Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

radiotv10by radiotv10
15/07/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo kwangisha Leta y’u Rwanda amahanga no kugambirira kugirira nabi ubutegetsi, yahakanye ibyaha byose akurikiranyweho avuga ko ari umunyapolitiki w’Umunyarwanda udashobora gutekereza kugirira nabi Igihugu.

Ingabire Victoire yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Nyakanga ubwo hasubukurwaga urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo nyuma yuko rusubitswe mu cyumweru gishize kubera inzitizi yari yatanze zijyanye n’umunyamategeko ukomoma kuri Kenya yifuzaga ko azamwuganira.

Mu iburanisha ry’uyu munsi, uyu Munyapolitiki wari wunganiwe na Me Gatera Gashabana wanigeze kumwunganira mu myaka yatambutse, Ingabire yavuze ko nubwo yemeye kuburana ariko atanyuzwe n’icyemezo cyafashwe n’Urugaga rw’Abavoka cyatumye atunganirwa n’uwo munyamategeko w’umunyamahanga.

Hasomwe kandi ibyaha ashinjwa, birimo icyo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, icyo guteza imvururu, icyo kugiririra nabi ubutegetsi buriho, icy’icengezamatwara cyangwa se kwangisha Leta y’u Rwanda amahanga, icyo gutangaza amakuru y’ibihuha, n’icyaha cyo gucura umugambi wo kugirira nabi ubutegetsi buriho n’icyaha cyo kwigaragambya.

Ingabire Victoire uri gusabirwa gufungwa by’agateganyo, yabajijwe niba aburana yemera ibyaha akekwaho, abihakana yivuye inyuma, avuga ko ari umukristu kandi akaba umunyapolitiki, ndetse n’Umunyarwanda ukunda Igihugu, bityo ko adashobora guhirahira akora ibi byaha.

Uyu munyapolitiki kandi yaboneyeho gutanga indi nzitizi, aho yasabye Urukiko kutakira ikirego ngo kuko cyabayeho habanje kubaho kwivanga mu nshingano k’Urukiko.

Ingabire yatawe muri yombi nyuma yuko bitegetswe n’Urukiko Rukuru rwari rwamuhamagaje mu rubanza ruregwamo abandi bantu icyenda, aho yakunze kugarukwamo cyane mu maburanisha yarwo.

Uyu Munyapolitiki yavuze ko Ubucamanza bwivanze mu nshingano z’Ubushinjacyaha, bukabutegeka kumukurikirana, kandi ko ibyo aregwa bifitanye isano n’urubanza rumaze imyaka ine ruba, kandi ko na we yigeze guhamagazwa akabazwa n’Ubushinjacyaha ariko ko bwabonaga atari ngombwa ko aregwa hamwe na bariya bantu.

Me Gatera Gashabana, Umunyamategeko wunganira uregwa, yavuze ko Urukiko rwakoze ibitari mu nshingano zarwo, aho yifashishije ingingo y’ 106 yo mu itegeko ryerecyeye imiburanishize y’imanza z’inshinjabyaha, ivuga ko Urukiko rufite ububasha bwo guhamagaza umuntu cyangwa icyitso mu rubanza, rwasanga hari ibimenyetso bimushina rugasaba Ubushinjacyaha gukora iperereza, ariko ko ku mukiliya we Ubushinjacyaha bwahise bumufunga.

Uyu munyamategeko yavuze ko umukiliya we atakagombye kuba afunzwe cyangwa azanwa mu nkiko.

Ni mu gihe Ubushinjacyaha bwo bwavuze ko atari Urukiko rwemeje ko uregwa akurikiranwa afunzwe, ahubwo ko biri mu bushishozi n’ububasha bw’Ubushinjacyaha, bugasaba Urukiko gutesha agaciro izi nzitizi.

Nyuma yo kumva impaka z’impande zombi, Urukiko rwanzuye ko iyi nzitizi yatanzwe izasuzumirwa hamwe n’impamvu zitangwa n’Ubushinjacyaha busabira uregwa gukurikiranwa afunze, ubundi ibyemezo ku ngingo zombi bikazatangirwa hamwe, rutegeka ko urubanza rukomeza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Next Post

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.