Monday, April 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imbangukiragutabara yarimo abarwayi yakoreye impanuka ku ishuri Imana ikinga akaboko

radiotv10by radiotv10
03/09/2025
in MU RWANDA
0
Imbangukiragutabara yarimo abarwayi yakoreye impanuka ku ishuri Imana ikinga akaboko
Share on FacebookShare on Twitter

Imbangukiragutabara y’Ibitaro bya Nyanza yari irimo abarwayi babiri n’abarwaza, yakoze impanuka ubwo yari igeze ku kigo cy’Ishuri Ryisumbuye rya E.S Nyanza mu Karere Karere ka Nyanza, ku bw’amahirwe ntiyagira uwo ihitana, uretse kuba abari barimo bakomeretse.

Iyi mbangukiragutabara yakoze impanuka, yari irimo abarwayi babiri barimo umubyeyi n’umwana we n’abarwaza, ndetse n’umuforomo, n’umushoferi wari uyitwaye.

Iyi modoka itwara indembe yari iturutse ku Kigo Nderabuzima cya Kirambi, yerecyeza ku Bitaro bya Nyanza, iza gukora impanuka ubwo yari igeze ku Kigo cy’Ishuri ryisumbuye rya E.S Nyanza, ita umuhanda, igwa muri iki kigo cy’Ishuri, mu kibuga cy’umukino w’amaboko wa Basketball.

Dr. Mfitumukiza Jerome uyobora Ibitaro bya Nyanza, yavuze ko ku bw’amahirwe iyi mpanuka nta muntu yahitanye, uretse kuba abari bayirimo bakomeretse na bwo bidakanganye.

Yagize ati “Polisi yapimye impanuka ntiraduha raporo, kandi yakoze isuzuma, cyakora imbangukiragutabara y’ibitaro bya Nyanza yakoze impanuka, yangiritse.”

Uyu Muyobozi w’Ibitaro bya Nyanza, yatangaje ko nyuma y’iyi mpanuka, Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda, ryakoze isuzuma kuri iyi mpanuka.

Ntiharamenyekana icyateje iyi mpanuka y’imodoka itwara abarwayi, gusa yo ikaba yangiritse bikabije, kuko yagushije uruhande.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 15 =

Previous Post

Rwanda recorded 2,600 divorces in one year

Next Post

Perezida w’u Bushinwa yahaye Isi umuburo ku mahitamo ari imbere yayo

Related Posts

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

by radiotv10
13/04/2026
0

Tariki 13 Mata 1994, umunsi uremeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’iyicwa ry’Abatutsi ryakorewe ahiganjemo muri za Kiliziya zafatwaga nk’inzu...

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

by radiotv10
13/04/2026
0

Mu gihe hibukwa ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abaturage bo mu Murenge wa Giheke mu cyahoze...

Keeping History Honest: Why Rwandan Youth Must Speak Up

Keeping History Honest: Why Rwandan Youth Must Speak Up

by radiotv10
13/04/2026
0

Every year, during the commemoration of the 1994 Genocide against the Tutsi, Rwanda pauses to remember, reflect, and honor the...

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Tariki 12 Mata 1994, yakomeje kuba umunsi mubi ku Batutsi bariho bakorerwa Jenoside yari igeze ku munsi wa gatandatu, aho...

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

IZIHERUKA

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe
AMAHANGA

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

by radiotv10
13/04/2026
0

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

13/04/2026
Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

13/04/2026
13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/2026
Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

13/04/2026
Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

13/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida w’u Bushinwa yahaye Isi umuburo ku mahitamo ari imbere yayo

Perezida w’u Bushinwa yahaye Isi umuburo ku mahitamo ari imbere yayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.