• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Turakubaha ariko ntitugutinya- Abatavuga rumwe na Perezida wa Kenya bakamejeje

radiotv10by radiotv10
16/07/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Turakubaha ariko ntitugutinya- Abatavuga rumwe na Perezida wa Kenya bakamejeje
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu Basenateri muri Kenya batavuga rumwe n’ubutegetesi bwa Perezida William Ruto, yavuze ko biteguye gukomeza guhangana, kuko nubwo bamwubaha ariko batamutinya.

Ibi byatangajwe na Senateri Methu John Muhia nyuma yuko Perezida William Ruto ahuye n’abakora mu mushinga wo kubakira abatishoboye, kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Nyakanga, aho yababwiye ko amagambo y’abatemera ubutegetsi bwe atazigera amuca intege.

Muri iyo nama, Umukuru w’Igihugu cya Kenya yongeye gushimangira ko ari we wazanye umushinga ukomeye, wahinduriye benshi ubuzima.

Yagize ati “Abaturage batigeze bizera ko umunsi umwe bazatunga inzu zabo; uyu munsi inzozi zabo zabaye impamo. Abenshi ubu bamaze kubona ahantu bita iwabo.”

Uyu Mukuru w’Igihugu cya Kenya yavuze ko yatunguwe n’uko abo mu gace ka Mukulu bamubwiye ko icyabakoze ku mutima ari uko “ku nshuro ya mbere buri muryango wagize ubwiherero bwabo.”

Iki ngo ni ikintu gikomeye kubera ko igihe bari bagituye mu kajagari basangiraga ubwiherero ari imiryango irenga itanu.

Perezida William Ruto yavuze ko adatewe ubwoba n’abamuhagurukiye

Mu gihe Perezida Ruto yari asoje iyi nama; abatavuga rumwe n’ubutegetsi bagiye mu mihanda, bakomeza kwamagana ubutegetsi buriho.

Senateri Methu John Muhia yahuje abaturage mu gace ka Kajiado, ababwira ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi biteguye gukomeza guhangana nabwo.

Yagize ati “Ndashaka kukubwira ko wewe Kasongo; turakubaha ariko ntabwo tugutinya.”

Uyu musenateri ushyigikiye uruhande rw’abatavuga rumwe n’ubutegetsi; atitaye ku byo Igihugu cye kimaze kugeraho; yavuze ko bagiye guhirika ubutegetsi.

Ati “Aba baturage utesha umutwe ni bo bakubatse ugera ku butegetsi. Umuntu uzi kubaka aba azi neza no gusenya, kandi gusenya biroroshye kuruta kubaka. Turaje dusenye rero.”

Yakomeje avuga ko ubu intego biyemeje bazashyirwa ari uko bayigezeho. Ati “Ubu ntakandi kazi dufite, twe tumeze nk’abakirisitu, akazi kabo ni ukuvuga shitani bakanamwirukana. Nawe kasongo mperutse kumva uvuga ngo tukureke, tuzakuvuga. Niba udashaka kuvugwa; reka akazi ujye mu rugo, ntawe uzongera kukuvuga.

Shitani tumwamagana buri ku Cyumweru, nawe buri munsi tuzajya tukwamagana kubera ko uri umuntu mubi.”

Senateri Methu John Muhia ngo bazashyirwa ari uko Ruto arekuye ubutegetsi

Perezida William Ruto we ashingiye ku musaruro wa politike ye; yavuze ko atazigera ava ku izima. Ati “Baza bivugisha ngo Kenya ni Igihugu cyapfuye. Ese ubwo ni ikihe Gihugu cyasenyutse uvuga? Uzi Igihugu cyapfuye icyo ari cyo? Reka mbabwire ko ubushake bwanjye bwo guteza imbere iki Gihugu ntibushobora guhinduka.”

Inzego zishinzwe umutekano muri Kenya, zivuga ko zigiye gukora iperereza ku banyepolitike bose bari gutera inkunga imyigaragambyo.

Perezida William Ruto aherutse gutegeka ko umuntu wese uzafatirwa muri ibi bikorwa bagomba kumurasa amaguru yombi, akajyanwa kwa muganga, akazavayo akomereza mu rukiko.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 17 =

Previous Post

Abadepite basabye ibisobanuro BDF yatswe inguzanyo n’abahinzi ikayibaha abo bari guhingira rimwe barasaruye

Next Post

Havutse Ishyaka ryiyemeje guhindura imitegekere muri Uganda

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Havutse Ishyaka ryiyemeje guhindura imitegekere muri Uganda

Havutse Ishyaka ryiyemeje guhindura imitegekere muri Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.