Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Turakubaha ariko ntitugutinya- Abatavuga rumwe na Perezida wa Kenya bakamejeje

radiotv10by radiotv10
16/07/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Turakubaha ariko ntitugutinya- Abatavuga rumwe na Perezida wa Kenya bakamejeje
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu Basenateri muri Kenya batavuga rumwe n’ubutegetesi bwa Perezida William Ruto, yavuze ko biteguye gukomeza guhangana, kuko nubwo bamwubaha ariko batamutinya.

Ibi byatangajwe na Senateri Methu John Muhia nyuma yuko Perezida William Ruto ahuye n’abakora mu mushinga wo kubakira abatishoboye, kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Nyakanga, aho yababwiye ko amagambo y’abatemera ubutegetsi bwe atazigera amuca intege.

Muri iyo nama, Umukuru w’Igihugu cya Kenya yongeye gushimangira ko ari we wazanye umushinga ukomeye, wahinduriye benshi ubuzima.

Yagize ati “Abaturage batigeze bizera ko umunsi umwe bazatunga inzu zabo; uyu munsi inzozi zabo zabaye impamo. Abenshi ubu bamaze kubona ahantu bita iwabo.”

Uyu Mukuru w’Igihugu cya Kenya yavuze ko yatunguwe n’uko abo mu gace ka Mukulu bamubwiye ko icyabakoze ku mutima ari uko “ku nshuro ya mbere buri muryango wagize ubwiherero bwabo.”

Iki ngo ni ikintu gikomeye kubera ko igihe bari bagituye mu kajagari basangiraga ubwiherero ari imiryango irenga itanu.

Perezida William Ruto yavuze ko adatewe ubwoba n’abamuhagurukiye

Mu gihe Perezida Ruto yari asoje iyi nama; abatavuga rumwe n’ubutegetsi bagiye mu mihanda, bakomeza kwamagana ubutegetsi buriho.

Senateri Methu John Muhia yahuje abaturage mu gace ka Kajiado, ababwira ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi biteguye gukomeza guhangana nabwo.

Yagize ati “Ndashaka kukubwira ko wewe Kasongo; turakubaha ariko ntabwo tugutinya.”

Uyu musenateri ushyigikiye uruhande rw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi; atitaye ku byo Igihugu cye kimaze kugeraho; yavuze ko bagiye guhirika ubutegetsi.

Ati “Aba baturage utesha umutwe ni bo bakubatse ugera ku butegetsi. Umuntu uzi kubaka aba azi neza no gusenya, kandi gusenya biroroshye kuruta kubaka. Turaje dusenye rero.”

Yakomeje avuga ko ubu intego biyemeje bazashyirwa ari uko bayigezeho. Ati “Ubu ntakandi kazi dufite, twe tumeze nk’abakirisitu, akazi kabo ni ukuvuga shitani bakanamwirukana. Nawe kasongo mperutse kumva uvuga ngo tukureke, tuzakuvuga. Niba udashaka kuvugwa; reka akazi ujye mu rugo, ntawe uzongera kukuvuga.

Shitani tumwamagana buri ku Cyumweru, nawe buri munsi tuzajya tukwamagana kubera ko uri umuntu mubi.”

Senateri Methu John Muhia ngo bazashyirwa ari uko Ruto arekuye ubutegetsi

Perezida William Ruto we ashingiye ku musaruro wa politike ye; yavuze ko atazigera ava ku izima. Ati “Baza bivugisha ngo Kenya ni Igihugu cyapfuye. Ese ubwo ni ikihe Gihugu cyasenyutse uvuga? Uzi Igihugu cyapfuye icyo ari cyo? Reka mbabwire ko ubushake bwanjye bwo guteza imbere iki Gihugu ntibushobora guhinduka.”

Inzego zishinzwe umutekano muri Kenya, zivuga ko zigiye gukora iperereza ku banyepolitike bose bari gutera inkunga imyigaragambyo.

Perezida William Ruto aherutse gutegeka ko umuntu wese uzafatirwa muri ibi bikorwa bagomba kumurasa amaguru yombi, akajyanwa kwa muganga, akazavayo akomereza mu rukiko.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 2 =

Previous Post

Abadepite basabye ibisobanuro BDF yatswe inguzanyo n’abahinzi ikayibaha abo bari guhingira rimwe barasaruye

Next Post

Havutse Ishyaka ryiyemeje guhindura imitegekere muri Uganda

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Havutse Ishyaka ryiyemeje guhindura imitegekere muri Uganda

Havutse Ishyaka ryiyemeje guhindura imitegekere muri Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.