Wednesday, July 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

radiotv10by radiotv10
09/07/2025
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Kagari ka Mwezi mu Murenge wa Karengera, mu Karere ka Nyamasheke, bahangayikishijwe n’imibereho y’umugabo wirukanywe mu nzu n’umugore we wasinyiye ko atakimushaka nyuma yo gufungwa amezi atatu na bwo bamwe bemeza ko byakozwe n’uwo bita umukire uvugwaho kwigarurira umugore we.

Ngirinshuti Clement wari usanzwe akora akazi ko gucuruza serivisi z’itumanaho (agent) mu isantere ya Mwezi ari na ho yagiye akura amafaranga we n’umugore bubatsemo inzu yasohowemo, avuga ko intonganya mu rugo zatangiye nyuma yuko umugore na we atangiye gukora aka kazi muri iyi santere.

Avuga ko byageze aho abaturage bamuha amakuru y’aho uwo bashakanye yari kumwe n’uwo bita umukire wo mu isantere ya Mwezi, undi na we agezeyo amena amacupa (amavide) abiri mu kabari k’uwo mukire bimubera intandaro yo gufungwa.

Ati “Nasanze umugore wanjye yicaye mu kabari n’umugabo uhora uteza amakimbirane mu rugo rwanjye mbona ibyo barimo atari byo, umujinya uranyica mena amavide.”

Akimara kumena aya macupa, Ngirinshuti yahise atoroka amara iminsi mu bwihisho nyuma aza guhamagarwa n’umugore we ngo naze umukire yamuhaye imbabazi, undi akigera mu rugo ahita afatwa ajyanwa kuri sitasiyo ya Ntendezi aho yamaze amezi atatu afunzwe, aho afunguriwe umugore yanga ko yinjira mu nzu.

Ati “Nkimara gufungurwa naramuhamagaye mbimumenyesha numva ntabyakiriye neza aranankupa. Mudugudu yamusabye ko nakwinjira mu nzu umugore ahita avuga ko atanshaka. Naje kubimenyesha Akagari tugera no ku Murenge abikorera inyandiko avuga ko atanshaka.”

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Karengera bwaje gufata umwanzuro w’uko umugabo yasohoka mu nzu bumuha imirima ibiri mu byo bafite ngo abe ari yo akuramo amafaranga yo gukodesha aho kuba none nay o ntirabona abayikodesha ku buryo atarabona aho kuba.

Ati “Ubu ngubu ni umuturage uri kugenda amfasha akampa ku cyo ndya, umugore yampaye imyenda micyeya, ubu nta n’ikintu mfite cyo kuryamaho, ndasaba ko bandenganura nkabona aho kuba kuko iyi nzu nubatse ingana gutya sinakabaye ndaraguza.”

Abaturanyi b’uyu muryango bagaya imyitwarire y’uyu mugore ndetse n’ibyo we n’uwo mukire bakorera mu maso ya rubanda, bavuga ko baterwa agahinda n’ibyo uyu mugabo yakorewe n’uwo bashakanye bakagaya icyemezo ubuyobozi bwabifasheho.

Mpamo Alphonse ati “Natwe abaturage turarira. Nanjye ubu agahinda gahise gatuma ndira kandi ndi umuntu w’umugabo. Uzi kubona umuntu abuzwa uburengazira mu bintu bye?”

Nyirabaziki Nadine na we ati “Ni ikibazo gikomeye ndeste cyanababaje aba bantu bose ubona aha. Umudugudu wose twarumiwe twararize twarahogoye.”

Aba baturage bakomeza bavuga ko kuva umugore ari we wavuze ko atagikeneye uyu mugabo yakabaye ari we usohoka mu nzu kuko yayimusanzemo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Agateganyo w’Umurenge wa Karengera, Mbanenande Jean Damascene avuga ko ubuyobozi bwabaye bufashe umwanzuro w’uko umugabo agenda mu rwego rwo kurengera abana.

Ati “Nk’umugabo ufunguwe kandi bivugwa ko yafungishijwe n’umugore bakaba batari bubane mu nzu kandi bafite abana bato, abo kurebwaho bwa mbere ni abana si umugore cyangwa umugabo. Kandi kuba abana bakiri bato bagomba kuba babana na nyina. Urumva wajya kuvuga ngo abana nibagende gusembera na nyina? Urumva wabikora wowe?”

Umugore uvugwaho ubushoreke bwanabaye intandaro y’ibi bibazo byose, ntiyemeye kugira icyo abivugaho kuko ubwo umunyamakuru yageraga ku irembo iwe yahise yikingirana mu nzu avugira kuri telephone ko yatewe.

Ni mu gihe uwo bita umukire bamwe bavuga ko ari we wihishe inyuma y’isenyuka ry’uru rugo yabwiye umunyamakuru ko ari ibinyoma bigamije kumusebya kandi ko yiteguye kwitabaza inkiko mu gihe yaba yasebejwe muri ubwo buryo.

Ibi bibaye kuri uyu muryango nyuma y’imyaka 12 babanye aho baje gufata umwanzuro wo gushyingirwa byemewe n’amategeko nyuma y’imyaka itanu babana ndetse bakubaka inzu mu kibanza uyu mugabo yari yaraguze akiri umusore.

Iwe ahareba ahanyuzeho ariko ntiyahinjira
Inzu yahozemo yayisohowemo
Abaturanyi bavuga ko ibyakozwe bidakwiye

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − eleven =

Previous Post

Abantu 9 bo mu muryango wa Tshisekedi barezwe mu kirego cyatanzwe mu Bubiligi

Next Post

Kigali: Abagabo batatu baguwe gitumo mu ijoro bari mu bikorwa bitemewe

Related Posts

HOME POINT Expands to Kicukiro, Marking 15 Years of Excellence in Rwanda’s Electronics Market

HOME POINT Expands to Kicukiro, Marking 15 Years of Excellence in Rwanda’s Electronics Market

by radiotv10
09/07/2025
0

HOME POINT, one of Rwanda’s most trusted electronics and home appliance retailers, has opened a new branch in Kicukiro, Kigali,...

Kigali: Abagabo batatu baguwe gitumo mu ijoro bari mu bikorwa bitemewe

Kigali: Abagabo batatu baguwe gitumo mu ijoro bari mu bikorwa bitemewe

by radiotv10
09/07/2025
0

Abagabo batatu bafatiwe mu cyuho bari gutekera kanyanga mu rugo rw’umwe muri bo ruherereye mu Murenge wa Gikomero mu Karere...

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

by radiotv10
09/07/2025
0

Abaturage bo mu Murenge wa Nyamugari mu Karere ka Kirehe, baravuga ko bahawe ubutaka na Leta ngo bakoreremo ubucukuzi bw’Amabuye...

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

by radiotv10
08/07/2025
0

Abantu batanu barimo umugore umwe baregwa kwica umugabo bamukase ijosi bamusanze mu rugo iwe mu Murenge wa Ngoma mu Karere...

IZIHERUKA

HOME POINT Expands to Kicukiro, Marking 15 Years of Excellence in Rwanda’s Electronics Market
MU RWANDA

HOME POINT Expands to Kicukiro, Marking 15 Years of Excellence in Rwanda’s Electronics Market

by radiotv10
09/07/2025
0

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

09/07/2025
Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

09/07/2025
Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

09/07/2025
Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

09/07/2025
Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

09/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Abagabo batatu baguwe gitumo mu ijoro bari mu bikorwa bitemewe

Kigali: Abagabo batatu baguwe gitumo mu ijoro bari mu bikorwa bitemewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

HOME POINT Expands to Kicukiro, Marking 15 Years of Excellence in Rwanda’s Electronics Market

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.