Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

radiotv10by radiotv10
15/07/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo kwangisha Leta y’u Rwanda amahanga no kugambirira kugirira nabi ubutegetsi, yahakanye ibyaha byose akurikiranyweho avuga ko ari umunyapolitiki w’Umunyarwanda udashobora gutekereza kugirira nabi Igihugu.

Ingabire Victoire yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Nyakanga ubwo hasubukurwaga urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo nyuma yuko rusubitswe mu cyumweru gishize kubera inzitizi yari yatanze zijyanye n’umunyamategeko ukomoma kuri Kenya yifuzaga ko azamwuganira.

Mu iburanisha ry’uyu munsi, uyu Munyapolitiki wari wunganiwe na Me Gatera Gashabana wanigeze kumwunganira mu myaka yatambutse, Ingabire yavuze ko nubwo yemeye kuburana ariko atanyuzwe n’icyemezo cyafashwe n’Urugaga rw’Abavoka cyatumye atunganirwa n’uwo munyamategeko w’umunyamahanga.

Hasomwe kandi ibyaha ashinjwa, birimo icyo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, icyo guteza imvururu, icyo kugiririra nabi ubutegetsi buriho, icy’icengezamatwara cyangwa se kwangisha Leta y’u Rwanda amahanga, icyo gutangaza amakuru y’ibihuha, n’icyaha cyo gucura umugambi wo kugirira nabi ubutegetsi buriho n’icyaha cyo kwigaragambya.

Ingabire Victoire uri gusabirwa gufungwa by’agateganyo, yabajijwe niba aburana yemera ibyaha akekwaho, abihakana yivuye inyuma, avuga ko ari umukristu kandi akaba umunyapolitiki, ndetse n’Umunyarwanda ukunda Igihugu, bityo ko adashobora guhirahira akora ibi byaha.

Uyu munyapolitiki kandi yaboneyeho gutanga indi nzitizi, aho yasabye Urukiko kutakira ikirego ngo kuko cyabayeho habanje kubaho kwivanga mu nshingano k’Urukiko.

Ingabire yatawe muri yombi nyuma yuko bitegetswe n’Urukiko Rukuru rwari rwamuhamagaje mu rubanza ruregwamo abandi bantu icyenda, aho yakunze kugarukwamo cyane mu maburanisha yarwo.

Uyu Munyapolitiki yavuze ko Ubucamanza bwivanze mu nshingano z’Ubushinjacyaha, bukabutegeka kumukurikirana, kandi ko ibyo aregwa bifitanye isano n’urubanza rumaze imyaka ine ruba, kandi ko na we yigeze guhamagazwa akabazwa n’Ubushinjacyaha ariko ko bwabonaga atari ngombwa ko aregwa hamwe na bariya bantu.

Me Gatera Gashabana, Umunyamategeko wunganira uregwa, yavuze ko Urukiko rwakoze ibitari mu nshingano zarwo, aho yifashishije ingingo y’ 106 yo mu itegeko ryerecyeye imiburanishize y’imanza z’inshinjabyaha, ivuga ko Urukiko rufite ububasha bwo guhamagaza umuntu cyangwa icyitso mu rubanza, rwasanga hari ibimenyetso bimushina rugasaba Ubushinjacyaha gukora iperereza, ariko ko ku mukiliya we Ubushinjacyaha bwahise bumufunga.

Uyu munyamategeko yavuze ko umukiliya we atakagombye kuba afunzwe cyangwa azanwa mu nkiko.

Ni mu gihe Ubushinjacyaha bwo bwavuze ko atari Urukiko rwemeje ko uregwa akurikiranwa afunzwe, ahubwo ko biri mu bushishozi n’ububasha bw’Ubushinjacyaha, bugasaba Urukiko gutesha agaciro izi nzitizi.

Nyuma yo kumva impaka z’impande zombi, Urukiko rwanzuye ko iyi nzitizi yatanzwe izasuzumirwa hamwe n’impamvu zitangwa n’Ubushinjacyaha busabira uregwa gukurikiranwa afunze, ubundi ibyemezo ku ngingo zombi bikazatangirwa hamwe, rutegeka ko urubanza rukomeza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − ten =

Previous Post

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Next Post

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

Related Posts

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

IZIHERUKA

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo
MU RWANDA

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

12/01/2026
Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

10/01/2026
Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.