Thursday, August 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bamwe mu bafite ibinyabiziga boroherejwe ku isuzuma rishya rigiye gutangira mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
21/08/2025
in MU RWANDA
0
Bamwe mu bafite ibinyabiziga boroherejwe ku isuzuma rishya rigiye gutangira mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’lgihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) cyatangaje ko abafite ibinyabiziga bafitiye icyemezo cy’isuzuma ry’ibinyabiziga (Contrôle technique) kitararangira, batarebwa na gahunda yo gupimisha imyotsi igiye gutangira ku nshuro ya mbere.

Ni nyuma yuko iki Kigo gitangaje ko “abantu bose ko gupima imyotsi y’ibinyabiziga mu buryo bwisumbuyeho bizatangira ku mugaragaro tariki 25 Kanama 2025 mu rwego rw’ubukangurambaga bwo kurwanya ihumana ry’umwuka duhumeka.”

Nyuma yo gutangaza ibi mu itangazo ryagiye hanze ku wa Kabiri tariki 19 Kanama 2025, kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Kanama iki Kigo cyatangaje ko abasanzwe barakoresheje isuzuma ry’ibinyabiziga (Contrôle technique) risanzwe, batarebwa n’iyi gahunda.

Itangaro rya REMA rivuga ko “Niba ikinyabiziga cyawe gifite icyemezo cy’isuzuma ry’ibinyabiziga (Contrôle technique) kitararangira, ntabwo usabwa kujya gupimisha imyotsi y’ikinyabiziga cyawe tariki 25 Kanama 2025.”

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Ikinyabiziga cyawe uzajya kugipimishiriza imyotsi icyememezo cya “contrôle technique” wahawe nikirangira, ari na bwo uzahita usuzumisha ikinyabiziga kugira ngo uhabwe ikindi cyemezo gishya cya contrôle technique.”

Ubu buryo bushya bwo gupimisha imyotsi ibinyabiziga, bugamije kurwanya ibyuka bihumanya ikirere dore ko ubushakashatsi bwagaragaje ko ibinyabiziga ari byo bigira uruhare runini mu Rwanda mu gusohora ibyuka bigihumanya.

Ubusanzwe gusuzumisha ikinyabiziga, byarebaga imodoka gusa, aho hishyurwaga amafaranga ibihumbi 20 Frw, mu gihe gusuzumisha imyotsi, bireba ibinyabiziga byose bikoresha Mazutu, Lisansi, cyanywa ibikoresho imberabyombi Lisansi n’amashanyarazi bizwi nka Hybrid.

Ni mu gihe ibiciro byo gupimisha imyotsi, byo nk’ipikipiki n’ibindi binyabiziga biri ku rwego rumwe, izajya yishyurirwa 16 638 Frw, imodoka zakorewe gutwara abantu zifite imyanya itarena umunani zishyurirwe 34 940 Frw.

Imodoka itwara abantu bava ku icyenda (9) kuzamura, izajya yishyurirwa 51 578 Frw, kimwe n’imodoka itwara imizigo irengeje toni imwe na yo yishyurirwe 51 578 Frw, mu gihe ibindi binyabiziga bikoresha moteri bikora mu mirimo itandukanye bikazajya byishyurirwa 49 914 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Israel ikomeje gushyira imbaraga mu mugambi wayo utavugwaho wo gufata Gaza

Next Post

Eng.-Some vehicle owners exempted from the new emission test starting in Rwanda

Related Posts

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa

by radiotv10
21/08/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs, Olivier Nduhungirehe, has urged the international community and African partners to act with urgency in...

Igipimo cy’inyungu fatizo ku nguzanyo mu Rwanda cyazamuwe hasobanurwa n’impamvu

Igipimo cy’inyungu fatizo ku nguzanyo mu Rwanda cyazamuwe hasobanurwa n’impamvu

by radiotv10
21/08/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo kuzamura igipimo cy’inyungu fatizo kiva kuri 6,50% gishyirwa kuri 6,75% mu rwego rwo...

Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

by radiotv10
21/08/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yabonanye n’Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Murimo, Ahunna Eziakonwa,...

Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

by radiotv10
21/08/2025
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu, gitangaza ko Indangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangwa, itazagaragaza amakuru menshi ya nyirayo, kuko izaba iriho ifoto na nimero...

Eng.-Some vehicle owners exempted from the new emission test starting in Rwanda

Eng.-Some vehicle owners exempted from the new emission test starting in Rwanda

by radiotv10
21/08/2025
0

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) announced that vehicle owners who already hold a valid Automobile Inspection Certificate (Contrôle technique)...

IZIHERUKA

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa
MU RWANDA

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa

by radiotv10
21/08/2025
0

Afurika yizeje kugira icyo ikora ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo

Afurika yizeje kugira icyo ikora ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo

21/08/2025
Igipimo cy’inyungu fatizo ku nguzanyo mu Rwanda cyazamuwe hasobanurwa n’impamvu

Igipimo cy’inyungu fatizo ku nguzanyo mu Rwanda cyazamuwe hasobanurwa n’impamvu

21/08/2025
Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

21/08/2025
Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

21/08/2025
APR ishobora kuzatangirana ikirarane, ihurizo kuri Super Cup,…-Iby’ingenzi kuri Shampiyona yatangarijwe amatariki

APR ishobora kuzatangirana ikirarane, ihurizo kuri Super Cup,…-Iby’ingenzi kuri Shampiyona yatangarijwe amatariki

21/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Some vehicle owners exempted from the new emission test starting in Rwanda

Eng.-Some vehicle owners exempted from the new emission test starting in Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa

Afurika yizeje kugira icyo ikora ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo

Igipimo cy’inyungu fatizo ku nguzanyo mu Rwanda cyazamuwe hasobanurwa n’impamvu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.