Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni 380Frw ariko akaba yemerewe kuzahabwa iya miliyoni 16 Frw na zo ntizitangwe n’iyo sisiyete, yagaragaje ko ashobora kujurira.
Uyu Gakumba Patrick uzwi nka Super Manager yari yareze MTN Rwanda PLC, ayishinja gukoresha igihangano cye mu bikorwa by’ubucuruzi kandi batabyumvikanyeho, ari na bwo yasabaga izo ndishyi ngo kuko yacyungukiyemo.
Urukiko rw’Ubucuruzi rufite icyicaro i Nyamirambo, rwatangaje icyemezo kuri iki kirego, rwemeza ko igihangano cy’uyu muhanzi, cyageze kuri MTN giturutse ku muyoboro wa YouTube witwa All In One na GB Rwanda.
Urukiko rw’Ubucuruzi rwavuze ko iyi miyoboro ari yo yahaye iya sosiyete y’Itumanaho igihangano cy’uyu muhanzi wari wayireze, biryo ko ari yo ikwiye kumwishyura indishyi ya miliyoni 16.
Uyu muhanzi unazwi mu biganiro ku miyoboro ya YouTube, yavuze ko nubwo yatsinze urubanza rwe, ariko atanyuzwe n’icyemezo cy’Urukiko.
Yagize ati “Kandi iyi All in one ubwayo ntikibaho, kandi nta n’ubwo ari yo yagicuruje [igihangano] cyacurujwe n’abitwa MTN ni na bo bagikoreshaga.”
Uyu muhanzi avuga ko iyo Miyoboro na yo yari yabanje kuvuga ko itari yaragiranye amasezerano na MTN, ahubwo ko amasezerano yabaye nyuma yuko atanze ikirego. Ati “Mu by’ukuri ntabwo nyuzwe nubwo ntsinze.”
Avuga ko kuba yatsinze abikesha imiyoborere myiza y’Igihugu cy’u Rwanda. Ati “Igihugu cyacu giha agaciro buri Munyarwanda n’ibyo akora bigahabwa agaciro, urabona kugira ngo umuntu ukomeye nka Perezida wa Repubulika agere aho atekereza sector yacu y’ubuhanzi adusinyire itegeko riturengera nonaho nka ntsinze, nabyo ni ibintu byiza cyane.”
Super Manager avuga ko nyuma yo gutsinda urubanza ariko ntanyurwe n’imikirize yarwo, yiteguye kujurira kuko Urukiko rwamwereye ko afite ubwo burenganzira mu gihe yaba yumva atanyuzwe.
RADIOTV10





