• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Bwongereza bwatangaje icyizere bufitiye amasezerano y’u Rwanda na Congo nyuma y’ikiganiro na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
10/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Bwongereza bwatangaje icyizere bufitiye amasezerano y’u Rwanda na Congo nyuma y’ikiganiro na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’Amahanga mu Bwongereza, David Lammy; yatangaje ko yavuganye na Perezida Paul Kagame, ashima intambwe iri guterwa mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Ibyumweru bibiri bigiye kuzura Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zishyize umukono ku masezerano y’amahoro, agamije gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC.

Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Ububanyi n’Amahanga w’u Bwongereza, David Lammy mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Nyakanga 2025, yatangaje ko aya masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na DRC ari mu bitanga icyizere mu kugarura amahoro n’ituze mu karere ibi Bihugu byombi (u Rwanda na DRC) biherereyemo.

Mu butumwa yanyujije kuri X, David Lammy yagize ati “Amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na DRC, n’ibiganiro hagati ya M23 na DRC biri kubera muri Qatar, biratanga amahirwe y’amahoro n’ituze birambye mu karere.”

Yakomeje agira ati “Navuganye na Paul Kagame mu kwishimira iyi ntambwe no gushimangira ko impande zose zikwiye gushyira mu bikorwa amasezerano.”

Muri Gashyantare uyu mwaka wa 2025, David Lammy yagiriye urzinduko mu Rwanda, yakirwa na Perezida Paul Kagame mu Biro bye, bagirana ibiganiro byagarutse no ku bibazo byo mu burasirazuba bwa DRC.

Icyo gihe Perezida Kagame yari yabwiye uyu ukuriye Dipolomasi y’u Bwongereza, ko u Rwanda rufite ubushake buhagije mu gushaka umuti w’ibibazo bihari, ariko ko nanone umutekano w’u Rwanda ugomba kwitabwaho kandi ugahabwa agaciro.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, na we kuri uyu wa Gatatu ubwo yakiraga bamwe mu Bakuru b’Ibihugu byo ku Mugabane w’u Burayi, yagarutse kuri aya masezerano yasinyiwe i Washington DC hagati y’u Rwanda na DRC, avuga ko yaje aje kurangiza intambara n’ibibazo bimaze imyaka 30 mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Trump yavuze kandi ko mu byumweru bicye biri imbere ateganya kwakira Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda na DRC; bagashyira umukono ku masezerano ya nyuma, azaza ashimangira aherutse gushyirwaho umukono n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − two =

Previous Post

What time does Kigali really wake up?- A journey through Kigali morning streets

Next Post

Eng.- Trump confirms he will meet Presidents of Rwanda and DR Congo in the coming weeks

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Eng.- Trump confirms he will meet Presidents of Rwanda and DR Congo in the coming weeks

Eng.- Trump confirms he will meet Presidents of Rwanda and DR Congo in the coming weeks

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.