Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo

radiotv10by radiotv10
06/08/2025
in MU RWANDA
0
Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo
Share on FacebookShare on Twitter

Umwarimu wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Nyakabwende mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusisi, arashinja umuyobozi w’iri shuri ubuhemu bwo kumusiba muri sisitemu izwi nka TMIS, byamuviriyemo gucibwa ibihano by’ubukererwa ku nguzanyo afite muri banki, bigatuma umushahara we wose uza ugahita ugenda. 

Byatangiye ubwo mwarimu Cyiza Florien yahabwaga igihano cyo guhagarikwa mu kazi amezi atatu adahembwa bitewe n’imyitwarire idahwitse yavugwagaho, agaruka mu kazi mu kwezi k’Ukuboza 2024 yigisha nk’uko bisanzwe ariko hashira andi mezi atatu atabona imishahara we akagira ngo ni banki yiyishyura inguzanyo bigahwaniramo cyane ko yari amaze amezi atatu y’ibihano atishyura inguzanyo afite muri Umwalimu SACCO.

Cyiza Florien yaje guhamagarwa n’Ubuyobozi bw’Umwalimu SACCO bumubaza impomvu atishyura inguzanyo, aba ari bwo amenya ko amaze amezi atatu mu kazi adahembwa agenzuye asanga yarasibwe muri sisitemu y’abarimu (TMIS).

Agira ati “Ni bwo nanjye nakurikiranye neza mbajije manager w’Umwalimu SACCO arambwira ngo maze amezi atandatu ntahembwa, ubwo ni atatu y’igihano ntari mu kazi, n’andi atatu umuyobozi w’ikigo yiyongereyeho ubwo yiheshaga ububasha bwo kunsiba muri TMIS akajya atanga placement buri kwezi ntariho kandi ndi mu kazi.”

Uyu mwarimu yaje kumenyesha iki kibazo Umukozi w’Akarere ushinzwe abaRimu muri GashyantaRe uyu mwaka na we asaba umuyobozi w’iki kigo kwandikira Akarere akamenyesha igihe yagarukiye mu kazi, bigenda bityo ndetse uyu mwaRimu asubizwa ku rutonde rw’abahembwa ariko hashira amezi atanu ntagikorwa ku mishahara y’amezi atatu yasabaga kwishyurwa.

Nyuma yo gusubwizwa muri gahunda yo guhembwa nyuma y’amezi atandatu adahembwa kandi afite inguzanyo y’Umwalimu SACCO, byatumye atagira n’ifaranga na rimwe asigarana ku mushahara mu gihe cy’amezi atanu akurikiranye bigira ingaruka ku mibereyeho y’umuryango we aho byageze aho bamwe mu barimu bakorana bamufasha mu mibereho.

Ati “Kandi ndashimira abarimu bamwe na bamwe bagiye bamfasha ubuzima bugakomeza.”

Umuyobozi w’Urwunge rw’Amashuri rwa Nyakabwende, Ruhumuriza Jean Leonard uvugwaho guhemukira uyu mwalimu yanze kugira icyo abivugaho kuko ubwo umunyamakuru yamusanganga mu biro bye yavuze ko atagira icyo avuga mu gihe atiteguye mu buryo bw’imyambarire, anasabwe kugira icyo abivugaho adafotowe nabwo ahitamo kuruca ararumira.

Umuyobozi w’Ishami ry’Ubutegetsi n’Imicungire y’Abakozi mu Karere ka Rusizi, Nadine Michelle Ingabire avuga ko iki kibazo cyizwi n’Ubuyobozi kandi ko hari icyagikozweho, icyakora ku rundi ruhande akirinda kugira icyo avuga ku muyobozi w’ikigo uvugwaho kwiha ububasha bwo gusiba mwarimu muri sisitemu ndeste akajya yohereza urutonde rw’abakozi ku Karere ngo babone uko bahembwa rutariho Cyiza Florien

Ati “Hari ibirarane byari bimaze igihe muri sisitemu bitegereje kwishyurwa, kubera ko rero iyo hari ibirimo bitarishyurwa udashobora gushyiramo ibindi birarane, mu kwezi gushize kwa karindwi byarishyuwe, rero na we yashyizwe ku rutonde rw’abishyurizwa ku buryo na we azishyurwa mu gihe kiri imbere kuva ari ku rutonde. Ntabwo nashinja mu buryo bw’ako kanya umuyobozi w’ikigo, kubera ko amakosa ajya abaho, niba hari n’andi makosa uwo wabikoze afite na byo bifite uburyo bizanyuzwamo.”

Muri iki kigo hari hahagaritswe abarimu babiri bombi bagomba kugarukira mu kazi umunsi umwe, gusa ikibazo nk’iki cyabaye kuri uyu umwe, mu gihe undi we nta mbogamizi yahuye na zo.

Uyu mwarimu yigisha muri G.S Nyakabwende

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

Eng.-Rwanda among 32 countries with untapped wealth

Next Post

DRCongo: Perezida Tshisekedi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Urwego rushinzwe Iperereza

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Perezida Tshisekedi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Urwego rushinzwe Iperereza

DRCongo: Perezida Tshisekedi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Urwego rushinzwe Iperereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.