Friday, May 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umwe mu bakinnyi babiri bakinana mu ikipe imwe bavugwaho ubushyamirane yabitanzeho umucyo

radiotv10by radiotv10
08/05/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umwe mu bakinnyi babiri bakinana mu ikipe imwe bavugwaho ubushyamirane yabitanzeho umucyo
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi Federico Valverde wa Real Madrid yashyize hanze ubutumwa burebure asobanura amakuru amaze iminsi avugwa ku kutumvikana ndetse no gushyamirana kwe na mugenzi we Aurélien Tchouaméni mu myitozo, ibintu byanamuviriyemo kujyanwa kwa muganga igitaraganya.

Valverde yavuze ko ikibazo cyatangiye nyuma y’imyitozo ikomeye bakoze bitegura umukino wa FC Barcelona, aho umunaniro n’umujinya w’ibyavuye muri iyo myitozo byatumye habaho kutumvikana hagati yabo. Yavuze ko ibintu nk’ibi bisanzwe bibaho mu rwambariro rw’ikipe, ariko ko byakajijwe n’amakuru yakwirakwijwe hanze, ndetse anashinja Tchouaméni kuba ari we washyize ayo makuru hanze.

Ati “Mu rwambariro ibintu nk’ibi bibaho kandi bikarangirira hagati y’abakinnyi ubwabo, ariko hari abantu bihutira kubikwirakwiza bigatuma byose bifata indi sura.”

Uyu Munya-Uruguay yasobanuye ko nyuma yongeye kugirana impaka na Tchouaméni, maze agonga ameza ku bw’impanuka bikamukomeretsa ku gahanga, bituma ajyanwa kwa muganga kugira ngo avurwe. Yashimangiye ko nta mukinnyi wakubise undi, ndetse ko amakuru avuga ko barwanye atari ukuri.

Ati “Nta na rimwe mugenzi wanjye yigeze ankubita cyangwa ngo nanjye mubikore. Nzi ko hari ababyifuza gutyo, ariko ntabwo ari byo byabaye.”

Valverde yavuze ko ababajwe cyane n’ibi bihe Real Madrid irimo kunyuramo, cyane cyane nyuma y’uko itabashije gutwara ibikombe yifuzaga muri uyu mwaka. Yongeyeho ko urukundo afitiye iyi kipe rwamugejeje aho atabasha guhisha amarangamutima ye.

Ati “Real Madrid ni kimwe mu bintu by’ingenzi cyane mu buzima bwanjye, ntabwo nshobora kwitwara nk’utabyitayeho.”

Yanasabye imbabazi abafana n’abakunzi ba Real Madrid kubera aya makuru yabaye inkuru ndende mu bitangazamakuru, ashimangira ko yiteguye gukorana n’ubuyobozi bw’ikipe ndetse na bagenzi be kugira ngo ikibazo gikemuke neza.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 18 =

Previous Post

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

Related Posts

Uko imikino ya RDF Liberation Cup yagenze mu Ntara y’Amajyepfo

Uko imikino ya RDF Liberation Cup yagenze mu Ntara y’Amajyepfo

by radiotv10
08/05/2026
0

Mu mikino ya RDF Liberation Cup mu Ntara y'Amajyepfo, ikipe ya Diviziyo ya 4, yongeye kwitwara neza, itsinda ikipe ya...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Arsenal nyuma yo gusezerera R.Madrid iyisubiriye

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yageze kuri final ya UEFA Champions League

by radiotv10
06/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yishimiye umukino wo kwishyura wa 1/2 cy’irangiza cy’igikombe cya UEFA Champions League, wahuje amakipe abiri yamamaza Visit...

Amakipe y’u Rwanda muri Handball yageze muri 1/2 mu mikino y’akarere

Amakipe y’u Rwanda muri Handball yageze muri 1/2 mu mikino y’akarere

by radiotv10
06/05/2026
0

I Addis Ababa muri Ethiopia hasojwe imikino y'amatsinda y'irushanwa IHF Trophy/Zone 5 mu mukino wa Handaball, aho amakipe y'u Rwanda...

Ikipe ya Mukura yatanze ikirego nyuma yuko umukinnyi wayo akubitiwe mu kibuga n’umusifuzi

Ikipe ya Mukura yatanze ikirego nyuma yuko umukinnyi wayo akubitiwe mu kibuga n’umusifuzi

by radiotv10
04/05/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya Mukura VS bwamaze gushyikiriza Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ikirego nyuma yuko umukinnyi wayo akubiswe umugeri...

Bitunguranye umunyabigwi wari uhanzwe amaso mu bahatanira kuyobora ruhago muri Congo yakuyemo kandidatire

Bitunguranye umunyabigwi wari uhanzwe amaso mu bahatanira kuyobora ruhago muri Congo yakuyemo kandidatire

by radiotv10
03/05/2026
0

Umunyabigwi Shabani Nonda wari mu bakandida 9 bahatanira kuyobora Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FECOFA), yakuyemo...

IZIHERUKA

Umwe mu bakinnyi babiri bakinana mu ikipe imwe bavugwaho ubushyamirane yabitanzeho umucyo
FOOTBALL

Umwe mu bakinnyi babiri bakinana mu ikipe imwe bavugwaho ubushyamirane yabitanzeho umucyo

by radiotv10
08/05/2026
0

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

08/05/2026
Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

08/05/2026
Uko imikino ya RDF Liberation Cup yagenze mu Ntara y’Amajyepfo

Uko imikino ya RDF Liberation Cup yagenze mu Ntara y’Amajyepfo

08/05/2026
Umubyeyi ari mu byishimo nyuma y’imyaka 12 ategereje urubyaro

Umubyeyi ari mu byishimo nyuma y’imyaka 12 ategereje urubyaro

08/05/2026
Former U.S. Official Deeply Regrets Backing Tshisekedi’s First-Term Victory

Former U.S. Official Deeply Regrets Backing Tshisekedi’s First-Term Victory

08/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe mu bakinnyi babiri bakinana mu ikipe imwe bavugwaho ubushyamirane yabitanzeho umucyo

Abanyeshuri babiri b’abakobwa bari mu maboko ya RIB

Uwahoze mu buyobozi bwa America aricuza bikomeye kuba yaremeje ko Tshisekedi yatsindiye manda ya mbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.