Friday, August 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igipimo cy’inyungu fatizo ku nguzanyo mu Rwanda cyazamuwe hasobanurwa n’impamvu

radiotv10by radiotv10
21/08/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Igipimo cy’inyungu fatizo ku nguzanyo mu Rwanda cyazamuwe hasobanurwa n’impamvu
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo kuzamura igipimo cy’inyungu fatizo kiva kuri 6,50% gishyirwa kuri 6,75% mu rwego rwo gukumira umuvuduko ukabije w’izamuka ry’ibiciro.

Iki cyemezo cyatangajwe na Banki Nkuru y’u Rwanda kuri uyu wa Kane tariki 21 Kanama nyuma yuko kuri uyu wa Gatatu hateranye Komite ishinzwe politiki y’ifaranga muri iyi Banki.

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko “iki gipimo cyifashishwa na banki z’ubucuruzi nk’igipimo fatizo mu kugena ikiguzi cy’inguzanyo, ari bwo buryo bw’ibanze BNR yifashisha mu gukumira umuvuduko ukabije w’izamuka ry’ibiciro no gushyigikira ubukungu bw’Igihugu.”

BNR kandi igaragaza ko mu gihembwe cya kabiri cya 2025, umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro wagumye kuba mu mbago ngenderwaho, hagati ya 2% na 8% nk’uko byari byitezwe.

Iti “Iteganyamibare rigaragaza kandi ko uzaba hafi ya 7.1 ku ijana uyu mwaka na 5.6 ku ijana muri 2026. Iri teganyamibare riri hejuru gato y’iryari ryakozwe muri Gicurasi 2025, ariko rifite inzitizi zirimo ihindagurika ry’ikirere rishobora guhungabanya umusaruro w’ubuhinzi, ibiciro by’ibicuruzwa ku isoko mpuzamahanga hamwe n’ingorane zaturuka ku mpinduka za politiki y’ubucuruzi mpuzamahanga.”

Hashingiwe kuri iri teganyamibare, Komite ishinzwe politiki y’ifaranga yafashe icyemezo cyo “kuzamura igipimo cy’inyungu fatizo kigera kuri 6.75 ku ijana kivuye kuri 6.50 ku ijana, ikigero ibonako kizafasha mu kugumisha umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro mu mbago ngenderwaho.”

Banki Nkuru y’u Rwanda kandi ivuga ko ubukungu bw’u Rwanda bukomeje kuzamuka nubwo hari inzitizi ziterwa n’ihindagurika ry’ingamba z’ubucuruzi mpuzamahanga.

Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cyo hejuru mu gihembwe cya mbere 2025, aho bwazamutseho 7.8%.

Ubuyobozi bwa BNR bukagira buti “Iri zamuka ryaturutse ku kwiyongera k’umusaruro w’urwego rwa serivisi n’uw’urw’inganda hamwe n’umusaruro uringaniye wabonetse mu buhinzi.”

Nubwo hagaragara ihindagurika mu ngamba z’ubucuruzi mpuzamahanga, ibipimo by’ubukungu biboneka ku buryo bwihuse bigaragaza ko ubukungu bw’u Rwanda buzakomeza kuzamuka ku kigero cyo hejuru mu gihembwe cya kabiri 2025, ahanini biturutse ku kwiyongera kw’ibikorwa byo mu rwego rwa serivisi n’urw’inganda.

Ubuyobozi bwa Banki Nkuru y’u Rwanda bwagaragaje agaciro k’ifaranga ry’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 6 =

Previous Post

Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

Next Post

Afurika yizeje kugira icyo ikora ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo

Related Posts

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa

by radiotv10
21/08/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs, Olivier Nduhungirehe, has urged the international community and African partners to act with urgency in...

Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

by radiotv10
21/08/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yabonanye n’Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Murimo, Ahunna Eziakonwa,...

Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

by radiotv10
21/08/2025
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu, gitangaza ko Indangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangwa, itazagaragaza amakuru menshi ya nyirayo, kuko izaba iriho ifoto na nimero...

Eng.-Some vehicle owners exempted from the new emission test starting in Rwanda

Eng.-Some vehicle owners exempted from the new emission test starting in Rwanda

by radiotv10
21/08/2025
0

The Rwanda Environment Management Authority (REMA) announced that vehicle owners who already hold a valid Automobile Inspection Certificate (Contrôle technique)...

Bamwe mu bafite ibinyabiziga boroherejwe ku isuzuma rishya rigiye gutangira mu Rwanda

Bamwe mu bafite ibinyabiziga boroherejwe ku isuzuma rishya rigiye gutangira mu Rwanda

by radiotv10
21/08/2025
0

Ikigo cy'lgihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA) cyatangaje ko abafite ibinyabiziga bafitiye icyemezo cy'isuzuma ry'ibinyabiziga (Contrôle technique) kitararangira, batarebwa na gahunda...

IZIHERUKA

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa
MU RWANDA

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa

by radiotv10
21/08/2025
0

Afurika yizeje kugira icyo ikora ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo

Afurika yizeje kugira icyo ikora ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo

21/08/2025
Igipimo cy’inyungu fatizo ku nguzanyo mu Rwanda cyazamuwe hasobanurwa n’impamvu

Igipimo cy’inyungu fatizo ku nguzanyo mu Rwanda cyazamuwe hasobanurwa n’impamvu

21/08/2025
Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

Iby’ingenzi Minisitiri Nduhungirehe yaganiriye n’Umuyobozi muri Loni

21/08/2025
Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

Izaba igaragaraho ifoto na nimero gusa-Ibindi byihariye ku Ndangamuntu-Koranabuhanga igiye guhabwa Abanyarwanda

21/08/2025
APR ishobora kuzatangirana ikirarane, ihurizo kuri Super Cup,…-Iby’ingenzi kuri Shampiyona yatangarijwe amatariki

APR ishobora kuzatangirana ikirarane, ihurizo kuri Super Cup,…-Iby’ingenzi kuri Shampiyona yatangarijwe amatariki

21/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika yizeje kugira icyo ikora ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo

Afurika yizeje kugira icyo ikora ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda calls for addressing root causes of conflict in Africa

Afurika yizeje kugira icyo ikora ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo

Igipimo cy’inyungu fatizo ku nguzanyo mu Rwanda cyazamuwe hasobanurwa n’impamvu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.