• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

radiotv10by radiotv10
22/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya
Share on FacebookShare on Twitter

Igihugu cya Ukraine cyavuze ko kidashobora kubahiriza amasezerano yateywe na Leta Zunze Ubumwe za America agamije kurangiza intambara kiriya Gihugu gifitanye n’u Burusiya, arimo ingingo isaba Ukraine guha u Burusiya kamwe mu duce twayo.

Ni nyuma yuko itsinda ry’intumwa za Leta Zunze Ubumwe za Amerika rigiye i Kyiv kuganira n’inzego nkuru za Ukraine kuri gahunda yo guhagarika intambara.

Abo bagiyeyo mu gihe hagaragara inyandiko irimo ingingo 28 bivugwa ko ari amasezerano Leta Zunze Ubumwe za Amerika zateguye mu rwego rwo guhagarika iyi ntambara.

Aya masezerano arimo ingingo isaba Ukraine guha u Burusiya igice cy’ubutaka, ikibagirwa inzozi zo kujya muri NATO. Ukraine kandi bayisaba ko itagomba kurenza abasirikare ibihumbi 600 mu Gihugu cyose.

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Bwana Marco Rubio, na we aherutse kugaragaza ko guhagarika iyi ntambara bisaba ko buri ruhande rugira icyo rwigomwa.

Abagize Akanama gashinzwe Umutekano mu Muryango w’Abibumbye bahise bateranira kuri iyo ngingo.

Uhagarariye Ukraine yavugiye imbere ya bagenzi be ko imirongo itukura bashyizeho yose igomba kubanza kubahirizwa.

KHRYSTNA HAYOVYSHYN, yungirije ambasaderi w’icyo Gihugu mu Muryango w’Abibumbye, yagize ati “Nk’uko bisanzwe duhora twiteguye kuganira na Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’abafatanyabikorwa bacu bo ku mugabane w’u Burayi n’isi yose kugira ngo tugere ku mahoro.

Duhora dushaka ko iyi ntambara ihagarara mu buryo bwa nyabwo. Ni muri urwo rwego nshaka kuvuga ibi bikurikira:

Icya mbere: ubwo Ukraine yagaragazaga ubushake bwo kuganira kugeza ku rwego rw’abakuru b’ibihugu, hari imirongo ntarengwa twashyizeho. Ntabwo tuzigera twemera ko ubutaka bwa Ukraine Uburusiya bwigaruriye bubarwa nk’ubwabo. Ntabwo ubutaka bwacu bugurishwa.

Ukraine ntabwo izigera yemera gutegekwa urwego itagomba kurenza mu kwirwanaho, haba ku bikoresho ndetse n’umubare w’ingabo zacu.Ntabwo tuzigera twemera abadutegeka imiryango twemerewe kujyamo.

Abashaka amahoro bagomba kuzirikana uyu murongo ngenderwaho. Nta kintu kivuga kuri Ukraine mu gihe Ukraine itakirimo. Nta kivuga ku Burayi mu gihe budahagarariwe.

Ntabwo tuzigera duhemba abafite umugambi wa jenoside kuko bakomeje kwangiza ibituziranze birimo n’ururimi rwacu.”

Ayo masezerano ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatumye Abanyaburayi bateranira kuri iki kibazo.

Emmanuel Jean-Michel Frédéric Macron uyobora Ubufaransa, Chancelier w’Ubudage Bwana Joachim-Friedrich Martin Josef Merz, Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Sir Keir Rodney Starmer bagiranye ikiganiro kuri telefone na Perezida wa Ukraine, Bwana Volodymyr Olexandrovych Zelenskyy.

Iyi nama ya bane yakozwe mu buryo bw’ikitaraganya yari igamije gusuzuma imiterere y’amasezerano yateguwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Bakimara gusoza iyo nama yabereye kuri telefone, Perezida wa Ukraine yavuze ko basuzumiye hamwe uburyo bwo kurangiza iyi ntambara mu buryo burimo icyubahiro.

Biteganyijwe ko abo Banyaburayi bazateranira muri Afurika y’Epfo ejo ku wa Gatandatu. Ibyo biganiro kuri iyi ngingo bazabijyamo.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 6 =

Previous Post

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Next Post

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.