Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igipimo cy’inyungu fatizo ku nguzanyo mu Rwanda cyazamuwe hasobanurwa n’impamvu

radiotv10by radiotv10
21/08/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Igipimo cy’inyungu fatizo ku nguzanyo mu Rwanda cyazamuwe hasobanurwa n’impamvu
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo kuzamura igipimo cy’inyungu fatizo kiva kuri 6,50% gishyirwa kuri 6,75% mu rwego rwo gukumira umuvuduko ukabije w’izamuka ry’ibiciro.

Iki cyemezo cyatangajwe na Banki Nkuru y’u Rwanda kuri uyu wa Kane tariki 21 Kanama nyuma yuko kuri uyu wa Gatatu hateranye Komite ishinzwe politiki y’ifaranga muri iyi Banki.

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko “iki gipimo cyifashishwa na banki z’ubucuruzi nk’igipimo fatizo mu kugena ikiguzi cy’inguzanyo, ari bwo buryo bw’ibanze BNR yifashisha mu gukumira umuvuduko ukabije w’izamuka ry’ibiciro no gushyigikira ubukungu bw’Igihugu.”

BNR kandi igaragaza ko mu gihembwe cya kabiri cya 2025, umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro wagumye kuba mu mbago ngenderwaho, hagati ya 2% na 8% nk’uko byari byitezwe.

Iti “Iteganyamibare rigaragaza kandi ko uzaba hafi ya 7.1 ku ijana uyu mwaka na 5.6 ku ijana muri 2026. Iri teganyamibare riri hejuru gato y’iryari ryakozwe muri Gicurasi 2025, ariko rifite inzitizi zirimo ihindagurika ry’ikirere rishobora guhungabanya umusaruro w’ubuhinzi, ibiciro by’ibicuruzwa ku isoko mpuzamahanga hamwe n’ingorane zaturuka ku mpinduka za politiki y’ubucuruzi mpuzamahanga.”

Hashingiwe kuri iri teganyamibare, Komite ishinzwe politiki y’ifaranga yafashe icyemezo cyo “kuzamura igipimo cy’inyungu fatizo kigera kuri 6.75 ku ijana kivuye kuri 6.50 ku ijana, ikigero ibonako kizafasha mu kugumisha umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro mu mbago ngenderwaho.”

Banki Nkuru y’u Rwanda kandi ivuga ko ubukungu bw’u Rwanda bukomeje kuzamuka nubwo hari inzitizi ziterwa n’ihindagurika ry’ingamba z’ubucuruzi mpuzamahanga.

Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cyo hejuru mu gihembwe cya mbere 2025, aho bwazamutseho 7.8%.

Ubuyobozi bwa BNR bukagira buti “Iri zamuka ryaturutse ku kwiyongera k’umusaruro w’urwego rwa serivisi n’uw’urw’inganda hamwe n’umusaruro uringaniye wabonetse mu buhinzi.”

Nubwo hagaragara ihindagurika mu ngamba z’ubucuruzi mpuzamahanga, ibipimo by’ubukungu biboneka ku buryo bwihuse bigaragaza ko ubukungu bw’u Rwanda buzakomeza kuzamuka ku kigero cyo hejuru mu gihembwe cya kabiri 2025, ahanini biturutse ku kwiyongera kw’ibikorwa byo mu rwego rwa serivisi n’urw’inganda.

Ubuyobozi bwa Banki Nkuru y’u Rwanda bwagaragaje agaciro k’ifaranga ry’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + nineteen =

Previous Post

Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

Next Post

Afurika yizeje kugira icyo ikora ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika yizeje kugira icyo ikora ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo

Afurika yizeje kugira icyo ikora ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.