• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imbangukiragutabara yarimo abarwayi yakoreye impanuka ku ishuri Imana ikinga akaboko

radiotv10by radiotv10
03/09/2025
in MU RWANDA
0
Imbangukiragutabara yarimo abarwayi yakoreye impanuka ku ishuri Imana ikinga akaboko
Share on FacebookShare on Twitter

Imbangukiragutabara y’Ibitaro bya Nyanza yari irimo abarwayi babiri n’abarwaza, yakoze impanuka ubwo yari igeze ku kigo cy’Ishuri Ryisumbuye rya E.S Nyanza mu Karere Karere ka Nyanza, ku bw’amahirwe ntiyagira uwo ihitana, uretse kuba abari barimo bakomeretse.

Iyi mbangukiragutabara yakoze impanuka, yari irimo abarwayi babiri barimo umubyeyi n’umwana we n’abarwaza, ndetse n’umuforomo, n’umushoferi wari uyitwaye.

Iyi modoka itwara indembe yari iturutse ku Kigo Nderabuzima cya Kirambi, yerecyeza ku Bitaro bya Nyanza, iza gukora impanuka ubwo yari igeze ku Kigo cy’Ishuri ryisumbuye rya E.S Nyanza, ita umuhanda, igwa muri iki kigo cy’Ishuri, mu kibuga cy’umukino w’amaboko wa Basketball.

Dr. Mfitumukiza Jerome uyobora Ibitaro bya Nyanza, yavuze ko ku bw’amahirwe iyi mpanuka nta muntu yahitanye, uretse kuba abari bayirimo bakomeretse na bwo bidakanganye.

Yagize ati “Polisi yapimye impanuka ntiraduha raporo, kandi yakoze isuzuma, cyakora imbangukiragutabara y’ibitaro bya Nyanza yakoze impanuka, yangiritse.”

Uyu Muyobozi w’Ibitaro bya Nyanza, yatangaje ko nyuma y’iyi mpanuka, Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda, ryakoze isuzuma kuri iyi mpanuka.

Ntiharamenyekana icyateje iyi mpanuka y’imodoka itwara abarwayi, gusa yo ikaba yangiritse bikabije, kuko yagushije uruhande.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − three =

Previous Post

Rwanda recorded 2,600 divorces in one year

Next Post

Perezida w’u Bushinwa yahaye Isi umuburo ku mahitamo ari imbere yayo

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Perezida w’u Bushinwa yahaye Isi umuburo ku mahitamo ari imbere yayo

Perezida w’u Bushinwa yahaye Isi umuburo ku mahitamo ari imbere yayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.