Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

radiotv10by radiotv10
09/07/2025
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Kagari ka Mwezi mu Murenge wa Karengera, mu Karere ka Nyamasheke, bahangayikishijwe n’imibereho y’umugabo wirukanywe mu nzu n’umugore we wasinyiye ko atakimushaka nyuma yo gufungwa amezi atatu na bwo bamwe bemeza ko byakozwe n’uwo bita umukire uvugwaho kwigarurira umugore we.

Ngirinshuti Clement wari usanzwe akora akazi ko gucuruza serivisi z’itumanaho (agent) mu isantere ya Mwezi ari na ho yagiye akura amafaranga we n’umugore bubatsemo inzu yasohowemo, avuga ko intonganya mu rugo zatangiye nyuma yuko umugore na we atangiye gukora aka kazi muri iyi santere.

Avuga ko byageze aho abaturage bamuha amakuru y’aho uwo bashakanye yari kumwe n’uwo bita umukire wo mu isantere ya Mwezi, undi na we agezeyo amena amacupa (amavide) abiri mu kabari k’uwo mukire bimubera intandaro yo gufungwa.

Ati “Nasanze umugore wanjye yicaye mu kabari n’umugabo uhora uteza amakimbirane mu rugo rwanjye mbona ibyo barimo atari byo, umujinya uranyica mena amavide.”

Akimara kumena aya macupa, Ngirinshuti yahise atoroka amara iminsi mu bwihisho nyuma aza guhamagarwa n’umugore we ngo naze umukire yamuhaye imbabazi, undi akigera mu rugo ahita afatwa ajyanwa kuri sitasiyo ya Ntendezi aho yamaze amezi atatu afunzwe, aho afunguriwe umugore yanga ko yinjira mu nzu.

Ati “Nkimara gufungurwa naramuhamagaye mbimumenyesha numva ntabyakiriye neza aranankupa. Mudugudu yamusabye ko nakwinjira mu nzu umugore ahita avuga ko atanshaka. Naje kubimenyesha Akagari tugera no ku Murenge abikorera inyandiko avuga ko atanshaka.”

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Karengera bwaje gufata umwanzuro w’uko umugabo yasohoka mu nzu bumuha imirima ibiri mu byo bafite ngo abe ari yo akuramo amafaranga yo gukodesha aho kuba none nay o ntirabona abayikodesha ku buryo atarabona aho kuba.

Ati “Ubu ngubu ni umuturage uri kugenda amfasha akampa ku cyo ndya, umugore yampaye imyenda micyeya, ubu nta n’ikintu mfite cyo kuryamaho, ndasaba ko bandenganura nkabona aho kuba kuko iyi nzu nubatse ingana gutya sinakabaye ndaraguza.”

Abaturanyi b’uyu muryango bagaya imyitwarire y’uyu mugore ndetse n’ibyo we n’uwo mukire bakorera mu maso ya rubanda, bavuga ko baterwa agahinda n’ibyo uyu mugabo yakorewe n’uwo bashakanye bakagaya icyemezo ubuyobozi bwabifasheho.

Mpamo Alphonse ati “Natwe abaturage turarira. Nanjye ubu agahinda gahise gatuma ndira kandi ndi umuntu w’umugabo. Uzi kubona umuntu abuzwa uburengazira mu bintu bye?”

Nyirabaziki Nadine na we ati “Ni ikibazo gikomeye ndeste cyanababaje aba bantu bose ubona aha. Umudugudu wose twarumiwe twararize twarahogoye.”

Aba baturage bakomeza bavuga ko kuva umugore ari we wavuze ko atagikeneye uyu mugabo yakabaye ari we usohoka mu nzu kuko yayimusanzemo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Agateganyo w’Umurenge wa Karengera, Mbanenande Jean Damascene avuga ko ubuyobozi bwabaye bufashe umwanzuro w’uko umugabo agenda mu rwego rwo kurengera abana.

Ati “Nk’umugabo ufunguwe kandi bivugwa ko yafungishijwe n’umugore bakaba batari bubane mu nzu kandi bafite abana bato, abo kurebwaho bwa mbere ni abana si umugore cyangwa umugabo. Kandi kuba abana bakiri bato bagomba kuba babana na nyina. Urumva wajya kuvuga ngo abana nibagende gusembera na nyina? Urumva wabikora wowe?”

Umugore uvugwaho ubushoreke bwanabaye intandaro y’ibi bibazo byose, ntiyemeye kugira icyo abivugaho kuko ubwo umunyamakuru yageraga ku irembo iwe yahise yikingirana mu nzu avugira kuri telephone ko yatewe.

Ni mu gihe uwo bita umukire bamwe bavuga ko ari we wihishe inyuma y’isenyuka ry’uru rugo yabwiye umunyamakuru ko ari ibinyoma bigamije kumusebya kandi ko yiteguye kwitabaza inkiko mu gihe yaba yasebejwe muri ubwo buryo.

Ibi bibaye kuri uyu muryango nyuma y’imyaka 12 babanye aho baje gufata umwanzuro wo gushyingirwa byemewe n’amategeko nyuma y’imyaka itanu babana ndetse bakubaka inzu mu kibanza uyu mugabo yari yaraguze akiri umusore.

Iwe ahareba ahanyuzeho ariko ntiyahinjira
Inzu yahozemo yayisohowemo
Abaturanyi bavuga ko ibyakozwe bidakwiye

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + thirteen =

Previous Post

Abantu 9 bo mu muryango wa Tshisekedi barezwe mu kirego cyatanzwe mu Bubiligi

Next Post

Kigali: Abagabo batatu baguwe gitumo mu ijoro bari mu bikorwa bitemewe

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

by radiotv10
03/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko rufunze abagabo batatu bafatanywe amahembe y’inzovu yaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bayatwaye mu...

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

by radiotv10
03/11/2025
0

Mondays are hard. After a relaxing weekend, it’s easy to put off work, scroll on your phone, or tell yourself,...

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

by radiotv10
03/11/2025
0

Inzu isanzwe ari icumbi ry’abanyeshuri mu ishuri rya IWE (Institute Of Women For Excellence) Secondary School riherereye mu Karere ka...

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

by radiotv10
03/11/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi, yafashe itsinda ry’abantu batanu barimo umugore umwe, bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano, birimo ubujura...

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri, Madamu Jeannette Kagame yasabye Abanyarwanda gukomeza kwimakaza Ihame ntakukuka ry’Ubunyarwanda, abibutsa ko gahunda ya...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora
AMAHANGA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

03/11/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

03/11/2025
Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Abagabo batatu baguwe gitumo mu ijoro bari mu bikorwa bitemewe

Kigali: Abagabo batatu baguwe gitumo mu ijoro bari mu bikorwa bitemewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.