Thursday, October 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiteye amatsiko ku Mukomando w’Umunyarwandakazi wihebeye imbunda ya ba mudahusha

radiotv10by radiotv10
24/07/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Ibiteye amatsiko ku Mukomando w’Umunyarwandakazi wihebeye imbunda ya ba mudahusha
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwandakazi PC Uwimana Janviere wo muri Polisi y’u Rwanda, umwe mu Bapolisi bari gutorezwa mu Kigo gitanga amahugurwa yo kurwanya iterabwoba, avuga ko uru rwego yarwinjiyemo arukunze, ubu akaba amaze kunguka ubumenyi yishimira burimo kurashisha imbunda ya ba mudahusha (Sniper) yifuza kwagura kurushaho.

PC Uwimana Janviere w’imyaka 22 y’amavuko, avuga ko yinjiye muri Polisi y’u Rwanda nyuma yo kubona ko hari abategarugori bari muri uru rwego kandi bakuze, we abona ko bakwiye kuba buzukuruje.

Ati “Nkanjye ku myaka yanjye niyumvisha ko niba umuntu ungana gutyo ashobora gukora kano kazi, numvise ko nanjye ku myaka yanjye nshobora nabasha kano kazi.”

Aha mu kigo cya Polisi y’u Rwanda gitanga amahugurwa yo kurwanya iterabwoba giherereye mu Murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera, PC Uwimana na bagenzi be barimo n’ab’igitsinagabo, babyukira mu myitozo, irimo iyo kugorora umubiri no kuwukomeza, ndetse n’ijyanye no gucunga umutekano nko kurasa, ndetse n’indi ijyanye no gukarishya ubwihangane bwabo, irimo kunyura mu nzira z’inzitane, nko mu mazi n’ahandi hagoye.

Avuga ko gahunda ze zose zibimburirwa n’isengesho rya mu gitondo, akabyuka yiyambaza Imana, ubundi agakora imyitozo ngororamubiri ku giti cye, akabona kwitunganya ubundi akajya mu myitozo ahuriramo na bagenzi be.

Nk’umwari w’Umunyarwandakazi, avuga ko kugira ngo abashe kuzuza inshingano ze zo kurwanya iterabwoba, bisaba gukunda umwuga we ndetse no kwiyumvamo ubushobozi.

Ati “Kuba umukomando mwiza, icya mbere bisaba ni ukuba umupolisi mwiza, kuba Umukomando mwiza si ukuvuga ko abandi bapolisi batabikora, umupolizi uwo ari we wese yabishobora. Ikintu bisaba cyane ni ukuba ubikunda, ukoresha imbaraga, ubyiyumvamo kandi ukumva ko ikintu uri gukora ari icyawe, ukagira discipline, amabwiriza yose wahawe ukayakora ku gihe cya nyacyo.”

 

Yihebeye kurashisha imbunda ya ‘Sniper’

Mu myitozo amaze guhabwa, PC Uwimana avuga yose amaze kuyagiraho ubumenyi bushyitse, ariko byumwihariko akaba akunda kurashisha imbunda y’indebakure na ba mudahusha (sniper).

Yumva ko ubu bumenyi buzamufasha gutanga umusanzu we mu gucunga umutekano w’Igihugu cyamwibarutse, ariko ntibigarukire aho, ahubwo akazanakomereza ibwotamasimbi igihe cyose Igihugu cye cyamutuma.

Ati “Hari byinshi nagiye menyamo ntari nzi ndabikunda, urugero nko gukoresha imbunda ya sniper, narabikunze cyane numva ko ngomba kugira ubundi bumenyi ngira kuri iyo mbunda, nifuza kuzabimenya cyane birenze ibyo nzi ku buryo n’iyo Igihugu cyankenera kujya gutanga umusada n’ahandi hose nabikora neza.”

Uretse kuba akunda uyu mwuga wo gucungira umutekano Abaturarwanda n’ibyabo, PC Uwimana yishimira ko unamufasha kugira uruhare mu mibereho y’umuryango avukamo, kuko atakiwugora awusaba amavuta yo kwisiga cyangwa ikanzu n’inkweto byo kwambara, kuko asigaye abyigurira, ndetse akanawunganira mu gihe hari ibyo umukeneyeho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 3 =

Previous Post

Uwo umugabo we yatanye abana batanu mu buzima bugoye aratabaza

Next Post

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

Related Posts

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

by radiotv10
30/10/2025
0

Komisiyo ishinzwe Gusezerera no Gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari Abasirikare, yatangaje ko mu myaka 24 (kuva muri 2001), abahoze...

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

by radiotv10
30/10/2025
0

The Rwanda Demobilization and Reintegration Commission (RDRC) has announced that over the past 24 years (since 2001), more than 12,000...

Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba

Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba

by radiotv10
30/10/2025
0

Bamwe mu barezi b’amarerero bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, bavuga ko bamaze igihe bakora batabona agahimbazamusyi...

Rural-Urban migration: What happens when youth move to Kigali in search of a ‘Better Life’?

Rural-Urban migration: What happens when youth move to Kigali in search of a ‘Better Life’?

by radiotv10
30/10/2025
0

Every year, a big number of young Rwandans pack their bags to move to Kigali, drawn mostly by the promise...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
30/10/2025
0

IZIHERUKA

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda
FOOTBALL

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

30/10/2025
Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

30/10/2025
Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

30/10/2025
Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

30/10/2025
Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

30/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.