• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Umugore yagiye gusengera ku musozi ngo abwire Imana ibyifuzo bye ahasiga ubuzima

radiotv10by radiotv10
08/05/2026
in MU RWANDA
0
Kigali: Umugore yagiye gusengera ku musozi ngo abwire Imana ibyifuzo bye ahasiga ubuzima
Share on FacebookShare on Twitter

Ku musozi uzwi nka Mont Kigali uherereye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, hapfiriye umugore wavuye mu rugo avuga ko agiye kuhasengera ngo abwire Imana ibyifuzo bye, ari kuwuzamuka, aranyerera yikubita mu mukoki ahasiga ubuzima.

Uyu mugore w’imyaka 39, yitabye Imana nyuma yo kunyerera, akikubita hasi, ahita ahasiga ubuzima nk’uko bitangazwa n’abaturage.

Amakuru avuga ko nyakwigendera witwa Hagenimana Gaudence, yari yavuye mu rugo abwiye umugabo we ko agiye gusenga, nyuma yo kugeza abana ku ishuri.

Abaturage bavuga ko ubwo yatereraga yerecyeza aho bari bagiye gusengera, yanyereye, akikubita hasi akagwa mu mukoki, ari na bwo yitabaga Imana.

Umwe mu baturage, yagize ati “Twumvise ngo umuntu yahanutse avuye ruguru ku musozi dusanga byarangiye.”

Undi muturage uvuga ko nyakwigendera yari umuturanyi, yagize ati “Asize abana, asize umuryango. Ikibazo kiri kuri uyu musozi ni uko abantu bahagize nk’urusengero, bakaba bahaza buri munsi.”

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellaris avuga ko ubusanzwe kuri uyu musozi, hari mu hantu habujijwe gukorera amasengesho, ndetse ko hashyizwe uburinzi, kugira ngo hatagira abajya kuhasengera.

Yagize ati “Dusanzwe tubuza abantu bajya gusengerayo ndetse n’ahandi bajya gukora ibikorwa bitemewe.”

Yakomeje agira ati “Turakangurira abaturage kwirinda ibikorwa byo kujya hariya hantu, ahantu hahanamye, hari imikingo, amabuye ndetse n’imikoki minini cyane nk’uko uyu nyakwigendera yawuguyemo.”

Ahantu nka hariya hakorerwa amasengesho, hari mu hafunzwe ubwo hakorwaga ubugenzuzi bw’insengero n’ahantu hakorerwa amasengesho mu buryo bushobora gushyira mu kaga ubuzima bw’abantu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − one =

Previous Post

Igihugu cya Botswana cyagize ibyago gipfusha uwakibereye Perezida

Next Post

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.