• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiteye amatsiko ku Mukomando w’Umunyarwandakazi wihebeye imbunda ya ba mudahusha

radiotv10by radiotv10
24/07/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Ibiteye amatsiko ku Mukomando w’Umunyarwandakazi wihebeye imbunda ya ba mudahusha
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwandakazi PC Uwimana Janviere wo muri Polisi y’u Rwanda, umwe mu Bapolisi bari gutorezwa mu Kigo gitanga amahugurwa yo kurwanya iterabwoba, avuga ko uru rwego yarwinjiyemo arukunze, ubu akaba amaze kunguka ubumenyi yishimira burimo kurashisha imbunda ya ba mudahusha (Sniper) yifuza kwagura kurushaho.

PC Uwimana Janviere w’imyaka 22 y’amavuko, avuga ko yinjiye muri Polisi y’u Rwanda nyuma yo kubona ko hari abategarugori bari muri uru rwego kandi bakuze, we abona ko bakwiye kuba buzukuruje.

Ati “Nkanjye ku myaka yanjye niyumvisha ko niba umuntu ungana gutyo ashobora gukora kano kazi, numvise ko nanjye ku myaka yanjye nshobora nabasha kano kazi.”

Aha mu kigo cya Polisi y’u Rwanda gitanga amahugurwa yo kurwanya iterabwoba giherereye mu Murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera, PC Uwimana na bagenzi be barimo n’ab’igitsinagabo, babyukira mu myitozo, irimo iyo kugorora umubiri no kuwukomeza, ndetse n’ijyanye no gucunga umutekano nko kurasa, ndetse n’indi ijyanye no gukarishya ubwihangane bwabo, irimo kunyura mu nzira z’inzitane, nko mu mazi n’ahandi hagoye.

Avuga ko gahunda ze zose zibimburirwa n’isengesho rya mu gitondo, akabyuka yiyambaza Imana, ubundi agakora imyitozo ngororamubiri ku giti cye, akabona kwitunganya ubundi akajya mu myitozo ahuriramo na bagenzi be.

Nk’umwari w’Umunyarwandakazi, avuga ko kugira ngo abashe kuzuza inshingano ze zo kurwanya iterabwoba, bisaba gukunda umwuga we ndetse no kwiyumvamo ubushobozi.

Ati “Kuba umukomando mwiza, icya mbere bisaba ni ukuba umupolisi mwiza, kuba Umukomando mwiza si ukuvuga ko abandi bapolisi batabikora, umupolizi uwo ari we wese yabishobora. Ikintu bisaba cyane ni ukuba ubikunda, ukoresha imbaraga, ubyiyumvamo kandi ukumva ko ikintu uri gukora ari icyawe, ukagira discipline, amabwiriza yose wahawe ukayakora ku gihe cya nyacyo.”

 

Yihebeye kurashisha imbunda ya ‘Sniper’

Mu myitozo amaze guhabwa, PC Uwimana avuga yose amaze kuyagiraho ubumenyi bushyitse, ariko byumwihariko akaba akunda kurashisha imbunda y’indebakure na ba mudahusha (sniper).

Yumva ko ubu bumenyi buzamufasha gutanga umusanzu we mu gucunga umutekano w’Igihugu cyamwibarutse, ariko ntibigarukire aho, ahubwo akazanakomereza ibwotamasimbi igihe cyose Igihugu cye cyamutuma.

Ati “Hari byinshi nagiye menyamo ntari nzi ndabikunda, urugero nko gukoresha imbunda ya sniper, narabikunze cyane numva ko ngomba kugira ubundi bumenyi ngira kuri iyo mbunda, nifuza kuzabimenya cyane birenze ibyo nzi ku buryo n’iyo Igihugu cyankenera kujya gutanga umusada n’ahandi hose nabikora neza.”

Uretse kuba akunda uyu mwuga wo gucungira umutekano Abaturarwanda n’ibyabo, PC Uwimana yishimira ko unamufasha kugira uruhare mu mibereho y’umuryango avukamo, kuko atakiwugora awusaba amavuta yo kwisiga cyangwa ikanzu n’inkweto byo kwambara, kuko asigaye abyigurira, ndetse akanawunganira mu gihe hari ibyo umukeneyeho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Uwo umugabo we yatanye abana batanu mu buzima bugoye aratabaza

Next Post

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.