Friday, May 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Umugore yagiye gusengera ku musozi ngo abwire Imana ibyifuzo bye ahasiga ubuzima

radiotv10by radiotv10
08/05/2026
in MU RWANDA
0
Kigali: Umugore yagiye gusengera ku musozi ngo abwire Imana ibyifuzo bye ahasiga ubuzima
Share on FacebookShare on Twitter

Ku musozi uzwi nka Mont Kigali uherereye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, hapfiriye umugore wavuye mu rugo avuga ko agiye kuhasengera ngo abwire Imana ibyifuzo bye, ari kuwuzamuka, aranyerera yikubita mu mukoki ahasiga ubuzima.

Uyu mugore w’imyaka 39, yitabye Imana nyuma yo kunyerera, akikubita hasi, ahita ahasiga ubuzima nk’uko bitangazwa n’abaturage.

Amakuru avuga ko nyakwigendera witwa Hagenimana Gaudence, yari yavuye mu rugo abwiye umugabo we ko agiye gusenga, nyuma yo kugeza abana ku ishuri.

Abaturage bavuga ko ubwo yatereraga yerecyeza aho bari bagiye gusengera, yanyereye, akikubita hasi akagwa mu mukoki, ari na bwo yitabaga Imana.

Umwe mu baturage, yagize ati “Twumvise ngo umuntu yahanutse avuye ruguru ku musozi dusanga byarangiye.”

Undi muturage uvuga ko nyakwigendera yari umuturanyi, yagize ati “Asize abana, asize umuryango. Ikibazo kiri kuri uyu musozi ni uko abantu bahagize nk’urusengero, bakaba bahaza buri munsi.”

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellaris avuga ko ubusanzwe kuri uyu musozi, hari mu hantu habujijwe gukorera amasengesho, ndetse ko hashyizwe uburinzi, kugira ngo hatagira abajya kuhasengera.

Yagize ati “Dusanzwe tubuza abantu bajya gusengerayo ndetse n’ahandi bajya gukora ibikorwa bitemewe.”

Yakomeje agira ati “Turakangurira abaturage kwirinda ibikorwa byo kujya hariya hantu, ahantu hahanamye, hari imikingo, amabuye ndetse n’imikoki minini cyane nk’uko uyu nyakwigendera yawuguyemo.”

Ahantu nka hariya hakorerwa amasengesho, hari mu hafunzwe ubwo hakorwaga ubugenzuzi bw’insengero n’ahantu hakorerwa amasengesho mu buryo bushobora gushyira mu kaga ubuzima bw’abantu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Igihugu cya Botswana cyagize ibyago gipfusha uwakibereye Perezida

Related Posts

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa muri Sudani y’Epfo bashimiwe umuhate n’ubwitange byabaranze

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa muri Sudani y’Epfo bashimiwe umuhate n’ubwitange byabaranze

by radiotv10
08/05/2026
0

Ubuyobozi bw’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu mujyi wa Malakal muri Sudani y’Epfo, bwambitse imidali y’ishimwe Abapolisi b’u Rwanda 160 bagize itsinda...

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/05/2026
0

Abana babiri b’abakobwa biga mu Ishuri EAV Gitwe ryo mu Karere ka Ngoma, batawe muri yombi nyuma yo gukubita umukozi...

The Truth About “Being Your Own Boss” That No One Tells You

The Truth About “Being Your Own Boss” That No One Tells You

by radiotv10
08/05/2026
0

For many young people today, especially in fast-growing cities like Kigali, “being your own boss” has become more than just...

Minisitiri yagize icyo avuga kuri Gitifu wasize afungiye umusaza n’umukecuru mu Kagari akigira mu nama

Minisitiri yagize icyo avuga kuri Gitifu wasize afungiye umusaza n’umukecuru mu Kagari akigira mu nama

by radiotv10
07/05/2026
0

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Dominique Habimana yanenze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Cyandaro mu Karere ka Gicumbi wasize afungiranye mu Kagari umusaza...

Igisubizo umunyamategeko ahaye abatumva uburyo Dj Toxxyk yafunguwe kandi yarahamijwe kwica

Igisubizo umunyamategeko ahaye abatumva uburyo Dj Toxxyk yafunguwe kandi yarahamijwe kwica

by radiotv10
07/05/2026
0

Umunyamategeko Me Murangwa Faustin avuga ko nta mpaka zari zikwiye kuzamurwa n’abavuga ko batumva uburyo Dj Toxxyk yahawe ibihano bitarimo...

IZIHERUKA

Kigali: Umugore yagiye gusengera ku musozi ngo abwire Imana ibyifuzo bye ahasiga ubuzima
MU RWANDA

Kigali: Umugore yagiye gusengera ku musozi ngo abwire Imana ibyifuzo bye ahasiga ubuzima

by radiotv10
08/05/2026
0

Igihugu cya Botswana cyagize ibyago gipfusha uwakibereye Perezida

Igihugu cya Botswana cyagize ibyago gipfusha uwakibereye Perezida

08/05/2026
Key facts to know about Hantavirus raising global concern

Key facts to know about Hantavirus raising global concern

08/05/2026
Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa muri Sudani y’Epfo bashimiwe umuhate n’ubwitange byabaranze

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa muri Sudani y’Epfo bashimiwe umuhate n’ubwitange byabaranze

08/05/2026
Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

08/05/2026
Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

08/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kigali: Umugore yagiye gusengera ku musozi ngo abwire Imana ibyifuzo bye ahasiga ubuzima

Igihugu cya Botswana cyagize ibyago gipfusha uwakibereye Perezida

Key facts to know about Hantavirus raising global concern

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.