• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umwe mu bakinnyi babiri bakinana mu ikipe imwe bavugwaho ubushyamirane yabitanzeho umucyo

radiotv10by radiotv10
08/05/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umwe mu bakinnyi babiri bakinana mu ikipe imwe bavugwaho ubushyamirane yabitanzeho umucyo
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi Federico Valverde wa Real Madrid yashyize hanze ubutumwa burebure asobanura amakuru amaze iminsi avugwa ku kutumvikana ndetse no gushyamirana kwe na mugenzi we Aurélien Tchouaméni mu myitozo, ibintu byanamuviriyemo kujyanwa kwa muganga igitaraganya.

Valverde yavuze ko ikibazo cyatangiye nyuma y’imyitozo ikomeye bakoze bitegura umukino wa FC Barcelona, aho umunaniro n’umujinya w’ibyavuye muri iyo myitozo byatumye habaho kutumvikana hagati yabo. Yavuze ko ibintu nk’ibi bisanzwe bibaho mu rwambariro rw’ikipe, ariko ko byakajijwe n’amakuru yakwirakwijwe hanze, ndetse anashinja Tchouaméni kuba ari we washyize ayo makuru hanze.

Ati “Mu rwambariro ibintu nk’ibi bibaho kandi bikarangirira hagati y’abakinnyi ubwabo, ariko hari abantu bihutira kubikwirakwiza bigatuma byose bifata indi sura.”

Uyu Munya-Uruguay yasobanuye ko nyuma yongeye kugirana impaka na Tchouaméni, maze agonga ameza ku bw’impanuka bikamukomeretsa ku gahanga, bituma ajyanwa kwa muganga kugira ngo avurwe. Yashimangiye ko nta mukinnyi wakubise undi, ndetse ko amakuru avuga ko barwanye atari ukuri.

Ati “Nta na rimwe mugenzi wanjye yigeze ankubita cyangwa ngo nanjye mubikore. Nzi ko hari ababyifuza gutyo, ariko ntabwo ari byo byabaye.”

Valverde yavuze ko ababajwe cyane n’ibi bihe Real Madrid irimo kunyuramo, cyane cyane nyuma y’uko itabashije gutwara ibikombe yifuzaga muri uyu mwaka. Yongeyeho ko urukundo afitiye iyi kipe rwamugejeje aho atabasha guhisha amarangamutima ye.

Ati “Real Madrid ni kimwe mu bintu by’ingenzi cyane mu buzima bwanjye, ntabwo nshobora kwitwara nk’utabyitayeho.”

Yanasabye imbabazi abafana n’abakunzi ba Real Madrid kubera aya makuru yabaye inkuru ndende mu bitangazamakuru, ashimangira ko yiteguye gukorana n’ubuyobozi bw’ikipe ndetse na bagenzi be kugira ngo ikibazo gikemuke neza.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 12 =

Previous Post

Former U.S. Official Deeply Regrets Backing Tshisekedi’s First-Term Victory

Next Post

Umubyeyi ari mu byishimo nyuma y’imyaka 12 ategereje urubyaro

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Umubyeyi ari mu byishimo nyuma y’imyaka 12 ategereje urubyaro

Umubyeyi ari mu byishimo nyuma y’imyaka 12 ategereje urubyaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.