Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiteye amatsiko ku Mukomando w’Umunyarwandakazi wihebeye imbunda ya ba mudahusha

radiotv10by radiotv10
24/07/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Ibiteye amatsiko ku Mukomando w’Umunyarwandakazi wihebeye imbunda ya ba mudahusha
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwandakazi PC Uwimana Janviere wo muri Polisi y’u Rwanda, umwe mu Bapolisi bari gutorezwa mu Kigo gitanga amahugurwa yo kurwanya iterabwoba, avuga ko uru rwego yarwinjiyemo arukunze, ubu akaba amaze kunguka ubumenyi yishimira burimo kurashisha imbunda ya ba mudahusha (Sniper) yifuza kwagura kurushaho.

PC Uwimana Janviere w’imyaka 22 y’amavuko, avuga ko yinjiye muri Polisi y’u Rwanda nyuma yo kubona ko hari abategarugori bari muri uru rwego kandi bakuze, we abona ko bakwiye kuba buzukuruje.

Ati “Nkanjye ku myaka yanjye niyumvisha ko niba umuntu ungana gutyo ashobora gukora kano kazi, numvise ko nanjye ku myaka yanjye nshobora nabasha kano kazi.”

Aha mu kigo cya Polisi y’u Rwanda gitanga amahugurwa yo kurwanya iterabwoba giherereye mu Murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera, PC Uwimana na bagenzi be barimo n’ab’igitsinagabo, babyukira mu myitozo, irimo iyo kugorora umubiri no kuwukomeza, ndetse n’ijyanye no gucunga umutekano nko kurasa, ndetse n’indi ijyanye no gukarishya ubwihangane bwabo, irimo kunyura mu nzira z’inzitane, nko mu mazi n’ahandi hagoye.

Avuga ko gahunda ze zose zibimburirwa n’isengesho rya mu gitondo, akabyuka yiyambaza Imana, ubundi agakora imyitozo ngororamubiri ku giti cye, akabona kwitunganya ubundi akajya mu myitozo ahuriramo na bagenzi be.

Nk’umwari w’Umunyarwandakazi, avuga ko kugira ngo abashe kuzuza inshingano ze zo kurwanya iterabwoba, bisaba gukunda umwuga we ndetse no kwiyumvamo ubushobozi.

Ati “Kuba umukomando mwiza, icya mbere bisaba ni ukuba umupolisi mwiza, kuba Umukomando mwiza si ukuvuga ko abandi bapolisi batabikora, umupolizi uwo ari we wese yabishobora. Ikintu bisaba cyane ni ukuba ubikunda, ukoresha imbaraga, ubyiyumvamo kandi ukumva ko ikintu uri gukora ari icyawe, ukagira discipline, amabwiriza yose wahawe ukayakora ku gihe cya nyacyo.”

 

Yihebeye kurashisha imbunda ya ‘Sniper’

Mu myitozo amaze guhabwa, PC Uwimana avuga yose amaze kuyagiraho ubumenyi bushyitse, ariko byumwihariko akaba akunda kurashisha imbunda y’indebakure na ba mudahusha (sniper).

Yumva ko ubu bumenyi buzamufasha gutanga umusanzu we mu gucunga umutekano w’Igihugu cyamwibarutse, ariko ntibigarukire aho, ahubwo akazanakomereza ibwotamasimbi igihe cyose Igihugu cye cyamutuma.

Ati “Hari byinshi nagiye menyamo ntari nzi ndabikunda, urugero nko gukoresha imbunda ya sniper, narabikunze cyane numva ko ngomba kugira ubundi bumenyi ngira kuri iyo mbunda, nifuza kuzabimenya cyane birenze ibyo nzi ku buryo n’iyo Igihugu cyankenera kujya gutanga umusada n’ahandi hose nabikora neza.”

Uretse kuba akunda uyu mwuga wo gucungira umutekano Abaturarwanda n’ibyabo, PC Uwimana yishimira ko unamufasha kugira uruhare mu mibereho y’umuryango avukamo, kuko atakiwugora awusaba amavuta yo kwisiga cyangwa ikanzu n’inkweto byo kwambara, kuko asigaye abyigurira, ndetse akanawunganira mu gihe hari ibyo umukeneyeho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − seven =

Previous Post

Uwo umugabo we yatanye abana batanu mu buzima bugoye aratabaza

Next Post

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.