirwaho ry’ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki Gihugu rwanakoze imyigarambyo rwamagana iby’iki kigo .

Ni imyigaragambyo yakozwe n’urubyiruko amagana biganjemo abo mu mujyi wa Nanyuki, bamaganye gahunda yo gushyiraho ikigo cyo gushyira mu kato abaturage b’Abanyamerika bashobora kuba barahuye n’icyorezo cya Ebola, giteganyijwe kubakwa ku kigo cya gisirikare cya Laikipia Air Base, aho muri muri Kenya.

Iyi myigaragambyo yabaye nyuma y’iminsi ibiri gusa, Urukiko Rukuru muri Kenya ruhagaritse by’agateganyo ishyirwaho ry’icyo kigo ndetse n’ibikorwa byose ryo kwakira abarwayi cyangwa abantu baturutse y’igihugu.

Urwego rukurikirana iyubahirizwa ry’itegeko nshinga muri Kenya, ruvuga ko  gahunda yo kwakira abantu baturutse hanze bashobora kuba banduye cyangwa bahuye na Ebola ishobora gushyira mu kaga ubuzima bw’Abanyakenya, bitewe n’uko urwego rw’ubuzima rwa Kenya rugifite intege nke kandi rutariteguye bihagije guhangana n’icyorezo nk’iki.

Abigaragambya nabo bagaragaje impungenge z’uko igihugu cyabo cyashobora guhura n’ingaruka zikomeye mu gihe Ebola yakwinjira cyangwa igakwira muri Kenya, basaba leta gushyira imbere umutekano n’ubuzima bw’abaturage bayo.

Kuwa kane w’icyumweru gishize, Nibwo  Abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika batangaje ko Amerika iteganya kohereza muri Kenya abaturage bayo bahuye n’icyorezo cya Ebola bari mu mahanga, aho kubasubiza iwabo muri Amerika.

Abo bayobozi batangaje ngo abo barwayi bashyirwa mu kigo cya gisirikare cya Laikipia Air Base, ndetse ko icyo gikorwa giteganyijwe gutangira gukora ku wa Gatanu.

Ibyo byatumye Ku wa Mbere, amagana y’urubyiruko rwo mu mujyi wa Nanyuki, rubyukira  ku marembo y’icyo kigo cya gisirikare, mu myigaragambyo bamagana, iyo gahunda yo kwakira abantu bashobora kuba barahuye na Ebola.

Gusa Minisitiri w’Ubuzima wa Kenya, Aden Duale, aheruka gutangaza ko icyo kigo cyo gushyira abantu mu kato kigenewe abantu bose kandi ko kitari kigamije kwakira gusa abaturage ba Amerika.

Ku ruhande rwa Amerika, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, yatangaje ko igihugu cye giteganya gutanga miliyoni 13.5 z’amadolari ya Amerika yo gufasha Kenya kwitegura no guhangana n’icyorezo cya Ebola.

Gusa Abayobozi bo mu gace ka Laikipia, barimo Guverineri Joshua Irungu, batangaje ko batavuga rumwe n’ishyirwaho ry’icyo kigo.

Joshua Irungu yagize ati: “Ibi bishobora gushyira abaturage bacu mu kaga ko kwandura Ebola.” Yongeyeho ati” abaturage benshi bo muri ako gace bakorera imbere muri icyo kigo cya gisirikare, bityo bakaba bashobora guhura n’ingaruka z’icyo cyorezo”

Kugeza ubu, Kenya ntiratangaza umuntu n’umwe wanduye Ebola. Icyakora, igihugu gituranyi cya Uganda kimaze kwemeza abantu icyenda banduye iyo ndwara ndetse cyanashyizeho ingamba zikomeye zirimo gufunga umupaka uhuza na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Kugeza ubu Muri Congo ho, hamaze kwemezwa nibura abantu 282 banduye Ebola, mu gihe hari abandi barenga 1,000 bakekwaho kuyandura. Icyorezo kiri kwibasira igihugu cyatewe na virusi yo mu bwoko bwa Bundibugyo, ubwoko bwa Ebola kugeza ubu butarabonerwa umuti cyangwa urukingo rwemewe gukoreshwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

How people stay financially stable

Next Post

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Next Post
Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.