• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa bwa Tshisekedi kuri Gen.Cirimwami wa FARDC umaze amezi arindwi yishwe na M23

radiotv10by radiotv10
02/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ubutumwa bwa Tshisekedi kuri Gen.Cirimwami wa FARDC umaze amezi arindwi yishwe na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yavuze ko Gen Peter Cirimwami wari Guverineri w’Urwego rwa Gisirikare ruyoboye Kivu ya Ruguru wishwe na M23 muri Mutarama, yaranzwe no gukorera Igihugu kandi ko yapfuye gisirikare.

Tshisekedi yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 01 Nzeri 2025 ubwo i Kinshasa haberaga umuhango wo gushyingura no guha icyubahoro, Maj Gen Peter Cirimwami na Colonel Alexis Rubagisha baguye ku rugamba muri Mutarama no muri Gashyantare uyu mwaka.

Maj Gen Peter Cirimwami wari Guverineri w’Urwego rwa Gisirikare ruyobora Intara ya Kivu ya Ruguru, yishwe na M23 tariki 24 Mutarama, mu gihe Colonel Alexis Rubagisha we yivuganywe tariki 01 Gashyantare 2025.

Aba basirikare bakuru baguye ku rugamba, bashyizwe kandi mu rwego rw’Itwari z’Igihugu ruzwi nka “Héros Nationaux Kabila –Lumumba”, muri uyu muhango wabaye kuri uyu wa Mbere.

Muri uyu muhango wayobowe na Perezida Félix Tshisekedi akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo za DRC, yaboneyeho kugira icyo avuga kuri aba basirikare bombi.

Yagize ati “Général-Major Peter Cirimwami yabayeho ari indwanyi kandi arwana nk’umusirikare, yapfuye gisirikare, ari kuzuza inshingano ze z’ubutwari: kurinda Igihugu, gutabara ubuzima bw’abaturage bacu, kurinda ubusugire bw’Igihugu cyacu kugeza aho abereye igitambo gihebuje.”

Kuri Colonel Alexis Rugabisha, Perezida Tshisekedi yavuze ko “yari uwo gukomeza imbaraga z’urugamba, arwana atuje kandi mu buryo bushikamye. Mu bihe bigoye, yafataga ibyemezo kandi akabishyira mu bikorwa nta rusaku, ariko akarangwa n’imbaraga n’icyubahiro.”

Général-Major Peter Cirimwami washyinguwe muri uyu muhango wabaye kuri uyu wa Mbere, ni umwe mu basirikare bakuru bakoraga ubuza bw’ubutegetsi bwa DRC na FDLR, aho yishwe na M23 nyuma yuko hari hamaez kujya hanze amashusho amugaragaza yagiye gutera akanyabugabo abasirikare bariho harwana na M23.

Maj Gen Peter Cirimwami wishwe muri Mutarama uyu mwaka
Yashyinguwe mu cyubahiro i Kinshasa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + ten =

Previous Post

Ngwino nkumare amatsiko ku Kiyaga gishya kigiye kugaragara mu Rwanda

Next Post

Icyihishe inyuma yo kunanuka kudasanzwe k’umunyabigango ‘The Rock’ kwazamuye impaka

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Icyihishe inyuma yo kunanuka kudasanzwe k’umunyabigango ‘The Rock’ kwazamuye impaka

Icyihishe inyuma yo kunanuka kudasanzwe k'umunyabigango 'The Rock' kwazamuye impaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.