Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Bwongereza bwatangaje icyizere bufitiye amasezerano y’u Rwanda na Congo nyuma y’ikiganiro na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
10/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Bwongereza bwatangaje icyizere bufitiye amasezerano y’u Rwanda na Congo nyuma y’ikiganiro na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’Amahanga mu Bwongereza, David Lammy; yatangaje ko yavuganye na Perezida Paul Kagame, ashima intambwe iri guterwa mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Ibyumweru bibiri bigiye kuzura Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zishyize umukono ku masezerano y’amahoro, agamije gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC.

Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Ububanyi n’Amahanga w’u Bwongereza, David Lammy mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Nyakanga 2025, yatangaje ko aya masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na DRC ari mu bitanga icyizere mu kugarura amahoro n’ituze mu karere ibi Bihugu byombi (u Rwanda na DRC) biherereyemo.

Mu butumwa yanyujije kuri X, David Lammy yagize ati “Amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na DRC, n’ibiganiro hagati ya M23 na DRC biri kubera muri Qatar, biratanga amahirwe y’amahoro n’ituze birambye mu karere.”

Yakomeje agira ati “Navuganye na Paul Kagame mu kwishimira iyi ntambwe no gushimangira ko impande zose zikwiye gushyira mu bikorwa amasezerano.”

Muri Gashyantare uyu mwaka wa 2025, David Lammy yagiriye urzinduko mu Rwanda, yakirwa na Perezida Paul Kagame mu Biro bye, bagirana ibiganiro byagarutse no ku bibazo byo mu burasirazuba bwa DRC.

Icyo gihe Perezida Kagame yari yabwiye uyu ukuriye Dipolomasi y’u Bwongereza, ko u Rwanda rufite ubushake buhagije mu gushaka umuti w’ibibazo bihari, ariko ko nanone umutekano w’u Rwanda ugomba kwitabwaho kandi ugahabwa agaciro.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, na we kuri uyu wa Gatatu ubwo yakiraga bamwe mu Bakuru b’Ibihugu byo ku Mugabane w’u Burayi, yagarutse kuri aya masezerano yasinyiwe i Washington DC hagati y’u Rwanda na DRC, avuga ko yaje aje kurangiza intambara n’ibibazo bimaze imyaka 30 mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Trump yavuze kandi ko mu byumweru bicye biri imbere ateganya kwakira Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda na DRC; bagashyira umukono ku masezerano ya nyuma, azaza ashimangira aherutse gushyirwaho umukono n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + nine =

Previous Post

What time does Kigali really wake up?- A journey through Kigali morning streets

Next Post

Eng.- Trump confirms he will meet Presidents of Rwanda and DR Congo in the coming weeks

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.- Trump confirms he will meet Presidents of Rwanda and DR Congo in the coming weeks

Eng.- Trump confirms he will meet Presidents of Rwanda and DR Congo in the coming weeks

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.