• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Abafatanywe udupfunyika tw’urumogi batanze amakuru

radiotv10by radiotv10
03/09/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Kigali: Abafatanywe udupfunyika tw’urumogi batanze amakuru
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu bane bafatiwe mu Mirenge ibiri yo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, basanganywe udupfunyika tw’urumogi 876, bavuze ko bari barukuye muri Rulindo, kugira ngo barushyire abakiliya babo.

Aba bantu bane bafashwe mu bihe bitandukanye, kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Nzeri 2025, mu Mirenge ya Kinyinya na Gisozi, barimo ufite imyaka 34, uwa 30, uwa 26 n’undi wa 25.

CIP Wellars Gahonzire, Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, yavuze ko amakuru ifatwa ry’aba bantu ryaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

CIP Gahonzire yavuze ko nyuma y’ifatwa ry’aba bantu, bavuze uru rumogi bari barukuye mu Karere ka Rulindo, kugira ngo barushyire abakiliya babo bo mu Mirenge ya Kinyinya na Gisozi mu Karere ka Gasabo.

Ati “Bakimara gufatwa batangaje ko uru rumogi bari barukuye mu Karere ka Rulindo baruzaniye abakiliya babo batuye muri iyi Mirenge. Aba bose bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.”

Aba bose uko ari bane, bafungiye kuri sitasiyo za Polisi za Gisozi na Kinyinya mu gihe bakiri gukorerwa amadosiye ngo zishyikirizwe Ubugenzacyaha na bwo bugakora dosiye.

Umuvuvizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire yashimiye abaturage batanze amakuru kugira ngo aba bantu bafatwe n’urumogi bari bagiye gukwirakwiza mu baturarwanda.

Yavuze kandi ko Polisi y’u Rwnada “iributsa abandi gukomeza gutanga amakuru igihe hari uwo bamenye ko acuruza ibiyobyabwenge kujya batanga amakuru agafatwa.”

Polisi y’u Rwanda imaze iminsi ifata abakwirakwiza ibiyobyabwenge byumwihariko iki cy’urumogi, aho bamwe mu bagiye bafatwa, bavugaga ko barukuye mu Gihugu cy’abaturanyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Bwa mbere Naomie yavuze ingaruka yagizweho n’ibyo yavuzweho nyuma gato yo kuba Miss

Next Post

Rwanda recorded 2,600 divorces in one year

Related Posts

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

Next Post
Mu mibare dore uko gatanya zagabanutse mu Rwanda n’icyabiteye

Rwanda recorded 2,600 divorces in one year

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

How people stay financially stable

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.