Wednesday, February 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
15/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’uburezi mu Rwanda zitangaza ko umwaka w’amashuri utaha, uzatangirana n’impinduka zirimo kuba abiga mu cyiro cya mbere cy’amashuri abanza, bazajya batangira amasomo saa mbiri za mu gitondo, ndetse no kuba amashami yigishwa mu mashuri yisumbuye, azahuzwa hagendewe ku masomo y’ingenzi atangwamo.

Izi mpinduka zizatangirana n’umuwaka w’amashuri wa 2025-2026, zigaragaza ko amashami asanzwe ahujwe (combinations) mu masomo y’ubumenyi (science), yagiye ahuzwa, ku buryo abigaga mu mashami arenze abiri bazajya bahuzwa bakigira hamwe.

Umuyobozi Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi REB, Mutezigaju Flora yagaragaje izi mpinduka, aho yavuze ko nk’abigaga amashami ya MCB (Mathematics Chemistry and Biology), PCB (Physics Chemistry and Biology), na PCM (Physics Chemistry and Mathematics), bazahuzwa bashyirwe mu gice cy’Imibare n’Ubumenyi ku rwego rwa mbere (Mathematics and Science-Stream 1).

Naho abigaga andi mashami, nka MEG (Mathematics Economics and Geography), MCE (Mathematics Chemistry and Economics), MPC (Mathematics Physics and Chemistry), MPG (Mathematics Physics and Geography) na bo bazahuzwa bajye mu Mibare n’Ubumenyi ariko byo ku cyiciro cya kabiri (Mathematics and Science-Stream 2).

Naho abigaga amashami nka HGLE (History Geography and Literature in English) na HLP (History Literature and Psychology) bazajya biga ishami ryiswe Arts in Humanities.

Hari kandi abigaga amashami ahujwe ajyanye n’indimi, nk’abigaga combination ya LEFK (Literature in English, French and Kinyarwanda) ndetse hakaba n’abigaga ishami rya English, French and Kiswahili, aho ubu nabo bazajya bafata ishami ry’indimi zose (Kinyarwanda, English, French and Kiswahili) bakazigira hamwe.

 

Amavugurura akomeye mu bihe byo kwiga

Uretse izi mpinduka zizagaragara mu mashami yigishwa mu mashuri yisumbuye, mu mwaka w’amashuri utaha, isaha yo gutangiriraho amasomo izajya iba ari saa mbiri za mu gitondo ku banyeshuri biga mu cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza.

Mutezigaju Flora avuga ko kwigiza imbere amasaha yo gutangiriraho amasomo, byatewe n’imbogamizi zagaragaraga mu bigo bimwe by’amashuri z’umwanya muto wo kwiga.

Ati “Aha habaye amavugurura navuga ko akomeye na byo bitewe n’ibyo abarimu batubwiraga, baratubwiraga bati ‘integanyagisho ntabwo umwana ashobora kuzayirangiza habe na gato, ni ndende cyane’, dusanga rero amashuri menshi dufite yiga mu cyo twita ingunga ebyiri, kwiga ingunga ebyiri ntabwo wabasha kubona periode 40 [igihe gitangirwamo isomo rimwe] mu cyumweru cyangwa se umunani ku munsi.”

Avuga ko iyo abanyeshuri biga ingunga ebyiri ku munsi, nibura bashobora kwiga periode 25 mu cyumweru cyangwa eshanu ku munsi.

Ati “Turavuga tuti ‘kugira ngo rero tubone amasaha atatu n’igice ku munsi kugira ngo umwana yige, biradusaba gutangira ryari?’ dusanga kugira ngo tubone ayo masaha, amashuro yo muri iki cyiciro abana bagomba gutangira saa mbiri za mu gitondo bakageza saa tanu na mirongo ine, ikindi cyiciro kigatangira saa saba n’iminota icumi kikageza saa saa kumi na mirongo itanu.”

Inzego z’uburezi zivuga ko izi mpinduka zose zigamije kunoza ireme ry’uburezi bugifite byinshi byo kongerwamo, bitewe n’ibibazo bikigaragara muri uru rwego rusanzwe ari inkingi nyamwamba mu buzima bw’Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

Next Post

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Related Posts

Icyo Minisitiri Nduhungirehe yibukije mugenzi we wa Congo nyuma yo kwizeza kubahiriza agahenge

Icyo Minisitiri Nduhungirehe yibukije mugenzi we wa Congo nyuma yo kwizeza kubahiriza agahenge

by radiotv10
18/02/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yibukije mugenzi we wa DRC, Thérèse Kayikwamba Wagner; ko icyizere cy’amahoro kizagerwaho...

Menya imyanzuro 12 yafashwe nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 2026

Menya imyanzuro 12 yafashwe nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 2026

by radiotv10
18/02/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yashyize hanze imyanzuro 12 yafashwe nyuma y’ibiganiro byabaye mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaye ku nshuro ya 20,...

Why young professionals keep getting into debt

Why young professionals keep getting into debt

by radiotv10
18/02/2026
0

Today, many young professionals are living in a world where debt feels normal. From student loans to credit cards, borrowing...

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwigeze kugeza kuri Perezida ikibazo cyavugwagamo BNR waregwaga inyandiko mpimbano

Umuturage wagejeje kuri Perezida Kagame ikibazo kivugwamo Banki Nkuru y’u Rwanda yongeye gutakamba

by radiotv10
17/02/2026
0

Muhizi Anathole wagejeje kuri Perezida Paul Kagame ikibazo afitanye na Banki Nkuru y’u Rwanda cyerekeye inzu avuga ko ari ye...

Igisubizo Minisitiri Nduhungirehe yasubije uwibajije ku kuba Perezida Kagame yarahagarariwe mu Nama ya AU

Igisubizo Minisitiri Nduhungirehe yasubije uwibajije ku kuba Perezida Kagame yarahagarariwe mu Nama ya AU

by radiotv10
17/02/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko nta gishya kirimo kuba Perezida Paul Kagame ataritabiriye Inteko y’Umuryango wa...

IZIHERUKA

Hatanzwe ibisobanuro nyuma yuko hari abasirikare b’Abafaransa bagaragaye i Kisangani hategurirwa ibitero bigabwa kuri AFC/M23
AMAHANGA

Hatanzwe ibisobanuro nyuma yuko hari abasirikare b’Abafaransa bagaragaye i Kisangani hategurirwa ibitero bigabwa kuri AFC/M23

by radiotv10
18/02/2026
0

Icyo Minisitiri Nduhungirehe yibukije mugenzi we wa Congo nyuma yo kwizeza kubahiriza agahenge

Icyo Minisitiri Nduhungirehe yibukije mugenzi we wa Congo nyuma yo kwizeza kubahiriza agahenge

18/02/2026
Menya imyanzuro 12 yafashwe nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 2026

Menya imyanzuro 12 yafashwe nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 2026

18/02/2026
Why young professionals keep getting into debt

Why young professionals keep getting into debt

18/02/2026
Eng.-AFC/M23 shoots down additional FARDC war aircraft

Eng.-AFC/M23 shoots down additional FARDC war aircraft

17/02/2026
Umunyamakuru ‘Djihad’ n’abo baregwa hamwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni bagarutse imbere y’Urukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ n’abo baregwa hamwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni bagarutse imbere y’Urukiko

17/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatanzwe ibisobanuro nyuma yuko hari abasirikare b’Abafaransa bagaragaye i Kisangani hategurirwa ibitero bigabwa kuri AFC/M23

Icyo Minisitiri Nduhungirehe yibukije mugenzi we wa Congo nyuma yo kwizeza kubahiriza agahenge

Menya imyanzuro 12 yafashwe nyuma y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.