Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah yasabye urubyiruko kutajya rwihutira guca imanza ku bintu rudafiteho amakuru ahagije, nyuma yuko hari abazamuye impaka ku nzu y’umunyabugeni yabaye ihagaze ibikorwa byayo mu Mujyi wa Kigali.
Kuri uyu wa Kane tariki 07 Gicurasi, umunyabugeni King Ngabo, yashyize hanze itangazo rigaragaza ko inzu ye y’ubugeni izwi nka ‘Musée Ingabo’ yafunzwe by’agateganyo kubera ibibazo by’amadeni y’ubukode abereyemo Umujyi wa Kigali.
Nyuma y’iri tangazo abantu babivuzeho ibintu bitandukanye ku mbuga koranyambaga aho bamwe bavuze ko inzego za leta zakabaye zifasha abahanzi ari zo ziri kubaca intege.
Uwitwa Sam Ndagije ku rubuga rwa X, yavuze ko ibyabaye kuba kuri King Ngabo bisa n’ibyabaye kuri Migambi wamenyekanye nka Made in Rwanda, wigeze kuvuga ko yibwe umushinga wo kumurika no gucuruza ibikorwa bya made in Rwanda, byaberaga ahazwi nka Kigali Car Free Zone.
Nyuma y’impaka nyinshi kuri iyi ngingo, Minisitiri w’Urubyiruko n’iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yasabye urubyiruko kwirinda guca imanza muri dosiye batazi neza.
Yagize ati “Sam na Migambi, kuba urubyiruko byonyine, kuba umuhanzi byonyine, kugira umushinga mwiza byonyine, ntibihagije ngo bizakubyarire inyungu irambye, Iyo udakurikije ibyo wumvikanye n’izindi nzego kandi ukitegura no kugirwa inama. Mujye mwirinda guca imanza mu dosiye mutazi neza.”

Ikibazo cya Museum ingamo n’Umujyi wa Kigali giteye gite?
Mu itangazo ryashyizwe hanze na King Ngabo uyobora Ingabo Museum, yavuze iyi inzu ye y’ubugeni ifunze kubera amadeni y’ubukode batarabasha kwishyura ndetse ko umujyi wa Kigali wafatiriye ibihangano biyirimo.
Ku ruhande rw’umujyi wa Kigali bagaragaraza ko kuva muri Kanama 2023, kugera mu Ukuboza 2024, Ingabo Museum yahawe aho gukorera hazwi nk’Agaseke Center ku buntu nka bumwe mu buryo bwo gufasha no gutera inkunga ibikorwa by’ubuhanzi.
Nyuma y’uko umushinga umaze gukura ndetse n’abasura iyi nzu ndangamurage bakiyongera impande zombi zumvikanye amafaranga y’ubukode Ingabo Museum igomba kujya yishyura ku kwezi gusa amasezerano ntiyigeze yubahirizwa.
King Ngabo yagaragaje ko amafaranga y’ubukode yasabwe n’umujyi wa Kigali ari menshi ndetse atayabona.
Yagize ati “Mu 2025 nibwo batangiye kunsaba kwishyura amafaranga y’ubukode icyakora mbamenyesha ko ari menshi, bansabaga 1.400.000Frw ku kwezi njye mbabwira ko njye nabona 400.000Frw gusa ntibabyumva.”
Mu bihe bitandukanye yabayeho ibiganiro hagati ya Ingabo Museum, umujyi wa Kigali na minisiteri y’urubyiruko n’iterambere ry’ubuhanzi gusa byafashe ubusa.
Nyuma y’igihe ataremera kwishyura aya mafaranga, Ngabo yasabwe gusohoka mu nzu ahitamo guhita afunga kuko adafite amafaranga yo kwishyura.
Umujyi wa Kigali uvuga ko uzakomeza gufasha no gutera inkunga ibikorwa by’urubyiruko mu ruganda ndangamuco ariko ko ibi bidashobora gukorwa igihe abahawe amahirwe yo gukorera mu bikorwa rusange batubahariza inshingano zabo.
Umujyi wa Kigali kandi wagiriye inama n’abandi bose bakodeshejwe inyubako n’ibikorwa bya leta kubahiriza amasezerano bagiranye.
Ivomo: Umunota.com
RADIOTV10










