Friday, May 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umubyeyi ari mu byishimo nyuma y’imyaka 12 ategereje urubyaro

radiotv10by radiotv10
08/05/2026
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Umubyeyi ari mu byishimo nyuma y’imyaka 12 ategereje urubyaro
Share on FacebookShare on Twitter

Umubyeyi wo muri Leta ya Harari muri Ethiopia, yibarutse impanga z’abana batanu icyarimwe, nyuma y’imyaka 12 yarabuze urubyaro, aho avuga ko umugabo we yari yarasabye umwana mu wundi muryango kuko bari baramaze kwiheba ko batazabyara.

Uyu mubyeyi witwa Bedriya Adem w’imyaka 35 n’umugabo we bari mu byishimo byinshi nyuma yo “guhabwa umugisha w’abana batanu icyarimwe”

Abana batanu babyawe n’uyu mubyeyi, ni abahungu bane n’umukobwa umwe, kandi bose “bafite ubuzima bwiza” nyuma yo kuvukira mu bitaro byihariye bya Hiwot Fana, nk’uko buatangajwe n’ubuyobozi bwabyo.

Uyu mubyeyi aganira na BBC dukesha aya makuru, yagize “Sinshobora kugaragaza ibyishimo byanjye mu magambo.” Akanyuzamo akanibuka igihe yanyuzemo cyo “kwiheba n’umubabaro” byo kubura urubyaro, none Imana yamusubije.

Dr Mohammed Nur Abdulahi, Umuyobozi w’ibi bitaro yabyariyemo yavuze ko umubyeyi n’abana bakomeje kwitabwaho n’abaganga muri ibyo bitaro, abo abana bapimaga hagati y’ikilo 1,3 na 1.4.

Uyu muyobozi w’Ibitaro avuga ko ko abana bavutse barengeje ikilo kimwe baba bafite amahirwe menshi yo kubaho no gukura neza.

Uyu muganga yavuze ko Bedriya yasamye mu buryo busanzwe, hadakoreshejwe uburyo bwifashishwa bwo gutera inda mu buryo bwa ‘in vitro fertilisation’ dore ko iyi serivisi itanaba muri ibi Bitaro.

Uburyo bwo gutera inda buzwi nka ‘IVF’ ni bwo buzwiho kongera amahirwe yo kubyara abana benshi. Amahirwe yo gusama abana batanu mu buryo busanzwe ni hafi umwe muri miliyoni 55.

Muganga yavuze ko kubyara byabaye binyuze mu kwa muganga ku mugoroba wo ku wa Kabiri w’iki cyumweru.

Dr. Mohammed yavuze ko mu gihe uriya mubyeyi yari atwite “Yahawe ubuvuzi buhoraho kandi amenyeshwa ko yasamye abana barenze umwe. Yahawe ubufasha busesuye kandi bukwiye mu buvuzi.”

Bedriya yavuze ko yabanje kubwirwa ko atwite abana bane, ariko ubwo yabyaraga, yungutse undi mwana umwe, baba batanu.

Yagize ati “Nasengeye umwana umwe gusa, none dore Imana yampaye batanu.” Akavuga uko yumvaga ameze mu gihe.

Uyu mubyeyi avuga ko umugabo we yari asanzwe afite umwana yakuye mu wundi muryango, yari yarazanye ngo bibanire kuko bari bamaze igihe bategereje urubyaro barahebye.

Ati “Yakundaga kumbwira ko kumugira [uyu mwana utari uwabo] bihagije kandi ko ntagomba guhangayika, ariko mu mutima wanjye nari mfite agahinda, mu mutwe no mu marangamutima, kuko umudugudu wose wahoraga unyibazaho ko ntabyara.”

Yakomeje agira ati “Ibyo nahuye na byo mu bihe byashize bisa n’inzozi za kure, ntashaka no kwibuka. Namaze imyaka 12 ndi mu gahinda, nihisha, kandi nsenga buri gihe ngo zabone abana, amaherezo, Imana yaranyumvise.”

Uyu mubyeyi avuga ko asanzwe ari umuhinzi kandi ko atari azi neza uko azatunga umuryango we mushya “Ariko ndizera ko Imana izawutunga, binyuze mu nkunga y’umuryango wanjye na Leta.”

Bedriya Adem wibarutse abana batanu icyarimwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

The Truth About “Being Your Own Boss” That No One Tells You

Next Post

Uko imikino ya RDF Liberation Cup yagenze mu Ntara y’Amajyepfo

Related Posts

Former U.S. Official Deeply Regrets Backing Tshisekedi’s First-Term Victory

Former U.S. Official Deeply Regrets Backing Tshisekedi’s First-Term Victory

by radiotv10
08/05/2026
0

Former U.S. Assistant Secretary of State for African Affairs, Tibor Nagy, has said he deeply regrets advocating for the U.S....

Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

by radiotv10
08/05/2026
0

Umunyapolitiki Tibor Nagy wahoze ari Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Afurika, yavuze ko yicuza cyane kuba...

Nyuma y’ububiko bw’intwaro bwahiye ikindi gikorwa cyafashwe n’inkongi i Bujumbura mu Burundi

Nyuma y’ububiko bw’intwaro bwahiye ikindi gikorwa cyafashwe n’inkongi i Bujumbura mu Burundi

by radiotv10
07/05/2026
0

Isoko rya Kinama mu mujyi wa Bujumbura riri mu masoko akomeye mu Gihugu cy’u Burundi, ryafashwe n’inkongi y’umuriro, byinshi byarimo...

Umunyamabanga wa America yakiriwe na Papa nyuma yuko havuzwe guterana amagambo na Trump

Umunyamabanga wa America yakiriwe na Papa nyuma yuko havuzwe guterana amagambo na Trump

by radiotv10
07/05/2026
0

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Leo XIV yakiriye Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Marco Rubio, ugiriye...

Perezida wa Sudan y’Epfo yirukanye abayobozi bo hejuru babiri barimo Umugaba w’Ingabo

Perezida wa Sudan y’Epfo yirukanye abayobozi bo hejuru babiri barimo Umugaba w’Ingabo

by radiotv10
07/05/2026
0

Perezida wa Sudani y'Epfo, Salva Kiir yirukanye Umugaba Mukuru w'Ingabo z'iki Gihugu na Minisitiri w'Imari wari umaze amezi atarenze atatu...

IZIHERUKA

Former U.S. Official Deeply Regrets Backing Tshisekedi’s First-Term Victory
AMAHANGA

Former U.S. Official Deeply Regrets Backing Tshisekedi’s First-Term Victory

by radiotv10
08/05/2026
0

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

08/05/2026
Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

08/05/2026
Uko imikino ya RDF Liberation Cup yagenze mu Ntara y’Amajyepfo

Uko imikino ya RDF Liberation Cup yagenze mu Ntara y’Amajyepfo

08/05/2026
Umubyeyi ari mu byishimo nyuma y’imyaka 12 ategereje urubyaro

Umubyeyi ari mu byishimo nyuma y’imyaka 12 ategereje urubyaro

08/05/2026
The Truth About “Being Your Own Boss” That No One Tells You

The Truth About “Being Your Own Boss” That No One Tells You

08/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko imikino ya RDF Liberation Cup yagenze mu Ntara y’Amajyepfo

Uko imikino ya RDF Liberation Cup yagenze mu Ntara y’Amajyepfo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Former U.S. Official Deeply Regrets Backing Tshisekedi’s First-Term Victory

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.