Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bamwe mu bafite ibinyabiziga boroherejwe ku isuzuma rishya rigiye gutangira mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
21/08/2025
in MU RWANDA
0
Bamwe mu bafite ibinyabiziga boroherejwe ku isuzuma rishya rigiye gutangira mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’lgihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) cyatangaje ko abafite ibinyabiziga bafitiye icyemezo cy’isuzuma ry’ibinyabiziga (Contrôle technique) kitararangira, batarebwa na gahunda yo gupimisha imyotsi igiye gutangira ku nshuro ya mbere.

Ni nyuma yuko iki Kigo gitangaje ko “abantu bose ko gupima imyotsi y’ibinyabiziga mu buryo bwisumbuyeho bizatangira ku mugaragaro tariki 25 Kanama 2025 mu rwego rw’ubukangurambaga bwo kurwanya ihumana ry’umwuka duhumeka.”

Nyuma yo gutangaza ibi mu itangazo ryagiye hanze ku wa Kabiri tariki 19 Kanama 2025, kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Kanama iki Kigo cyatangaje ko abasanzwe barakoresheje isuzuma ry’ibinyabiziga (Contrôle technique) risanzwe, batarebwa n’iyi gahunda.

Itangaro rya REMA rivuga ko “Niba ikinyabiziga cyawe gifite icyemezo cy’isuzuma ry’ibinyabiziga (Contrôle technique) kitararangira, ntabwo usabwa kujya gupimisha imyotsi y’ikinyabiziga cyawe tariki 25 Kanama 2025.”

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Ikinyabiziga cyawe uzajya kugipimishiriza imyotsi icyememezo cya “contrôle technique” wahawe nikirangira, ari na bwo uzahita usuzumisha ikinyabiziga kugira ngo uhabwe ikindi cyemezo gishya cya contrôle technique.”

Ubu buryo bushya bwo gupimisha imyotsi ibinyabiziga, bugamije kurwanya ibyuka bihumanya ikirere dore ko ubushakashatsi bwagaragaje ko ibinyabiziga ari byo bigira uruhare runini mu Rwanda mu gusohora ibyuka bigihumanya.

Ubusanzwe gusuzumisha ikinyabiziga, byarebaga imodoka gusa, aho hishyurwaga amafaranga ibihumbi 20 Frw, mu gihe gusuzumisha imyotsi, bireba ibinyabiziga byose bikoresha Mazutu, Lisansi, cyanywa ibikoresho imberabyombi Lisansi n’amashanyarazi bizwi nka Hybrid.

Ni mu gihe ibiciro byo gupimisha imyotsi, byo nk’ipikipiki n’ibindi binyabiziga biri ku rwego rumwe, izajya yishyurirwa 16 638 Frw, imodoka zakorewe gutwara abantu zifite imyanya itarena umunani zishyurirwe 34 940 Frw.

Imodoka itwara abantu bava ku icyenda (9) kuzamura, izajya yishyurirwa 51 578 Frw, kimwe n’imodoka itwara imizigo irengeje toni imwe na yo yishyurirwe 51 578 Frw, mu gihe ibindi binyabiziga bikoresha moteri bikora mu mirimo itandukanye bikazajya byishyurirwa 49 914 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Israel ikomeje gushyira imbaraga mu mugambi wayo utavugwaho wo gufata Gaza

Next Post

Eng.-Some vehicle owners exempted from the new emission test starting in Rwanda

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Some vehicle owners exempted from the new emission test starting in Rwanda

Eng.-Some vehicle owners exempted from the new emission test starting in Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.