Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Bwongereza bwatangaje icyizere bufitiye amasezerano y’u Rwanda na Congo nyuma y’ikiganiro na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
10/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Bwongereza bwatangaje icyizere bufitiye amasezerano y’u Rwanda na Congo nyuma y’ikiganiro na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’Amahanga mu Bwongereza, David Lammy; yatangaje ko yavuganye na Perezida Paul Kagame, ashima intambwe iri guterwa mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Ibyumweru bibiri bigiye kuzura Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zishyize umukono ku masezerano y’amahoro, agamije gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC.

Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Ububanyi n’Amahanga w’u Bwongereza, David Lammy mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Nyakanga 2025, yatangaje ko aya masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na DRC ari mu bitanga icyizere mu kugarura amahoro n’ituze mu karere ibi Bihugu byombi (u Rwanda na DRC) biherereyemo.

Mu butumwa yanyujije kuri X, David Lammy yagize ati “Amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na DRC, n’ibiganiro hagati ya M23 na DRC biri kubera muri Qatar, biratanga amahirwe y’amahoro n’ituze birambye mu karere.”

Yakomeje agira ati “Navuganye na Paul Kagame mu kwishimira iyi ntambwe no gushimangira ko impande zose zikwiye gushyira mu bikorwa amasezerano.”

Muri Gashyantare uyu mwaka wa 2025, David Lammy yagiriye urzinduko mu Rwanda, yakirwa na Perezida Paul Kagame mu Biro bye, bagirana ibiganiro byagarutse no ku bibazo byo mu burasirazuba bwa DRC.

Icyo gihe Perezida Kagame yari yabwiye uyu ukuriye Dipolomasi y’u Bwongereza, ko u Rwanda rufite ubushake buhagije mu gushaka umuti w’ibibazo bihari, ariko ko nanone umutekano w’u Rwanda ugomba kwitabwaho kandi ugahabwa agaciro.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, na we kuri uyu wa Gatatu ubwo yakiraga bamwe mu Bakuru b’Ibihugu byo ku Mugabane w’u Burayi, yagarutse kuri aya masezerano yasinyiwe i Washington DC hagati y’u Rwanda na DRC, avuga ko yaje aje kurangiza intambara n’ibibazo bimaze imyaka 30 mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Trump yavuze kandi ko mu byumweru bicye biri imbere ateganya kwakira Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda na DRC; bagashyira umukono ku masezerano ya nyuma, azaza ashimangira aherutse gushyirwaho umukono n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + eighteen =

Previous Post

What time does Kigali really wake up?- A journey through Kigali morning streets

Next Post

Eng.- Trump confirms he will meet Presidents of Rwanda and DR Congo in the coming weeks

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.- Trump confirms he will meet Presidents of Rwanda and DR Congo in the coming weeks

Eng.- Trump confirms he will meet Presidents of Rwanda and DR Congo in the coming weeks

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.