• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

radiotv10by radiotv10
22/11/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Murindahabi Irene usanzwe areberera inyungu abaririmbyi Vestine na Dorcas, yavuze ko ubutumwa buherutse gutambuka ku rubuga nkoranyambaga rw’umwe muri aba bahanzi, ari urubuga rwa nyawe rwe ariko ko ntabindi byinshi yabivugaho.

Ni nyuma yuko ubutumwa bwanditswe n’umuririmbyi Vestine buteje impagarara, aho yavugaga ku by’urugo rwe rutifashe neza.

Ni ubutumwa bwatambutse aba bahanzi bari muri Canada, bari kumwe n’uyu munyamakuru Irene usanzwe ureberera inyungu zabo.

Nyuma yuko uyu munyamakuru agarutse mu Rwanda akagarukana na Dorcas gusa, mu gihe Vestine we bivugwa ko yagumye muri kiriya Gihugu.

Ubwo buriya butumwa bwasohokaga, hari bamwe bavuze ko konti y’uriya muririmbyi, yaba yinjiriwe ndetse ko atari we wabwanditse.

Mu kiganiro uyu munyamakuru yatanze nyuma yo kugera mu Rwanda, yemeje ko buriya butumwa bwanyuze kuri konti ya nyayo y’uriya muririmbyi.

Yagize ati “Ibyo mwabonye byavuye ku rukuta rwa Instagram bwite rwa Vestine ni naho byahise bisibwa kubw’umutekano we. Ibirenze ibyo Uwiteka aduhane umugisha.”

Uyu munyamakuru yirinze kugira byinshi avuga ku buzima bwite bw’uriya muririmbyi, avuga ko uwaba yifuze kumenya byinshi, ari we yabaza.

Ati “Ibyo mumwandikire mubimubaze, ni ubuzima bwite bwe. MIE Music dukorana na Dorcas&Vestine, umuhanzi agomba kugira ubuzima bwe bwite bw’umuhanzi kandi tukabwubaha.”

Naho ku bijyanye no kuba M. Irene yaraje na Dorcas gusa, mu gihe Vestine batazane, uyu munyamakuru avuga ko ababigizeho ikibazo nta shingiro bafite.

Ati “None se ubundi umwe aje mbere undi akaza nyuma ikibazo cyaba ari ikihe? Dorcas na Vestine ibyo bapfana n’abakunzi babo si ibitaramo n’indirimbo akabikorera aho ari ashaka? Yemerewe no kuvuga ngo ngiye kuruhuka akagenda, ikizima ni uko nta mezi atatu yashira utabonye igihangano cyiza, aho ni ho turebera.”

Nyuma ya buriya butumwa bwa Vestine, ntakindi uyu muririmbyi aratabutangazaho, mu gihe bamwe mu bahanzi bagenzi be nka Aline Gahongayire, bamugaragarije ko bari kumwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Next Post

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.