Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
15/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’uburezi mu Rwanda zitangaza ko umwaka w’amashuri utaha, uzatangirana n’impinduka zirimo kuba abiga mu cyiro cya mbere cy’amashuri abanza, bazajya batangira amasomo saa mbiri za mu gitondo, ndetse no kuba amashami yigishwa mu mashuri yisumbuye, azahuzwa hagendewe ku masomo y’ingenzi atangwamo.

Izi mpinduka zizatangirana n’umuwaka w’amashuri wa 2025-2026, zigaragaza ko amashami asanzwe ahujwe (combinations) mu masomo y’ubumenyi (science), yagiye ahuzwa, ku buryo abigaga mu mashami arenze abiri bazajya bahuzwa bakigira hamwe.

Umuyobozi Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi REB, Mutezigaju Flora yagaragaje izi mpinduka, aho yavuze ko nk’abigaga amashami ya MCB (Mathematics Chemistry and Biology), PCB (Physics Chemistry and Biology), na PCM (Physics Chemistry and Mathematics), bazahuzwa bashyirwe mu gice cy’Imibare n’Ubumenyi ku rwego rwa mbere (Mathematics and Science-Stream 1).

Naho abigaga andi mashami, nka MEG (Mathematics Economics and Geography), MCE (Mathematics Chemistry and Economics), MPC (Mathematics Physics and Chemistry), MPG (Mathematics Physics and Geography) na bo bazahuzwa bajye mu Mibare n’Ubumenyi ariko byo ku cyiciro cya kabiri (Mathematics and Science-Stream 2).

Naho abigaga amashami nka HGLE (History Geography and Literature in English) na HLP (History Literature and Psychology) bazajya biga ishami ryiswe Arts in Humanities.

Hari kandi abigaga amashami ahujwe ajyanye n’indimi, nk’abigaga combination ya LEFK (Literature in English, French and Kinyarwanda) ndetse hakaba n’abigaga ishami rya English, French and Kiswahili, aho ubu nabo bazajya bafata ishami ry’indimi zose (Kinyarwanda, English, French and Kiswahili) bakazigira hamwe.

 

Amavugurura akomeye mu bihe byo kwiga

Uretse izi mpinduka zizagaragara mu mashami yigishwa mu mashuri yisumbuye, mu mwaka w’amashuri utaha, isaha yo gutangiriraho amasomo izajya iba ari saa mbiri za mu gitondo ku banyeshuri biga mu cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza.

Mutezigaju Flora avuga ko kwigiza imbere amasaha yo gutangiriraho amasomo, byatewe n’imbogamizi zagaragaraga mu bigo bimwe by’amashuri z’umwanya muto wo kwiga.

Ati “Aha habaye amavugurura navuga ko akomeye na byo bitewe n’ibyo abarimu batubwiraga, baratubwiraga bati ‘integanyagisho ntabwo umwana ashobora kuzayirangiza habe na gato, ni ndende cyane’, dusanga rero amashuri menshi dufite yiga mu cyo twita ingunga ebyiri, kwiga ingunga ebyiri ntabwo wabasha kubona periode 40 [igihe gitangirwamo isomo rimwe] mu cyumweru cyangwa se umunani ku munsi.”

Avuga ko iyo abanyeshuri biga ingunga ebyiri ku munsi, nibura bashobora kwiga periode 25 mu cyumweru cyangwa eshanu ku munsi.

Ati “Turavuga tuti ‘kugira ngo rero tubone amasaha atatu n’igice ku munsi kugira ngo umwana yige, biradusaba gutangira ryari?’ dusanga kugira ngo tubone ayo masaha, amashuro yo muri iki cyiciro abana bagomba gutangira saa mbiri za mu gitondo bakageza saa tanu na mirongo ine, ikindi cyiciro kigatangira saa saba n’iminota icumi kikageza saa saa kumi na mirongo itanu.”

Inzego z’uburezi zivuga ko izi mpinduka zose zigamije kunoza ireme ry’uburezi bugifite byinshi byo kongerwamo, bitewe n’ibibazo bikigaragara muri uru rwego rusanzwe ari inkingi nyamwamba mu buzima bw’Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 17 =

Previous Post

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

Next Post

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.