Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Turakubaha ariko ntitugutinya- Abatavuga rumwe na Perezida wa Kenya bakamejeje

radiotv10by radiotv10
16/07/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Turakubaha ariko ntitugutinya- Abatavuga rumwe na Perezida wa Kenya bakamejeje
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu Basenateri muri Kenya batavuga rumwe n’ubutegetesi bwa Perezida William Ruto, yavuze ko biteguye gukomeza guhangana, kuko nubwo bamwubaha ariko batamutinya.

Ibi byatangajwe na Senateri Methu John Muhia nyuma yuko Perezida William Ruto ahuye n’abakora mu mushinga wo kubakira abatishoboye, kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Nyakanga, aho yababwiye ko amagambo y’abatemera ubutegetsi bwe atazigera amuca intege.

Muri iyo nama, Umukuru w’Igihugu cya Kenya yongeye gushimangira ko ari we wazanye umushinga ukomeye, wahinduriye benshi ubuzima.

Yagize ati “Abaturage batigeze bizera ko umunsi umwe bazatunga inzu zabo; uyu munsi inzozi zabo zabaye impamo. Abenshi ubu bamaze kubona ahantu bita iwabo.”

Uyu Mukuru w’Igihugu cya Kenya yavuze ko yatunguwe n’uko abo mu gace ka Mukulu bamubwiye ko icyabakoze ku mutima ari uko “ku nshuro ya mbere buri muryango wagize ubwiherero bwabo.”

Iki ngo ni ikintu gikomeye kubera ko igihe bari bagituye mu kajagari basangiraga ubwiherero ari imiryango irenga itanu.

Perezida William Ruto yavuze ko adatewe ubwoba n’abamuhagurukiye

Mu gihe Perezida Ruto yari asoje iyi nama; abatavuga rumwe n’ubutegetsi bagiye mu mihanda, bakomeza kwamagana ubutegetsi buriho.

Senateri Methu John Muhia yahuje abaturage mu gace ka Kajiado, ababwira ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi biteguye gukomeza guhangana nabwo.

Yagize ati “Ndashaka kukubwira ko wewe Kasongo; turakubaha ariko ntabwo tugutinya.”

Uyu musenateri ushyigikiye uruhande rw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi; atitaye ku byo Igihugu cye kimaze kugeraho; yavuze ko bagiye guhirika ubutegetsi.

Ati “Aba baturage utesha umutwe ni bo bakubatse ugera ku butegetsi. Umuntu uzi kubaka aba azi neza no gusenya, kandi gusenya biroroshye kuruta kubaka. Turaje dusenye rero.”

Yakomeje avuga ko ubu intego biyemeje bazashyirwa ari uko bayigezeho. Ati “Ubu ntakandi kazi dufite, twe tumeze nk’abakirisitu, akazi kabo ni ukuvuga shitani bakanamwirukana. Nawe kasongo mperutse kumva uvuga ngo tukureke, tuzakuvuga. Niba udashaka kuvugwa; reka akazi ujye mu rugo, ntawe uzongera kukuvuga.

Shitani tumwamagana buri ku Cyumweru, nawe buri munsi tuzajya tukwamagana kubera ko uri umuntu mubi.”

Senateri Methu John Muhia ngo bazashyirwa ari uko Ruto arekuye ubutegetsi

Perezida William Ruto we ashingiye ku musaruro wa politike ye; yavuze ko atazigera ava ku izima. Ati “Baza bivugisha ngo Kenya ni Igihugu cyapfuye. Ese ubwo ni ikihe Gihugu cyasenyutse uvuga? Uzi Igihugu cyapfuye icyo ari cyo? Reka mbabwire ko ubushake bwanjye bwo guteza imbere iki Gihugu ntibushobora guhinduka.”

Inzego zishinzwe umutekano muri Kenya, zivuga ko zigiye gukora iperereza ku banyepolitike bose bari gutera inkunga imyigaragambyo.

Perezida William Ruto aherutse gutegeka ko umuntu wese uzafatirwa muri ibi bikorwa bagomba kumurasa amaguru yombi, akajyanwa kwa muganga, akazavayo akomereza mu rukiko.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 14 =

Previous Post

Abadepite basabye ibisobanuro BDF yatswe inguzanyo n’abahinzi ikayibaha abo bari guhingira rimwe barasaruye

Next Post

Havutse Ishyaka ryiyemeje guhindura imitegekere muri Uganda

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Havutse Ishyaka ryiyemeje guhindura imitegekere muri Uganda

Havutse Ishyaka ryiyemeje guhindura imitegekere muri Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.